Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho ku wari Gitifu weguye avuga ko atagendana n’umuvuduko w’Igihugu

radiotv10by radiotv10
30/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yeguye avuga ko adashoboye kujyana n’umuvuduko w’Iterambere ry’Igihugu, yatawe muri yombi, hanamenyekana n’ibyo akekwaho.

Mbarushimana Ildephonse watawe muri yombi, ari mu bayobozi batandatu bo mu Karere ka Ngoma, baherutse kwandikira Komite Nyobozi y’Akarere ka Ngoma, basezera ku nshingano zabo.

Uyu wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mutenderi, yasezeye avuga ko adafite ubushobozi bwo kugendera ku muvuduko w’iterambere ry’Igihugu.

Amakuru ahari ubu, avuga ko kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Nzeri 2023, Mbarushimana Ildephonse yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rumukekaho ibyaha binyuranye, birimo kunyereza amafaranga yari agenewe abaturage.

Ibi byaha bikekwa kuri uyu wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Mutenderi, bivugwa ko akekwaho kuba yarabikoze ubwo yari umuyobozi w’Umurenge wa Zaza.

Bivugwa ko mu mafaranga akekwaho kunyereza, harimo miliyoni 1,4 Frw yagombaga guhabwa imiryango irindwi yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itifashije, yo mu bikorwa by’imishinga yo kubateza imbere.

Ni amafaranga bivugwa ko yari yashyizwe kuri konyi y’Umurenge ngo ashyikirizwe aba baturage mu rwego rwo kubafasha, ariko ntiyabageraho ahubwo uyu muyobozi arayitwarira.

Aya makuru yo guta muri yombi uyu wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Mutenderi, yanemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, wagize ati “Yatawe muri yombi ku nyungu z’abaturage.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 5 =

Previous Post

Hari ikirego cyihutirwa cy’umugabo ukekwaho ibyumvikanamo indengakamere

Next Post

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yahaye impano y’imodoka umuntu w’ingenzi kuri we

Related Posts

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Ingufu REG, ishami rya Rusizi, buravuga ko abazwi ku izina ry’abahigi bagera kuri 12 bibaga ibikoresho by’amashanyarazi...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IZIHERUKA

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi
AMAHANGA

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

09/05/2025
Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yahaye impano y’imodoka umuntu w’ingenzi kuri we

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yahaye impano y’imodoka umuntu w’ingenzi kuri we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.