Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku biganiro byavuzwe hagati ya M23 na Leta ya Congo

radiotv10by radiotv10
02/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho: Hamenyekanye ko AFC/M23 na yo yagiye i Doha muri Qatar
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Qatar kigiye kuyobora ibiganiro bya mbere bizahuza ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23 riburwanya, ndetse n’itariki bishobora kuberaho yamenyekanye.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Nation cyo muri Kenya yagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Mata 2025, yemeza ko ibi biganiro hagati ya Guverinoma ya DRC na AFC/M23, bizaba mu cyumweru gitaha tariki 09 Mata 2025 nk’uko byemejwe n’impande zombi.

Umwe mu bayobozi mu butegetsi bwa DRC, yemeje iby’ibi biganiro bigiye guhuza iki Gihugu n’iri Hururo, aho yavuze ko biteganyijwe mu cyumweru gitaha, ngo “cyeretse haramutse hagize uruhande rutabyitwaramo neza.”

Ibi biganiro bigiye kubaho bwa mbere, bizabera i Doha muri Qatar, ahaherutse n’ubundi guhurira Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi wa Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo, byabaye tariki 18 Werurwe, biyobowe n’Umuyobozi w’Ikirenga w’iki Gihugu, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani.

Abakuru b’Ibihugu byombi, bagaragaje ko bafite ubushake mu gushaka umuti w’ibibazo biri muri Congo, ndetse banashimangira ko bashyigikiye inzira z’ibiganiro.

Nanone kandi mu cyumweru gishize, intumwa z’u Rwanda n’iza DRC zagiye i Doha muri Qatar mu biganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, ndetse n’intumwa z’Ihuriro AFC/M23 zikaba zaragiye muri iki Gihugu.

Ibi biganiro bigiye guhuza Congo na AFC/M23 bigiye kuba nyuma yuko ibyari biri kuba ku rwego rwa Afurika (i Luanda n’i Nairobi) bihujwe bikagirwa bimwe, nk’uko byemejwe n’inama z’Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC yahurije hamwe imbaraga kugira ngo ishake umuti w’ibibazo byo muri Congo, ndetse bakanashyiraho abahuza batanu, bose bigeze kuba Abakuru b’Ibihugu.

Tariki 18 Werurwe 2025 kandi i Luanda muri Angola, hagombaga kuba ibiganiro byari guhuza Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, ariko bisubikwa ku munota wa nyuma ubwo M23 yatangazaga ko itakibyitabiriye kubera ibihano Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wari umaze gufatira abarimo bamwe mu bayobozi muri iri Huriro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − sixteen =

Previous Post

RDF yagaragarije Umutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye ibyafasha guhangana n’ibyugariza abaturage

Next Post

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Serbia zagiranye ibiganiro

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Serbia zagiranye ibiganiro

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Serbia zagiranye ibiganiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.