Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC&Wazalendo

radiotv10by radiotv10
16/04/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC&Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 ryiyemeje kurandura ibikorwa bibi by’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamuruye ab’umutwe wa Wazalendo urwana ku ruhande rwa FARDC mu duce tugera muri dutanu muri Teritwari ya Kalehe na Kabare, ubu tugenzurwa n’iri Huriro.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUARITE.CD cyo muri DRC, avuga ko abarwanyi ba M23 bakubise incuro aba Wazalendo nyuma y’iminsi ibiri bakozanyaho.

Muri uyu duce twigaruriwe na AFC/M23, harimo aka Bushaku 1, Bushaku 2 na Lemera, two muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Amakuru yahawe iki kinyamakuru, avuga ko habaye imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 ndetse n’aba Wazalendo, bamaze iminsi ibiri bakozanyaho, ndetse ubu imirwano ikaba ikomeje.

Umwe mu baganirije iki gitangazamakuru utuye muri aka gace, yagize ati “Imirwano irakomeje hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 bakomeje kugaragaza imbaraga nyinshi ndetse na Wazalendo.”

Yakomeje agira ati “Uduce twa Lemera, Bushaku 1 n’iya 2, duherereye muri Gurupoma ya Mubuku na Mbinga-Sud, muri Sheferi ya Buhavu, muri Teritwari ya Kalehe, twamaze kujya mu bice bigenzurwa na M23.”

Nanone kandi mbere gato yuko M23 ifata utu duce dutatu, utundi duce twa Kasheke na Mabingu, twari tumaze igihe tugenzurwa na Wazalendo, na two twari twigaruriwe na M23.

Ni mu gihe muri Teritwari ya Kabare, agace kafashwe na M23, ni aka Kabamba, kageze mu maboko y’uyu mutwe nyuma y’imirwano yatangiye ku Cyumweru ihereye muri aka gace ndetse n’aka Cisheke.

Umuturage wo muri aka gace yagize ati “Imirwano yaberaga mu bice bya Mabingu–Cisheke, no mu bice byamaze gufatwa na M23 kuva ku wa Mbere saa cyenda. Abarwanyi ba Wazalendo bakijijwe n’amaguru barahunga.”

Ni mu gihe hari hashize iminsi itanu, ihuriro ry’abarwanyi ba Wazalendo bagenzura utu duce twamaze kujya mu maboko ya M23, aho uyu mutwe wafashe icyemezo cyo kubirukana kuko bari babangamiye ibirindiro byabo banateje impungenge ku bice ugenzura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda utaherukaga kumvikana hamenyekanye aho yari aherereye n’amakuru gezweho kuri we

Next Post

Hatangajwe ikigiye gukorwa ku kibazo gitunguranye cyasize impaka ku mukino wahuzaga Rayon na Mukura

Related Posts

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ikigiye gukorwa ku kibazo gitunguranye cyasize impaka ku mukino wahuzaga Rayon na Mukura

Hatangajwe ikigiye gukorwa ku kibazo gitunguranye cyasize impaka ku mukino wahuzaga Rayon na Mukura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.