Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho ku mukino utegerejwe na benshi mu Rwanda ni amateka yiyanditse

radiotv10by radiotv10
06/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho ku mukino utegerejwe na benshi mu Rwanda ni amateka yiyanditse
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko amatike yo kwinjira mu mukino uzahuza iyi kipe na mucyeba wayo APR FC, muri Sitade Amahoro yakira abantu ibihumbi 45, yamaze kugurwa yose, bukavuga kandi ko ari amateka mashya yiyanditse.

Ni umukino w’ikirarane utegerejwe kuri uyu wa Gatandatu tariki Indwi Ukuboza 2024 muri Sitade Amahoro iri muri nziza kandi zakira abafana benshi ku Mugabane wa Afurika.

Kuva hashyirwa hanze uburyo bwo kugura amatike yo kwinjira muri uyu mukino uzakirwa na Rayon Sports, ubuyobozi bw’iyi kipe bwakomeje kugaragaza uko akomeje kugurwa, aho ay’abifite nko mu myanya ya VIP yahise ashira ku isoko.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Ukuboza 2024, hari hasigaye amatike macye yo mu myanya y’ahasanzwe, ariko muri iki gicamunsi, iyi kipe yatangaje ko amatike yose yamaze gushira.

Mu butumwa bwishimira aka gahigo, ubuyobozi bwa Rayon Sports bugira icyo buvuga ku kuba amatike yose yamaze kugurwa, bwagize buti “Amateka mashya aranditswe.”

Uyu mukino w’ikirarane wagiye wigizwa inyuma, wabanjirijwe n’impaka ndende, dore ko ari uw’ishiraniro uba utegerejwe cyane kurusha indi mu mupira w’amaguru mu Rwanda.

Uyu mukino ugiye kuba mu gihe ikipe ya Rayon Sports yicaye ku ntebe y’icyubahiro, aho iri ku mwanya wa mbere n’amanota 29 mu mikino 11 imaze gukina, mu gihe APR FC iri ku mwanya wa gatanu n’amanota 19 mu mikino 9 imaze gukina.

Amatike yose yamaze kugurwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + eighteen =

Previous Post

Indwara y’amayobera yagaragaye muri Congo ikomeje kuba inshoberamahanga inahitana benshi

Next Post

Umujenerari uri mu kiruhuko cy’izabukuru wabaye mu buyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda yatawe muri yombi

Related Posts

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

IZIHERUKA

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare
MU RWANDA

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

by radiotv10
09/01/2026
0

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umujenerari uri mu kiruhuko cy’izabukuru wabaye mu buyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda yatawe muri yombi

Umujenerari uri mu kiruhuko cy’izabukuru wabaye mu buyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda yatawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.