Boniface Mwangi, impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu muri Kenya, wari wafunzwe, yarekuwe hatanzwe ingwate ya miliyoni 1 z’Amashilingi ya Kenya (arenga miliyoni 11 Frw).
Iyi mpirimbanyi mu burenganzira bwa muntu, yari yatawe muri yombi ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize nyuma yo kubona ibimenyetso mu rugo rwe.
Mu rugo rwa Boniface Mwangi w’imyaka 42, hari hasanzwe ibyuka biryana mu maso bitarakoreshejwe, isasu rya “7.62mm blank round”, telefone ebyiri ngendanwa, mudasobwa igendanwa hamwe n’udutabo twanditsemo inyandiko zitandukanye.
Ubwo yagezwaho mu Rukiko rwo mu murwa mukuru Nairobi, rwari rwuzuyemo amagana y’abaharanira uburenganzira bwa muntu, bamwe bambaye amabendera ya Kenya, baje kumushyigikira.
Amakuru yasohotse kuri uyu wa Mbere tariki 21 Nyakanga 2025, avuga ko Boniface Mwangi yarekuwe nyuma yuko hatanzwe ingwate ya miliyoni 1 y’amashilingi ya Kenya.
Si ubwa mbere Mwangi yari atawe muri yombi, kuko no mu kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka, yatawe muri yombi ubwo yari muri Tanzania, aho yari yagiye gukurikirana urubanza ruregwamo Tundu Lissu, umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe na leta ya tanzaniya ufunzwe kugeza ubu.
Imyigaragambyo iheruka muri Kenya, muri Kamena uyu mwaka, yatijwe umurindi n’urupfu rwa Albert Ojwang, wari umunyamakuru wa politiki , waguye mu maboko ya polisi.
Urupfu rwe rwongeye gutuma, imyigaragambyo y’abaturage yongera gukara, nyuma y’iyari yayibanjirije yari igamije kwamagana izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa n’imibereho, ndetse n’imyitwarire y’abapolisi ishinjwa guhohotera abaturage.


Shemsa UWIMANA
RADIOTV10