• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

radiotv10by radiotv10
02/01/2026
in AMAHANGA
0
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu azira gutangaza ubuhanuzi bw’ibinyoma, ko Isi izarimburwa n’umwuzure, bikarangira itariki yari yatangaje, nta n’ikijojoba kiguye ku butaka mu Gihugu yari yabivugiyemo.

Mu mashusho yasakaye ku ku mbuga nkoranyambaga, uyu witita Prophet yari yavuze ko Imana yamuburiye ko isi izarangira ku ya 25 Ukuboza 2025. Yakomeje gusobanura ubuhanuzi bwe avuga ko irimbuka rizaterwa n’imvura nyinshi n’imyuzure.

Bivugwa ko Noah yatawe muri yombi ku wa Gatatu n’itsinda ryihariye rya polisi ya Ghana rishinzwe kugenzura ikoranabuhanga.

Nyuma kandi kuri uyu wa Kane hagaragaye ifoto y’uyu wiyita umuhanuzi ari mu maboko ya polisi afite amapingu yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga.

Noah yavuzwe cyane mu kubaka ubwato bwa Nowa bwo muri iki gihe kandi avuga ko ari umuhanuzi woherejwe n’Imana.

Yagaragaye yambitswe amapingu kubera kubeshya Isi

“Isi izarangira ku ya 25 Ukuboza”- Ni amagambo yari yatangajwe na Ebo Noah, aca igikuba, ndetse bamwe bizera ubuhanuzi bwe batangira kumuyoboka ngo azabarokore.

Yari yavuze ko imperuka izaterwa n’imvura nyinshi n’imyuzure byagombaga kugwa, ago yasobanura ko Imana yamutegetse kubaka amato kugira ngo arokore abantu, kandi ko yubatse amato 10.

Yari yakoresheje Instagram, ifite abayikurikira barenga ibihumbi 32, atangaza ko izina rye nka ‘Ebo Yesu’. Yari yanashyize videwo kuri YouTube muri Kanama umwaka ushize, ifite umutwe ugira uti “What Will Happen and How It Will Happenitwa” cyangwa “Ibizaba n’uko Bizaba”, avuga ibintu bisa n’ibi yari yatangaje. Yari yavuze ko yateganyaga gutura mu nkuge imwe yubatswe na we mu gihe cy’imyaka itatu izarangwa n’imyuzure myinshi.

Ebo Noah avuga ko yasabye Imana gusubika irimburwa. Nyuma, byagaragaye ko iyo nkuge yavugwaga n’uyu wiyita Umuhanuzi ko ari we wayubatse atari iye. Nyuma yavuze kandi ko yasabye Imana guha abantu umwanya uhagije.

Mu yindi videwo, yasakaye cyane, yavuze ko yagize uruhare mu gutuma Imana isubika irimbuka ry’Isi, abinyujije mu kwiyiriza ubusa mu gihe cy’ibyumweru bitatu, bigatuma Imana isubika irimbuka. Yanasabye abantu kwidagadura, avuga ko irimbuka ry’isi ritakibaye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 8 =

Previous Post

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Next Post

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.