Tuesday, October 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho ku mukino utegerejwe na benshi mu Rwanda ni amateka yiyanditse

radiotv10by radiotv10
06/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho ku mukino utegerejwe na benshi mu Rwanda ni amateka yiyanditse
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko amatike yo kwinjira mu mukino uzahuza iyi kipe na mucyeba wayo APR FC, muri Sitade Amahoro yakira abantu ibihumbi 45, yamaze kugurwa yose, bukavuga kandi ko ari amateka mashya yiyanditse.

Ni umukino w’ikirarane utegerejwe kuri uyu wa Gatandatu tariki Indwi Ukuboza 2024 muri Sitade Amahoro iri muri nziza kandi zakira abafana benshi ku Mugabane wa Afurika.

Kuva hashyirwa hanze uburyo bwo kugura amatike yo kwinjira muri uyu mukino uzakirwa na Rayon Sports, ubuyobozi bw’iyi kipe bwakomeje kugaragaza uko akomeje kugurwa, aho ay’abifite nko mu myanya ya VIP yahise ashira ku isoko.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Ukuboza 2024, hari hasigaye amatike macye yo mu myanya y’ahasanzwe, ariko muri iki gicamunsi, iyi kipe yatangaje ko amatike yose yamaze gushira.

Mu butumwa bwishimira aka gahigo, ubuyobozi bwa Rayon Sports bugira icyo buvuga ku kuba amatike yose yamaze kugurwa, bwagize buti “Amateka mashya aranditswe.”

Uyu mukino w’ikirarane wagiye wigizwa inyuma, wabanjirijwe n’impaka ndende, dore ko ari uw’ishiraniro uba utegerejwe cyane kurusha indi mu mupira w’amaguru mu Rwanda.

Uyu mukino ugiye kuba mu gihe ikipe ya Rayon Sports yicaye ku ntebe y’icyubahiro, aho iri ku mwanya wa mbere n’amanota 29 mu mikino 11 imaze gukina, mu gihe APR FC iri ku mwanya wa gatanu n’amanota 19 mu mikino 9 imaze gukina.

Amatike yose yamaze kugurwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Indwara y’amayobera yagaragaye muri Congo ikomeje kuba inshoberamahanga inahitana benshi

Next Post

Umujenerari uri mu kiruhuko cy’izabukuru wabaye mu buyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda yatawe muri yombi

Related Posts

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

by radiotv10
21/10/2025
0

Ikipe ya  Mukura Victory Sports & Loisir yandikiye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERAFA) isaba ko hakorwa isuzumwa ku misifuriye...

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

by radiotv10
21/10/2025
0

Rutahizamu Erling Haaland ukinira ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza, yaguze imodoka nshya yo mu bwoko bwa Lamborghini ifite...

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Bizimana Djihad, yagaragaje ko na bo batishimiye umusaruro babonye mu mikino baherutse gukina, ariko ko basezeranya...

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

by radiotv10
17/10/2025
0

Rutahizamu Fall Ngagne wa Rayon Sports wayifashije mu mwaka w'imikino ushize agashimisha abafana bayo, wari umaze amezi 10 mu mvune,...

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
16/10/2025
0

Ikipe ya Police FC iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda imaze gukinwa iminsi itatu, yatandukanye na Muhadjiri Hakizimana wari...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

21/10/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

21/10/2025
Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

21/10/2025
Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

21/10/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

21/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umujenerari uri mu kiruhuko cy’izabukuru wabaye mu buyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda yatawe muri yombi

Umujenerari uri mu kiruhuko cy’izabukuru wabaye mu buyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda yatawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.