Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rwagabye ibitero bikomeye by’indege zitagira abapilote mu gace ka Luki muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.
Iri Huriro AFC/M23 ryabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Ugushyingo 2025, ribinyujije ku Muvugizi waryo mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka.
Mu butumwa Kanyuka yatanze, yagize ati “AFC/M23 yamaganye yivuye inyuma ibitero bya drones byagabwe n’abahuzamugambi b’ubutegetsi bwa Kinshasa.”
Yakomeje avuga ko ibi bitero bihabanye n’ibyemezo byafashwe by’agahenge ko guhagarika imirwano kemerejwe i Doha muri Qatar, kandi ko bikomeje kugira ingaruka ku buzima bw’abaturage b’abasivile.
Ati “Ibi bitero binyuranyije n’amasezerano yo guhagarika imirwano, byongeye kwibasira abaturage mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 Ugushyingo, rishyira ku wa Kabiri tariki ya 11 Ugushyingo 2025, kuri iyi nshuro byagabwe i Luki, muri Teritwari ya Masisi.”
Kanyuka yakomeje avuga ko iri Huriro rya AFC/M23 ridashobora guhagararira gusa ku kwamagana ibi bitero bikomeje guhitana ubuzima bw’inzirakarengane nyinshi, ahubwo ko rigomba no kugira icyo rikora.
Ati “Ihuriro ryacu rirakomeza gushimangira intego ryiyemeje ko rigomba kurinda no kurengera abaturage b’abasivile bari kwibasirwa n’abarwanyi ba Kinshasa.”
Ni ibitero bikomeje kugabwa n’uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe ikomeje kugirana ibiganiro n’iri Huriro bahanganye rya AFC/M23 bibera i Doha muri Qatar, byanemerejwemo agahenge ko guhagarika imirwano.
RADIOTV10









