Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho kuri Perezida wa S.Korea wagerwaga amajanja ngo atabwe muri yombi

radiotv10by radiotv10
15/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho kuri Perezida wa S.Korea wagerwaga amajanja ngo atabwe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’igihe bisabwa ko Perezida wa Korea y’Epfo, Yoon Suk Yeol uherutse gufatirwa icyemezo cyo kweguzwa yatabwa muri yombi, ubu yamaze gufatwa, akaba abaye Perezida wa mbere w’iki Gihugu utawe muri yombi.

Yoon Suk Yeol w’imyaka 64 y’amavuko, akurikiranyweho ibyaha byo kwigomeka kubera igerageza ry’igihe gito ryo gushyira iki Gihugu cya Korea y’Epfo mu itegeko ry’intambara byabaye tariki 03 Ukuboza umwaka ushize wa 2024, byashyize iki Gihugu mu kangaratete.

Abaye Perezida wa Mbere muri iki Gihugu utawe muri yombi, aho inzego zishinzwe iperereza zinjiye iwe zibanje guca ibyuma byari bizitiye urugo rwe.

Yoon Suk Yeol aherutse kandi kweguzwa n’Inteko Ishinga Amategeko, ariko akaba azakomeza gufatwa nk’Umukuru w’Igihugu kugeza igihe Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga ruzafatira icyemezo ku kumweguza.

Gutabwa muri yombi kwe kwabaye kuri uyu wa Gatatu, kwitezweho guhagarika urunturuntu rwari rumaze igihe hagati y’Urwego rushinzwe iperereza ku byaha bya ruswa (CIO) ndetse n’urwego rushinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu.

Uku gutabwa muri yombi kwe kandi, kubayeho nyuma yuko CIO yari yabigerageje tariki 03 Mutarama 2025 ariko bikananira, aho yamaze amasaha atandatu ari kumwe n’abashinzwe kumurinda.

Mbere yuko atabwa muri yombi kuri uyu wa gatatu, itsinda ry’abakozi bashinzwe iperereza babarirwa mu 1 000 ryageze iwe, rifite intwaro ryanabanje guca inzira yo kumugeraho ribanje kugira ibyo risenya. Nyuma y’amasaha aba bahageze, inzego z’ubuyobozi zatangaje ko Yoon yatawe muri yombi.

Amashusho y’iminota itatu yagiye hanze mbere yuko afashwa, Yoon yavuze ko yiteguye gukorana n’abakozi bashinzwe iperereza, ariko anavuga ko impapuro zo kumuta muri yombi zinyuranyije n’amategeko.

Yavuze ko yiboneye uko inzego z’umutekano zateye urugo rwe, zaje zitwaje ibikoresho byo kuzimya umuriro n’izindi ntwaro.

Yagize ati “Niteguye kugezwa imbere ya CIO, nubwo ari iperereza rinyuranyije n’amategeko, mu rwego rwo gukumira ko habaho imeneka ry’amaraso ritari ngombwa.”
ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu [mu masaha yo muri Korea ya Ruguru], abashinzwe iperereza batangaje ko Perezida Yoon yakomeje kwanga kugira icyo atangaza ubwo yari mu ibazwa.

Abanyamategeko ba Yoon bavuga ko guta muri yombi uyu munyapolitiki binyuranyije n’amategeko kuko uru rwego rwa CIO rushinzwe kurwanya ruswa, rudafite ububasha bwo kugenza ibyaha byo kwigomeka bishinjwa Yoon.

Ubwo abashinzwe iperereza bajyaga guta muri yombi Perezida wa Korea y’Epfo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Icyorezo giherutse kugaragara mu Rwanda kiravugwa mu Gihugu cy’igituranyi ahantu hateye impungenge

Next Post

Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye hatarashira icyumweru habaye indi zombi zihuje icyaziteye

Related Posts

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

IZIHERUKA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo
MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye hatarashira icyumweru habaye indi zombi zihuje icyaziteye

Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye hatarashira icyumweru habaye indi zombi zihuje icyaziteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.