Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amakuru agezweho ku gukoresha umuti mushya urinda kwandura SIDA mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amakuru agezweho ku gukoresha umuti mushya urinda kwandura SIDA mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hatangiye gukoreshwa umuti uterwa mu rushinge uzwi nka PrEP (pre-exposure prophylaxis) urinda abantu kwandura Virus itera SIDA, aho ubu igeragezwa ryawo ryatangirijwe mu Bigo Nderabuzima bibiri byo mu Mujyi wa Kigali.

Gukoresha uyu muti byari byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC mu kwezi gushize k’Ukuboza 2024, ndetse bikaba byaratangijwe tariki 03 Mutarama 2025.

Gutanga uyu muti uterwa mu rushinge, byatangiye nk’igeragezwa mu Bigo Nderabuzima bibiri byo mu Mujyi wa Kigali; icya Gikondo ndetse n’icya Busanza.

Bitewe n’uburyo iri geregeza rizatanga umusaruro, uyu muti uzatangira gukwirakwiza mu bindi bice byose by’Igihugu nk’uko bitangazwa na RBC.

Umuyobozi Mukuru muri RBC ushinzwe gukumira Virusi Itera SIDA, Dr. Basile Ikuzo, avuga ko uyu muti wa PrEP, nanone uzwi nka Cabotegravir (CAB-LA), uzajya utangwa buri mezi abiri mu rwego rwo kugabanya ibinini byajyaga binyobwa buri munsi.

Ni uburyo buzafasha abafite ibyago byinshi byo kwandura Virusi itera SIDA, barimo abakobwa n’abagore bakora akazi ko kwicuruza, abagabo baryama n’abo bahuje ibitsina, ababana umwe yaranduye undi ari muzima, ndetse n’abangavu.

Dr. Basile Ikuzo yagize ati “Ntabwo ari serivisi izahabwa abantu bose muri rusange. Ni gahunda yateguriwe abantu bihariye bo mu byiciro bifite ibyago byinshi banashobora guhura n’imbogamizi zo gufata imiti buri munsi. Ikoreshwa ry’urushinge rwa PrEP rishobora kugabanya akato gahabwa abantu bakoresha imiti banywa byumwihariko urubyiruko.”

Dr. Ikuzo akomeza avuga ko u Rwanda rwagabanyije ku kigero gishimishije ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA, bukava ku bihumbi 10 ku mwaka mu myaka icumi ishize, aho ubu bugeze ku bihumbi bitatu gusa ku mwaka.

Yavuze ko ikoreshwa ry’izi nshinge, rije gutanga umusanzu mu rugamba rwo gukomeza gukumira ubwandu bwa Virusi itera SIDA, aho igerageza ry’ubu buryo rizamara umwaka, ubundi hakarebwa ikizakurikiraho.

Ati “Nyuma y’igerageza, tuzakora isesengura ry’imibare kugira ngo twanzure niba tuzagura iyi gahunda mu mavuriro yose cyangwa niba tuzakomeza gukoresha ibinini byo kunywa.”

Nk’uko bisanzwe muri serivisi zo gukumira Virusi itera SIDA mu Rwanda, ikoreshwa ry’uru rushinge, na rwo ruri gutangwa ku buntu, ndetse RBC ikaba iri gutegura ubukangurambaga bushya bwo kumenyekanisha ubu buryo bushya, aho buzakorwa bitarenze impera z’ukwezi kwa Kamena (06) 2025.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − one =

Previous Post

Inkuru y’akabaro y’undi warokotse Jenoside wasanzwe hafi y’iwe yapfuye n’igikekwa

Next Post

Aho M23 yaturutse yubura imirwano, uko Tshisekedi asezeranya ibintu ntabikurikize,…-Perezida Kagame yabivuzeho birambuye

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Aho M23 yaturutse yubura imirwano, uko Tshisekedi asezeranya ibintu ntabikurikize,…-Perezida Kagame yabivuzeho birambuye

Aho M23 yaturutse yubura imirwano, uko Tshisekedi asezeranya ibintu ntabikurikize,…-Perezida Kagame yabivuzeho birambuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.