Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku biganiro byavuzwe hagati ya M23 na Leta ya Congo

radiotv10by radiotv10
02/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho: Hamenyekanye ko AFC/M23 na yo yagiye i Doha muri Qatar
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Qatar kigiye kuyobora ibiganiro bya mbere bizahuza ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23 riburwanya, ndetse n’itariki bishobora kuberaho yamenyekanye.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Nation cyo muri Kenya yagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Mata 2025, yemeza ko ibi biganiro hagati ya Guverinoma ya DRC na AFC/M23, bizaba mu cyumweru gitaha tariki 09 Mata 2025 nk’uko byemejwe n’impande zombi.

Umwe mu bayobozi mu butegetsi bwa DRC, yemeje iby’ibi biganiro bigiye guhuza iki Gihugu n’iri Hururo, aho yavuze ko biteganyijwe mu cyumweru gitaha, ngo “cyeretse haramutse hagize uruhande rutabyitwaramo neza.”

Ibi biganiro bigiye kubaho bwa mbere, bizabera i Doha muri Qatar, ahaherutse n’ubundi guhurira Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi wa Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo, byabaye tariki 18 Werurwe, biyobowe n’Umuyobozi w’Ikirenga w’iki Gihugu, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani.

Abakuru b’Ibihugu byombi, bagaragaje ko bafite ubushake mu gushaka umuti w’ibibazo biri muri Congo, ndetse banashimangira ko bashyigikiye inzira z’ibiganiro.

Nanone kandi mu cyumweru gishize, intumwa z’u Rwanda n’iza DRC zagiye i Doha muri Qatar mu biganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, ndetse n’intumwa z’Ihuriro AFC/M23 zikaba zaragiye muri iki Gihugu.

Ibi biganiro bigiye guhuza Congo na AFC/M23 bigiye kuba nyuma yuko ibyari biri kuba ku rwego rwa Afurika (i Luanda n’i Nairobi) bihujwe bikagirwa bimwe, nk’uko byemejwe n’inama z’Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC yahurije hamwe imbaraga kugira ngo ishake umuti w’ibibazo byo muri Congo, ndetse bakanashyiraho abahuza batanu, bose bigeze kuba Abakuru b’Ibihugu.

Tariki 18 Werurwe 2025 kandi i Luanda muri Angola, hagombaga kuba ibiganiro byari guhuza Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, ariko bisubikwa ku munota wa nyuma ubwo M23 yatangazaga ko itakibyitabiriye kubera ibihano Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wari umaze gufatira abarimo bamwe mu bayobozi muri iri Huriro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

RDF yagaragarije Umutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye ibyafasha guhangana n’ibyugariza abaturage

Next Post

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Serbia zagiranye ibiganiro

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

by radiotv10
13/09/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyemeje urupfu rwa General Muaku Mbuluku Daniel wari ukuriye Ingabo muri rejiyo...

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

by radiotv10
12/09/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko ukekwaho kwica Charlie Kirk, yatawe muri yombi. Trump atangaza...

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe Iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za America FBI, rwashyize hanze amafoto n’amashusho agaragaza ukekwaho kwica arasiye mu ruhame...

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

by radiotv10
12/09/2025
0

Inzego z’ubutabera muri Sudani y’Epfo, zatangaje ko Riek Machar-Visi Perezida w’iki Gihugu akurikiranyweho ibyaha byo kugambirira kugambanira Igihugu, n’ibindi byaha bikomeye....

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

by radiotv10
12/09/2025
0

Urukiko rwo mu mujyi wa Johannesburg muri Afurika y’Epfo rwakatiye Abashinwa barindwi igifungo cy’imyaka 20 kuri buri umwe, nyuma yo...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Serbia zagiranye ibiganiro

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Serbia zagiranye ibiganiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.