Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC&Wazalendo

radiotv10by radiotv10
16/04/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC&Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 ryiyemeje kurandura ibikorwa bibi by’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamuruye ab’umutwe wa Wazalendo urwana ku ruhande rwa FARDC mu duce tugera muri dutanu muri Teritwari ya Kalehe na Kabare, ubu tugenzurwa n’iri Huriro.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUARITE.CD cyo muri DRC, avuga ko abarwanyi ba M23 bakubise incuro aba Wazalendo nyuma y’iminsi ibiri bakozanyaho.

Muri uyu duce twigaruriwe na AFC/M23, harimo aka Bushaku 1, Bushaku 2 na Lemera, two muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Amakuru yahawe iki kinyamakuru, avuga ko habaye imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 ndetse n’aba Wazalendo, bamaze iminsi ibiri bakozanyaho, ndetse ubu imirwano ikaba ikomeje.

Umwe mu baganirije iki gitangazamakuru utuye muri aka gace, yagize ati “Imirwano irakomeje hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 bakomeje kugaragaza imbaraga nyinshi ndetse na Wazalendo.”

Yakomeje agira ati “Uduce twa Lemera, Bushaku 1 n’iya 2, duherereye muri Gurupoma ya Mubuku na Mbinga-Sud, muri Sheferi ya Buhavu, muri Teritwari ya Kalehe, twamaze kujya mu bice bigenzurwa na M23.”

Nanone kandi mbere gato yuko M23 ifata utu duce dutatu, utundi duce twa Kasheke na Mabingu, twari tumaze igihe tugenzurwa na Wazalendo, na two twari twigaruriwe na M23.

Ni mu gihe muri Teritwari ya Kabare, agace kafashwe na M23, ni aka Kabamba, kageze mu maboko y’uyu mutwe nyuma y’imirwano yatangiye ku Cyumweru ihereye muri aka gace ndetse n’aka Cisheke.

Umuturage wo muri aka gace yagize ati “Imirwano yaberaga mu bice bya Mabingu–Cisheke, no mu bice byamaze gufatwa na M23 kuva ku wa Mbere saa cyenda. Abarwanyi ba Wazalendo bakijijwe n’amaguru barahunga.”

Ni mu gihe hari hashize iminsi itanu, ihuriro ry’abarwanyi ba Wazalendo bagenzura utu duce twamaze kujya mu maboko ya M23, aho uyu mutwe wafashe icyemezo cyo kubirukana kuko bari babangamiye ibirindiro byabo banateje impungenge ku bice ugenzura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 5 =

Previous Post

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda utaherukaga kumvikana hamenyekanye aho yari aherereye n’amakuru gezweho kuri we

Next Post

Hatangajwe ikigiye gukorwa ku kibazo gitunguranye cyasize impaka ku mukino wahuzaga Rayon na Mukura

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ikigiye gukorwa ku kibazo gitunguranye cyasize impaka ku mukino wahuzaga Rayon na Mukura

Hatangajwe ikigiye gukorwa ku kibazo gitunguranye cyasize impaka ku mukino wahuzaga Rayon na Mukura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.