Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku matora ashobora gusiga handitswe amateka muri Namibia

radiotv10by radiotv10
27/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho ku matora ashobora gusiga handitswe amateka muri Namibia
Share on FacebookShare on Twitter

Abanya-Namibia baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ashobora gusiga habonetse Perezida wa mbere w’umugore utegetse iki Gihugu, cyangwa ishyaka rimaze imyaka 34 ku butegetsi bubuvuyeho.

Ni amatora ayabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ugushyingo 2024, aho Abanya-Namibia baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Ni amatora ashobora guhindura amateka y’iki Gihugu, mu gihe umukandida w’ishyaka rya SWAPO riri ku butegetsi kuva iki Gihugu cyabona ubwigenge mu 1990, Netumbo Nandi-Ndaitwah, yatsinda aya matora, kuko yaba ari we Perezida wa mbere w’umugore waba ugiye kuyobora iki Gihugu.

Iri shyaka rya SWAPO ryinjiye mu matora riri ku gitutu cy’abaturage barishinja ruswa, kwigwizaho umutungo w’Igihugu, no kuba ntacyo ryakoze ku bushomeri bwugarije urubyiruko muri iki Gihugu, ibishobora gutuma ritakaza amajwi.

Umukandida w’ishyaka rya SWAPO ahanganye n’abandi bakandida 14, icyakora muri bo uhabwa amahirwe ni Panduleni Itula wo mu ishyaka Independent Patriots for Change (IPC), ritavuga rumwe n’ubutegetsi, waje ku mwanya wa kabiri mu matora ya 2019.

Iki gihugu cya Namibiya gituwe n’abaturage barenga miliyoni eshatu, cyari gisanzwe kiyobowe na Peresida w’inzibacyuho Nangolo Mbumba, wagiyeho muri Gashyantare 2024 nyuma y’urupfu rwa Perezida Hage Geingob wayoboye iki Gihugu mu gihe cy’imyaka icyenda.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 4 =

Previous Post

Rwanda&DRCongo: Nyuma y’ibiganiro by’imbonankubone i Luanda hahise haba ibyo ku ikoranabuhanga

Next Post

N’inkono iri ku ziko ntibayirebera izuba: Ubujura mu isura nshya i Kabarondo

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Hatangajwe ikigiye gukurikira igitaramo cy’amateka cya The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
N’inkono iri ku ziko ntibayirebera izuba: Ubujura mu isura nshya i Kabarondo

N’inkono iri ku ziko ntibayirebera izuba: Ubujura mu isura nshya i Kabarondo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ikigiye gukurikira igitaramo cy’amateka cya The Ben na Bruce Melodie

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.