• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
10/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi bya politiki, Hon. Evode Uwizeyimana avuga ko imbwirwaruhame za Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi zihora ari uruvangitirane rutagira umurongo uhamye, kuko ibyo avuze uyu munsi atari byo asubiramo ejo.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kane tariki 09 Ukwakira 2025, Tshisekedi avugiye i Brussels mu Bubiligi ko kuva cyera yahoze yifuza amahoro, ariko akananizwa, mu gihe bizwi ko yivugiye kenshi ko yifuza gutera u Rwanda.

Mu kiganiro Senateri Evode Uwizeyimana yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda, yavuze ko ibyatangajwe na Tshisekedi ntaho bihuriye n’ukuri, hagendewe ku myitwarire yagiye imuranga ndetse n’ibyo yagiye yitangariza.

Ati “Mbona asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu. Ni umuntu gashozantambara, ni umuntu wagiye avuga ko ashaka gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda inshuro nyinshi, umuntu wafashe FDLR akayishyira mu ngabo ze, umuntu wagerageje kuba intambamyi ku mahoro ashakishwa muri aka karere.”

Muri iriya mbwirwaruhame yatanzwe na Tshisekedi kuri uyu wa Kane, yavuze ko yaba u Rwanda na Uganda, nta Gihugu na kimwe muri ibi yigeze abanira nabi.

Hon. Uwizeyimana yavuze ko bitangaje kumva uyu Mukuru wa DRC yihandagaza akavugira amagambo nk’ariya imbere y’imbaga, azi neza ibyo yagiye atangaza anakora.

Ati “Kuvuga ngo nta Gihugu na kimwe yigeze ashotora cyangwa abanira nabi mu Bihugu ikenda bituranye na Congo, byumwihariko akavuga cyane cyane u Rwanda na Uganda [sinzi impamvu yavuze cyane u Rwanda na Uganda].

Abantu twese byadutangaje igaragaza za incoherence politique [umujagararo muri politiki], navuga ngo il est le champion des incoherence politiques [ni uwa mbere mu kutagira politiki ihamye] kuko wenda kwinyuraguramo [reka nkoreshe Ikinyarwanda], ni ibintu bigoye kuko nabonye na bamwe mu banyapolitiki bo muri Congo barimo Corneille Nangaa hari aho yavuze ati ‘uyu muntu nagera i Kinshasa ashobora kuzibagirwa ko ibi bintu yabivuze’.”

Hon. Uwizeyimana avuga ko bigoye gusesengura imbwirwaruhame za Tshisekedi kuko ari umuntu uhindagura imvugo uko bwije uko bucyeye, ariko ko byumwihariko ku byo yatangaje kuri uyu wa Kane, bigamije kwiyerurutsa.

Ati “Ni imbwirwaruhame yo kwiyerurutsa, yo kwiyerekana nk’umuntu Pacificateur [ushyira imbere amahoro] kwiyerekana nk’umunyamahoro, kwiyerekana ko ashobora kwicara akaganira nk’abaturanyi ku bibazo.”

Ibyatangajwe na Tshisekedi kandi byanenzwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, aho abinyujije mu butumwa yatangaje kuri X, yavuze ko abantu baba badakwiye guha amatwi umuntu uhora avuga ibintu bitari ku murongo, kuko ababyumva na bo ba bafite ikibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − thirteen =

Previous Post

BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

Next Post

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.