Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho kuri Perezida wa S.Korea wagerwaga amajanja ngo atabwe muri yombi

radiotv10by radiotv10
15/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho kuri Perezida wa S.Korea wagerwaga amajanja ngo atabwe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’igihe bisabwa ko Perezida wa Korea y’Epfo, Yoon Suk Yeol uherutse gufatirwa icyemezo cyo kweguzwa yatabwa muri yombi, ubu yamaze gufatwa, akaba abaye Perezida wa mbere w’iki Gihugu utawe muri yombi.

Yoon Suk Yeol w’imyaka 64 y’amavuko, akurikiranyweho ibyaha byo kwigomeka kubera igerageza ry’igihe gito ryo gushyira iki Gihugu cya Korea y’Epfo mu itegeko ry’intambara byabaye tariki 03 Ukuboza umwaka ushize wa 2024, byashyize iki Gihugu mu kangaratete.

Abaye Perezida wa Mbere muri iki Gihugu utawe muri yombi, aho inzego zishinzwe iperereza zinjiye iwe zibanje guca ibyuma byari bizitiye urugo rwe.

Yoon Suk Yeol aherutse kandi kweguzwa n’Inteko Ishinga Amategeko, ariko akaba azakomeza gufatwa nk’Umukuru w’Igihugu kugeza igihe Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga ruzafatira icyemezo ku kumweguza.

Gutabwa muri yombi kwe kwabaye kuri uyu wa Gatatu, kwitezweho guhagarika urunturuntu rwari rumaze igihe hagati y’Urwego rushinzwe iperereza ku byaha bya ruswa (CIO) ndetse n’urwego rushinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu.

Uku gutabwa muri yombi kwe kandi, kubayeho nyuma yuko CIO yari yabigerageje tariki 03 Mutarama 2025 ariko bikananira, aho yamaze amasaha atandatu ari kumwe n’abashinzwe kumurinda.

Mbere yuko atabwa muri yombi kuri uyu wa gatatu, itsinda ry’abakozi bashinzwe iperereza babarirwa mu 1 000 ryageze iwe, rifite intwaro ryanabanje guca inzira yo kumugeraho ribanje kugira ibyo risenya. Nyuma y’amasaha aba bahageze, inzego z’ubuyobozi zatangaje ko Yoon yatawe muri yombi.

Amashusho y’iminota itatu yagiye hanze mbere yuko afashwa, Yoon yavuze ko yiteguye gukorana n’abakozi bashinzwe iperereza, ariko anavuga ko impapuro zo kumuta muri yombi zinyuranyije n’amategeko.

Yavuze ko yiboneye uko inzego z’umutekano zateye urugo rwe, zaje zitwaje ibikoresho byo kuzimya umuriro n’izindi ntwaro.

Yagize ati “Niteguye kugezwa imbere ya CIO, nubwo ari iperereza rinyuranyije n’amategeko, mu rwego rwo gukumira ko habaho imeneka ry’amaraso ritari ngombwa.”
ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu [mu masaha yo muri Korea ya Ruguru], abashinzwe iperereza batangaje ko Perezida Yoon yakomeje kwanga kugira icyo atangaza ubwo yari mu ibazwa.

Abanyamategeko ba Yoon bavuga ko guta muri yombi uyu munyapolitiki binyuranyije n’amategeko kuko uru rwego rwa CIO rushinzwe kurwanya ruswa, rudafite ububasha bwo kugenza ibyaha byo kwigomeka bishinjwa Yoon.

Ubwo abashinzwe iperereza bajyaga guta muri yombi Perezida wa Korea y’Epfo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Icyorezo giherutse kugaragara mu Rwanda kiravugwa mu Gihugu cy’igituranyi ahantu hateye impungenge

Next Post

Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye hatarashira icyumweru habaye indi zombi zihuje icyaziteye

Related Posts

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
06/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye hatarashira icyumweru habaye indi zombi zihuje icyaziteye

Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye hatarashira icyumweru habaye indi zombi zihuje icyaziteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.