Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku matora ashobora gusiga handitswe amateka muri Namibia

radiotv10by radiotv10
27/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho ku matora ashobora gusiga handitswe amateka muri Namibia
Share on FacebookShare on Twitter

Abanya-Namibia baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ashobora gusiga habonetse Perezida wa mbere w’umugore utegetse iki Gihugu, cyangwa ishyaka rimaze imyaka 34 ku butegetsi bubuvuyeho.

Ni amatora ayabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ugushyingo 2024, aho Abanya-Namibia baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Ni amatora ashobora guhindura amateka y’iki Gihugu, mu gihe umukandida w’ishyaka rya SWAPO riri ku butegetsi kuva iki Gihugu cyabona ubwigenge mu 1990, Netumbo Nandi-Ndaitwah, yatsinda aya matora, kuko yaba ari we Perezida wa mbere w’umugore waba ugiye kuyobora iki Gihugu.

Iri shyaka rya SWAPO ryinjiye mu matora riri ku gitutu cy’abaturage barishinja ruswa, kwigwizaho umutungo w’Igihugu, no kuba ntacyo ryakoze ku bushomeri bwugarije urubyiruko muri iki Gihugu, ibishobora gutuma ritakaza amajwi.

Umukandida w’ishyaka rya SWAPO ahanganye n’abandi bakandida 14, icyakora muri bo uhabwa amahirwe ni Panduleni Itula wo mu ishyaka Independent Patriots for Change (IPC), ritavuga rumwe n’ubutegetsi, waje ku mwanya wa kabiri mu matora ya 2019.

Iki gihugu cya Namibiya gituwe n’abaturage barenga miliyoni eshatu, cyari gisanzwe kiyobowe na Peresida w’inzibacyuho Nangolo Mbumba, wagiyeho muri Gashyantare 2024 nyuma y’urupfu rwa Perezida Hage Geingob wayoboye iki Gihugu mu gihe cy’imyaka icyenda.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Rwanda&DRCongo: Nyuma y’ibiganiro by’imbonankubone i Luanda hahise haba ibyo ku ikoranabuhanga

Next Post

N’inkono iri ku ziko ntibayirebera izuba: Ubujura mu isura nshya i Kabarondo

Related Posts

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
N’inkono iri ku ziko ntibayirebera izuba: Ubujura mu isura nshya i Kabarondo

N’inkono iri ku ziko ntibayirebera izuba: Ubujura mu isura nshya i Kabarondo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.