Saturday, May 24, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku Munyamabanga w’Ishyaka riyoboye u Burundi wajyanywe igitaraganya kuvurirwa i Nairobi

radiotv10by radiotv10
28/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho ku Munyamabanga w’Ishyaka riyoboye u Burundi wajyanywe igitaraganya kuvurirwa i Nairobi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi CNDD-FDD, Révérien Ndikuriyo uherutse kujyanwa i Nairobi muri Kenya kuvurizwayo, yongeye gusubira muri Coma nyuma yuko yari yatangiye koroherwa, ndetse abo mu muryango we baravuga ko bamaze kwiheba kuko arembye cyane.

Ni amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Médias Burundi gikorera mu Gihugu cy’u Burundi, cyari giherutse no gutangaza inkuru yuko Révérien Ndikuriyo yoherejwe i Nairobi igitaraganya ubwo ubuzima bwe bwari buri hagati y’urupfu n’umupfumu.

Iki kinyamakuru kivuga ko Révérien Ndikuriyo yasubiye muri coma kuva mu mpera z’icyumweru gishize, nyuma yuko yari yatangiye kugaragaza ibimenyetso byo koroherwa, aho arwariye mu Bitaro Bikuru bya kaminuza bizwi nka Aga Khan by’i Nairobi.

Umwe mu bo mu muryango we wa hafi, yabwiye iki kinyamakuru SOS Médias Burundi, ati “Ararembye cyane. Yari yavuye muri Coma, ariko yayisubiyemo ku Cyumweru.”

Iki kinyamakuru kandi kivuga ko Abarundi bari i Nairobi, bangiwe kujya gusura uyu mwene wabo akaba n’Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka riri ku butegetsi bw’Igihugu cyabo.

Abahaye amakuru SOS Médias Burundi bose bahuriza ku kuba “Ubuzima bw’Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD, bwarushijeho guteza impungenge ku Cyumweru.”

Uwo mu muryango w’uyu munyapolitiki, yagize ati “Dutegereje icyo imbaraga z’Imana zakora, kuko twe twamaze kwiheba.”

Ni mu gihe kandi abakomeye muri iri shyaka rya CNDD-FDD, na bo bakomeje kuba mu rujijo kuko batari kubwirwa amakuru y’uyu muyobozi wabo.

Umwe yagize ati “Njye ndanakeka ko yaba yaritabye Imana, ariko abakada bo hejuru mu ishyaka, bakaba bategereje igihe gikwiye cyo kubitangaza.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 2 =

Previous Post

Uko byifashe nonaha i Rubavu nyuma y’umunsi muremure n’i Goma aho M23 na FARDC rukigeretse

Next Post

UPDATE: Umubare w’Abaturarwanda bahitanywe n’ibisasu byarasiwe muri Congo wiyongereye

Related Posts

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

by radiotv10
23/05/2025
0

Umunyapolitiki Gaston Sindimwo wabaye Visi Perezida w’u Burundi ku buyobozi bwa Pierre Nkurunziza, yavuze ko ubwo umubano w’iki Gihugu n’u...

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

by radiotv10
23/05/2025
0

Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafashe icyemezo cyo kwambura ubudahangarwa, Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu, ku buryo...

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

by radiotv10
22/05/2025
0

Nyuma yuko Augustin Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’Intebe wa DRC akatiwe imyaka 10 yo gukora imirimo y’agahato, hazamutse impaka, z’ababishyigikiye...

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais

by radiotv10
21/05/2025
0

Nyuma yuko Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye ashyize mu kihuruko cy’izabukuru, Lieutenant General de Police Gervais Ndirakobuca atarageza igihe cyo...

Umunyapolitiki wagize umwanya wo hejuru muri Congo yakatiwe gukora imirimo ivunanye

Umunyapolitiki wagize umwanya wo hejuru muri Congo yakatiwe gukora imirimo ivunanye

by radiotv10
21/05/2025
0

Augustin Matata Ponyo wagize imyanya mu nzego zo hejuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nko kuba yarabaye Minisitiri w’Intebe,...

IZIHERUKA

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United
FOOTBALL

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

by radiotv10
24/05/2025
0

Ukuri ku bivugwa ko umwe mu batoza ba Rayon yaba akomanga ku muryango wa mucyeba

Ukuri ku bivugwa ko umwe mu batoza ba Rayon yaba akomanga ku muryango wa mucyeba

24/05/2025
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

24/05/2025
Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

23/05/2025
Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

23/05/2025
AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

23/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Umubare w’Abaturarwanda bahitanywe n’ibisasu byarasiwe muri Congo wiyongereye

UPDATE: Umubare w’Abaturarwanda bahitanywe n’ibisasu byarasiwe muri Congo wiyongereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

Ukuri ku bivugwa ko umwe mu batoza ba Rayon yaba akomanga ku muryango wa mucyeba

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.