Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru arambuye ku mugabo n’umugore we b’Abanyarwanda batawe muri yombi muri Uganda

radiotv10by radiotv10
04/06/2024
in AMAHANGA
0
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo n’umugore we bakomoka mu Rwanda, bari mu maboko ya Polisi y’i Kabale muri Uganda, bakekwaho kwica umusaza w’imyaka 83 bakoreraga. Nyuma yo gufatwa biyemereye ko ari bo bamwivuganye, bavuga n’icyo bamuhoye.

Aba Banyarwanda batawe muri yombi, ni Kwizera Desire n’umugore we Uwingabire; nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi yo mu gace ka Kigezi, Elly Maate.

Ni mu gihe uwo bakekwaho kwivugana, ari Geoffrey Twinomujuni Ntegyire, wari utuye mu gace ka Karujabura mu Karere ka Kabale.

Elly Maate yavuze ko uyu mugabo n’umugore we batawe muri yombi, ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, tariki 01 Kamena 2024, bafatiwe ku mupaka wa Bunagana uhuza Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo bariho bagerageza gutoroka.

Uyu muvugizi wa Polisi yo muri kariya gace, yavuze ko aba bakomoka mu Rwanda bakekwaho kwica uyu mukambwe tariki 31 Gicurasi 2024 ahagana saa mbiri z’ijoro, bakoresheje inyundo.

Elly Maate yavuze ko aba bakekwaho ubu bwicanyi, bikimara kuba bafashe imwe mu mitungo y’uyu musaza irimo matera, n’isanduku, ndetse n’ibindi bikoresho birimo radiyo n’igare, bakabitorokana.

Ati “Abakekwa babaga kwa nyakwigendera nk’abamukoreraga mu rugo, rero bashatse gutoroka kubera ibyo bari bakoze, ku bw’amahirwe bafatwa n’inzego z’umutekano ku mupaka wa Bunagana, batanafite ibyangombwa, batabwa muri yombi, biza kugaragara ko ari bo bivuganye uriya musaza.”

Yavuze ko nyuma yo gutabwa muri yombi, aba bombi bahise basubizwa i Kabale ndetse baza no kwiyemerera ko ari bo bivuganye nyakwigendera, ngo kuko yahoraga abatonganya no mu rurimi batumva.

Maate yatangaje ko aba batawe muri yombi, ndetse bafatanywe n’ibikoresho byose bari bajyanye, hakaba hakurikiyeho iperereza, ku buryo bazagezwa imbere y’inkiko mu gihe cya vuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 10 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku bitwikiriye amatora azaba mu Rwanda bagashishikariza abantu gusaba akazi

Next Post

Sobanukirwa inkomoko yo kuba FPR-Inkotanyi yitwa Umuryango aho kuba ishyaka

Related Posts

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu...

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi,...

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sobanukirwa inkomoko yo kuba FPR-Inkotanyi yitwa Umuryango aho kuba ishyaka

Sobanukirwa inkomoko yo kuba FPR-Inkotanyi yitwa Umuryango aho kuba ishyaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.