Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru arambuye ku mpanuka ikomeye y’imodoka itwara abanyeshuri n’icyayiteye

radiotv10by radiotv10
20/09/2024
in MU RWANDA
1
Amakuru arambuye ku mpanuka ikomeye y’imodoka itwara abanyeshuri n’icyayiteye
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yabereye mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, yahitanye abana babiri, ikomerekeramo abandi 32, inavuga icyateye iyi mpanuka yasize imodoka iguye mu mukingo.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 19 Nzeri 2024, mu Mudugudu wa Kamabuye, Akagari ka Ntendezi mu Murenge wa Ruharambuga.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa Toyota Mini-Bus yari icyuye abanyeshuri ibakuye ku ishuri ryitiriwe Mutagatifu Matayo (Saint Mathews) Ntendezi, yarenze umuhanda igwa mu mukingo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Ishami rishinzwe Umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi; yavuze ko iyi mpanuka yabaye saa cyenda na mirongo itatu n’itanu (15:35’) ubwo umushoferi wari uyitwaye yikangaga uwari utwaye igare wari umuri imbere.

Ati “Ubwo yamanukaga yerecyeza isantere ya Ntendezi, yikanze igare bari mu cyerekezo kimwe, umushoferi mu gihe cyo kugira ngo ashake uko yahunga umunyegare ni bwo imodoka yarengaga umuhanda igwa munsi y’umukingo.”

SP Emmanuel Kayigi yakomeje agira ati “Abana babiri rero bitabye Imana, hakomereka n’abandi mirongo itatu na babiri (32).”

Abitabye Imana ndetse n’abakomeretse, bajyanywe ku Bitaro bya Bushenge, kugira ngo abakomeretse bitabweho n’abaganga.

Ati “Ukurikije igihe byabereye n’aho bigeze, dufite icyizere ko hadashobora kugira undi uhasiga ubuzima ngo abe yabura ubuzima, abaganga barakomeza kubitaho, ku buryo twizeye ko mu gihe kiza, bamwe bashobora kugenda bataha, wenda hagasigaramo bacye.”

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu Muhanda, yaboneyeho kugira inama ibigo by’amashuri, ko bigomba kujya bikorana n’ababyeyi babireremo, bagakurikirana abana babo uko batwarwa iyo bajya n’iyo bava ku ishuri.

Ati “Bagakurikirana uko abana bajya mu modoka bate bajya ku mashuri gute, ku buryo nta n’umwe ukwiye guharira undi cyangwa ngo atererane mugenzi we. Ari ababyeyi bagomba kubigiramo uruhare, n’ibigo bikabigiramo uruhare.”

Yavuze kandi ko n’abashoferi bahabwa gutwara imodoka zitwara abanyeshuri, bagomba kuba ari abantu bafite imyitwarire mizima n’ikinyabupfura kandi bakubahiriza amategeko y’umuhanda.

RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    1 year ago

    abashoferi batwara abanyeshuri bakwiye amahugurwa arenze gutunga uruhushya rwo gutwara imodoka. mbese nkuko bikorwa ku batwara imbangukira gutabara. hari aho nabibonye ubwo natwe twabigiraho. murakoze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 18 =

Previous Post

Umuyobozi w’ikipe imwe mu Rwanda yatawe muri yombi bwa kabiri nyuma y’igihe yihishahisha

Next Post

Menya abatangiriweho gukingirwa Ubushita bw’Inkende-Mpox mu Rwanda

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya abatangiriweho gukingirwa Ubushita bw’Inkende-Mpox mu Rwanda

Menya abatangiriweho gukingirwa Ubushita bw’Inkende-Mpox mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.