Saturday, August 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC&Wazalendo

radiotv10by radiotv10
16/04/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC&Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 ryiyemeje kurandura ibikorwa bibi by’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamuruye ab’umutwe wa Wazalendo urwana ku ruhande rwa FARDC mu duce tugera muri dutanu muri Teritwari ya Kalehe na Kabare, ubu tugenzurwa n’iri Huriro.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUARITE.CD cyo muri DRC, avuga ko abarwanyi ba M23 bakubise incuro aba Wazalendo nyuma y’iminsi ibiri bakozanyaho.

Muri uyu duce twigaruriwe na AFC/M23, harimo aka Bushaku 1, Bushaku 2 na Lemera, two muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Amakuru yahawe iki kinyamakuru, avuga ko habaye imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 ndetse n’aba Wazalendo, bamaze iminsi ibiri bakozanyaho, ndetse ubu imirwano ikaba ikomeje.

Umwe mu baganirije iki gitangazamakuru utuye muri aka gace, yagize ati “Imirwano irakomeje hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 bakomeje kugaragaza imbaraga nyinshi ndetse na Wazalendo.”

Yakomeje agira ati “Uduce twa Lemera, Bushaku 1 n’iya 2, duherereye muri Gurupoma ya Mubuku na Mbinga-Sud, muri Sheferi ya Buhavu, muri Teritwari ya Kalehe, twamaze kujya mu bice bigenzurwa na M23.”

Nanone kandi mbere gato yuko M23 ifata utu duce dutatu, utundi duce twa Kasheke na Mabingu, twari tumaze igihe tugenzurwa na Wazalendo, na two twari twigaruriwe na M23.

Ni mu gihe muri Teritwari ya Kabare, agace kafashwe na M23, ni aka Kabamba, kageze mu maboko y’uyu mutwe nyuma y’imirwano yatangiye ku Cyumweru ihereye muri aka gace ndetse n’aka Cisheke.

Umuturage wo muri aka gace yagize ati “Imirwano yaberaga mu bice bya Mabingu–Cisheke, no mu bice byamaze gufatwa na M23 kuva ku wa Mbere saa cyenda. Abarwanyi ba Wazalendo bakijijwe n’amaguru barahunga.”

Ni mu gihe hari hashize iminsi itanu, ihuriro ry’abarwanyi ba Wazalendo bagenzura utu duce twamaze kujya mu maboko ya M23, aho uyu mutwe wafashe icyemezo cyo kubirukana kuko bari babangamiye ibirindiro byabo banateje impungenge ku bice ugenzura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + eleven =

Previous Post

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda utaherukaga kumvikana hamenyekanye aho yari aherereye n’amakuru gezweho kuri we

Next Post

Hatangajwe ikigiye gukorwa ku kibazo gitunguranye cyasize impaka ku mukino wahuzaga Rayon na Mukura

Related Posts

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

by radiotv10
08/08/2025
0

Rigathi Gachaguwa wari Visi Perezida wa Kenya, ubu akaba atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida William Ruto; yavuze ko uyu Mukuru...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

by radiotv10
08/08/2025
0

AFC/M23 coalition has strongly rejected United Nations reports accusing it of playing a role in the deaths of many civilians...

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

by radiotv10
08/08/2025
0

Umunyarwandakazi Teta Sandra ufitanye abana n’Umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel, nyuma yo gufungurwa na Polisi ya Uganda; yahise ajya gusura umugabo we...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwamaganiye kure raporo z’Umuryango w’Abibumbye ziyishinja kugira uruhare mu mpfu z’abasivile benshi muri Teritwari ya Rutshuru, ivuga...

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma...

IZIHERUKA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako
MU RWANDA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ikigiye gukorwa ku kibazo gitunguranye cyasize impaka ku mukino wahuzaga Rayon na Mukura

Hatangajwe ikigiye gukorwa ku kibazo gitunguranye cyasize impaka ku mukino wahuzaga Rayon na Mukura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.