Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku biganiro byavuzwe hagati ya M23 na Leta ya Congo

radiotv10by radiotv10
02/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho: Hamenyekanye ko AFC/M23 na yo yagiye i Doha muri Qatar
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Qatar kigiye kuyobora ibiganiro bya mbere bizahuza ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23 riburwanya, ndetse n’itariki bishobora kuberaho yamenyekanye.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Nation cyo muri Kenya yagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Mata 2025, yemeza ko ibi biganiro hagati ya Guverinoma ya DRC na AFC/M23, bizaba mu cyumweru gitaha tariki 09 Mata 2025 nk’uko byemejwe n’impande zombi.

Umwe mu bayobozi mu butegetsi bwa DRC, yemeje iby’ibi biganiro bigiye guhuza iki Gihugu n’iri Hururo, aho yavuze ko biteganyijwe mu cyumweru gitaha, ngo “cyeretse haramutse hagize uruhande rutabyitwaramo neza.”

Ibi biganiro bigiye kubaho bwa mbere, bizabera i Doha muri Qatar, ahaherutse n’ubundi guhurira Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi wa Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo, byabaye tariki 18 Werurwe, biyobowe n’Umuyobozi w’Ikirenga w’iki Gihugu, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani.

Abakuru b’Ibihugu byombi, bagaragaje ko bafite ubushake mu gushaka umuti w’ibibazo biri muri Congo, ndetse banashimangira ko bashyigikiye inzira z’ibiganiro.

Nanone kandi mu cyumweru gishize, intumwa z’u Rwanda n’iza DRC zagiye i Doha muri Qatar mu biganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, ndetse n’intumwa z’Ihuriro AFC/M23 zikaba zaragiye muri iki Gihugu.

Ibi biganiro bigiye guhuza Congo na AFC/M23 bigiye kuba nyuma yuko ibyari biri kuba ku rwego rwa Afurika (i Luanda n’i Nairobi) bihujwe bikagirwa bimwe, nk’uko byemejwe n’inama z’Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC yahurije hamwe imbaraga kugira ngo ishake umuti w’ibibazo byo muri Congo, ndetse bakanashyiraho abahuza batanu, bose bigeze kuba Abakuru b’Ibihugu.

Tariki 18 Werurwe 2025 kandi i Luanda muri Angola, hagombaga kuba ibiganiro byari guhuza Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, ariko bisubikwa ku munota wa nyuma ubwo M23 yatangazaga ko itakibyitabiriye kubera ibihano Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wari umaze gufatira abarimo bamwe mu bayobozi muri iri Huriro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

RDF yagaragarije Umutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye ibyafasha guhangana n’ibyugariza abaturage

Next Post

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Serbia zagiranye ibiganiro

Related Posts

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Abayobozi b’Ihuriro AFC/M23 barimo Umuhuzabikorwa waryo, Corneille Nangaa; bitabiriye umuhango wo guherekeza bwa nyuma Musenyeri Faustin Ngabu wabaye Umushumba wa...

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

by radiotv10
01/11/2025
0

Madamu Samia Suluhu Hassan wo mu ishyaka Chama Cha Mapinduzi, yatsinze amatora y'Umukuru w'Igihugu cya Tanzania, ku majwi 97,66%, nk’uko...

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
31/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye ibyo gufungura Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byavugiwe...

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

by radiotv10
31/10/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has strongly criticized France’s recent remarks...

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Serbia zagiranye ibiganiro

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Serbia zagiranye ibiganiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.