Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku basirikare ba FARDC bahungiye kuri MONUSCO ubwo batsindwaga na M23

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho ku basirikare ba FARDC bahungiye kuri MONUSCO ubwo batsindwaga na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare b’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abapolisi bari bamaze amezi atatu bacumbikiwe na MONUSCO nyuma yo gutsindwa urugamba bari bahanganyemo na M23, batangiye kujyanwa i Kinshasa.

Aba basirikare n’abapolisi ba Leta ya Congo ndetse n’abo mu miryango yabo bari bamaze igihe bacumbikiwe na MONUSCO, baratangira kujyanwa i Kinshasa kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Mata 2025, igikorwa giakorwa ku bufatanye na MONUSCO n’Umuryango utabara imbabare wa Croix-Rouge (CICR).

Aba basirikare n’Abapolisi n’imiryango yabo bajyanwa i Kinshasa, bari bahungiye mu birindiro by’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri DRC (MONUCSO) biri i Goma, ubwo umutwe wa M23 wafataga uyu mujyi muri Mutarama uyu mwaka.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bwa FARDC kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Mata 2025, bwashimiye Umuryango utabara Imbabare Croix-Rouge (CICR) “ku bw’ubufasha bwawo” ndetse n’uruhare “wagize mu buhuza n’ubwumvikane” byakozwe bisabwe na Guverinoma ya Congo ku bijyanye n’ibikorwa by’ubutabazi.

FARDC kandi yoboneyeho gushimira Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye “ku bwo kuzuza inshingano zabo nubwo byari bigoye” mu kurindira umutekano aba basirikare n’abapolisi ba Congo.

Aba basirikare n’Abapolisi mu nzego za Congo Kinshasa, bajyanywe i Kinshasa, mu gihe n’ingabo za mbere zari mu butumwa bwa SADC, na zo zari zimaze igihe i Goma, zatangiye gutaha kuri uyu wa Kabiri zinyuze mu Rwanda.

Ubwo aba basirikare n’abapolisi bajyanwaga i Kinshasa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − nine =

Previous Post

Havuzwe ibyo umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye yakoreraga abanyeshuri b’abakobwa byatumye atabwa muri yombi

Next Post

Kenya: Hongeye kuzamurwa ikibazo cy’abamaze umwaka biciwe mu myigaragambyo

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Hongeye kuzamurwa ikibazo cy’abamaze umwaka biciwe mu myigaragambyo

Kenya: Hongeye kuzamurwa ikibazo cy’abamaze umwaka biciwe mu myigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.