Thursday, May 15, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amakuru agezweho ku gukoresha umuti mushya urinda kwandura SIDA mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amakuru agezweho ku gukoresha umuti mushya urinda kwandura SIDA mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hatangiye gukoreshwa umuti uterwa mu rushinge uzwi nka PrEP (pre-exposure prophylaxis) urinda abantu kwandura Virus itera SIDA, aho ubu igeragezwa ryawo ryatangirijwe mu Bigo Nderabuzima bibiri byo mu Mujyi wa Kigali.

Gukoresha uyu muti byari byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC mu kwezi gushize k’Ukuboza 2024, ndetse bikaba byaratangijwe tariki 03 Mutarama 2025.

Gutanga uyu muti uterwa mu rushinge, byatangiye nk’igeragezwa mu Bigo Nderabuzima bibiri byo mu Mujyi wa Kigali; icya Gikondo ndetse n’icya Busanza.

Bitewe n’uburyo iri geregeza rizatanga umusaruro, uyu muti uzatangira gukwirakwiza mu bindi bice byose by’Igihugu nk’uko bitangazwa na RBC.

Umuyobozi Mukuru muri RBC ushinzwe gukumira Virusi Itera SIDA, Dr. Basile Ikuzo, avuga ko uyu muti wa PrEP, nanone uzwi nka Cabotegravir (CAB-LA), uzajya utangwa buri mezi abiri mu rwego rwo kugabanya ibinini byajyaga binyobwa buri munsi.

Ni uburyo buzafasha abafite ibyago byinshi byo kwandura Virusi itera SIDA, barimo abakobwa n’abagore bakora akazi ko kwicuruza, abagabo baryama n’abo bahuje ibitsina, ababana umwe yaranduye undi ari muzima, ndetse n’abangavu.

Dr. Basile Ikuzo yagize ati “Ntabwo ari serivisi izahabwa abantu bose muri rusange. Ni gahunda yateguriwe abantu bihariye bo mu byiciro bifite ibyago byinshi banashobora guhura n’imbogamizi zo gufata imiti buri munsi. Ikoreshwa ry’urushinge rwa PrEP rishobora kugabanya akato gahabwa abantu bakoresha imiti banywa byumwihariko urubyiruko.”

Dr. Ikuzo akomeza avuga ko u Rwanda rwagabanyije ku kigero gishimishije ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA, bukava ku bihumbi 10 ku mwaka mu myaka icumi ishize, aho ubu bugeze ku bihumbi bitatu gusa ku mwaka.

Yavuze ko ikoreshwa ry’izi nshinge, rije gutanga umusanzu mu rugamba rwo gukomeza gukumira ubwandu bwa Virusi itera SIDA, aho igerageza ry’ubu buryo rizamara umwaka, ubundi hakarebwa ikizakurikiraho.

Ati “Nyuma y’igerageza, tuzakora isesengura ry’imibare kugira ngo twanzure niba tuzagura iyi gahunda mu mavuriro yose cyangwa niba tuzakomeza gukoresha ibinini byo kunywa.”

Nk’uko bisanzwe muri serivisi zo gukumira Virusi itera SIDA mu Rwanda, ikoreshwa ry’uru rushinge, na rwo ruri gutangwa ku buntu, ndetse RBC ikaba iri gutegura ubukangurambaga bushya bwo kumenyekanisha ubu buryo bushya, aho buzakorwa bitarenze impera z’ukwezi kwa Kamena (06) 2025.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Inkuru y’akabaro y’undi warokotse Jenoside wasanzwe hafi y’iwe yapfuye n’igikekwa

Next Post

Aho M23 yaturutse yubura imirwano, uko Tshisekedi asezeranya ibintu ntabikurikize,…-Perezida Kagame yabivuzeho birambuye

Related Posts

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

by radiotv10
14/05/2025
0

Umuturage wo mu Kagari ka Rebero mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, arasaba ubuyobozi bw’Akarere kumurenganura nyuma yo...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
14/05/2025
0

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

by radiotv10
14/05/2025
0

Bamwe mu bazi umugabo mu Karere ka Nyanza ukekwaho kwica umwana we yibyariye akamuca umutwe, bavuga ko ashobora kuba yaramujije...

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

by radiotv10
14/05/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batagipfa kunyura mu nzira iva isantere ya Mahoko yerecyeza...

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Umukozi w’Imana Pastor Julienne Kabanda Kabirigi uherutse gufungirwa umuryango ushingiye ku myerereye ‘Grace Room Ministries’ ayobora, yasabye abantu kuba maso...

IZIHERUKA

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV
AMAHANGA

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

by radiotv10
14/05/2025
0

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

14/05/2025
Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

14/05/2025
Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

14/05/2025
Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

14/05/2025
NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

14/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Aho M23 yaturutse yubura imirwano, uko Tshisekedi asezeranya ibintu ntabikurikize,…-Perezida Kagame yabivuzeho birambuye

Aho M23 yaturutse yubura imirwano, uko Tshisekedi asezeranya ibintu ntabikurikize,…-Perezida Kagame yabivuzeho birambuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.