Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho ku wari Gitifu umaze iminsi avugwaho guhangana na Mayor

radiotv10by radiotv10
13/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Havutse izindi mpaka hagati ya ‘Mayor’ na Gitifu bagarutsweho cyane ibyabo bikinjirwamo n’inzego zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Ndagijimana Frodouard wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbogo wari umaze iminsi avugwaho guhangana n’Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, aho akurikiranyweho ibyaha birimo koshya abitabajwe mu nzego z’ubutabera.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yemeje ko Ndagijimana Frodouard yatawe muri yombi kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo 2024.

Dr Murangira avuga ko Ndagijimana Frodouard yafatanywe n’uwitwa Mporanyimana Eugene ukekwaho kuba icyitso cye, aho “bakurikiranyweho icyaha cyo gutanga indonke kugira ngo uwakorewe icyaha yivuguruze mu mvugo yatanze mu butabera, koshya abitabajwe mu nzego z’ubutabera, no gucura umugambi wo gukora icyaha.”

Umuvugizi wa RIB yakomeje agira ati “Bafungiye kuri Sitasiyo ya Kicukiro na Kimihurura mu gihe iperereza rigikomeje ngo bakorerwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha mu gihe cyagenwe n’Itegeko.”

Dr Murangira akomeza avuga ko iperereza ry’Ibanze ryagaragaje ko “Ndagijimana Frodouard yitabaje Mporanyimana Eugene bivugwa ko yari inshuti ye kugira ngo bashake uko babona ikimenyetso cyayobya Urukiko ku cyaha Frodouard yaregwaga cyo gusambanya umwana [Umuhungu] w’imyaka 15. Ni bwo rero bacuze umugambi wo gushaka uwo mwana wasambanyijwe na Ndagijimana Frodouard bamuha amafaranga ibihumbi 50 ngo akore inyandiko yivuguruza ivuga ko atasambanyijwe kugira ngo Ndagijimana azayikoreshe mu Rukiko.”

Umuvugizi wa RIB avuga ko uyu Mporanyimana Eugene ari we wakoresheje iyo nyandiko uwo mwana, agafatirwa mu cyuho, ari na bwo yahise afatwa ndetse na Ndagijimana Frodouard.

Aba bombi batawe muri yombi nyuma y’iminsi humvikana guhangana hagati ya Ndagijimana Frodouard n’Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith byavugwaga ko atifuza ko asubizwa mu kazi nyuma yuko yari yarahagaritswe ariko Komisiyo y’Umurimo b’Abakozi yari yiyambaje igategeka Meya ko asubizwa mu nshingano, undi akayibera ibamba.

Umuvugizi wa RIB, avuga ko ifatwa ryabo ridafitanye isano n’uku guhangana. Ati “Ntaho bihuriye na gato. Kugira ngo byumvikane neza, uyu Ndagijimana Frodouard yari asanzwe akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana, mu kwezi k’Ugushyingo umwaka wa 2023, Ndagijimana Frodouard yafashwe akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana amushukishije kuzamuhindurira amazina. Ikirego cyarakomeje, Urukiko ruza kurekura by’agateganyo uyu Frodouard, yagombaga kuzaburana mu mizi tariki ya 18 Ukuboza uyu mwaka wa 2024, nk’umuntu rero wari uzi icyaha akurikiranyweho, icyaha cyo gusambanya umwana, icyaha kiremereye; yagerageje gushaka uko yayobya Urukiko ariko ikigaragara ni uko uwo mugambi utamuhiriye, kuko ari ibikorwa bigize ibyaha kandi akaba yabifatiwemo.”

Ndagijimana Frodouard yari aherutse gusubizwa mu kazi, ariko ahindurirwa inshingano, aho yari yagizwe  Umujyanama wa Njyanama y’Akarere ka Rulindo ikuriwe n’Umuyobozi wako, Mukanyirigira Judith bari bamaze igihe bahanganye.

Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo kandi yari aherutse kwandikira uyu Ndagijimana Frodouard amusaba ibisobanuro ku makosa y’imyitwarire idakwiye yamuranze ubwo yari akiri Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbogo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 3 =

Previous Post

Hari Itorero abayoboke baryo bisabira ko rifungwa kubera ibyo bashinja uriyobora

Next Post

Hatangajwe ikiri gukorwa nyuma yuko umusirikare wa RDF akoze ibidukunze kuba mu Ngabo z’u Rwanda

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ikiri gukorwa nyuma yuko umusirikare wa RDF akoze ibidukunze kuba mu Ngabo z’u Rwanda

Hatangajwe ikiri gukorwa nyuma yuko umusirikare wa RDF akoze ibidukunze kuba mu Ngabo z'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.