Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Amakuru mashya atunguranye ku gitaramo cy’abaririmba Gospel baherutse gutangaza ibyateje impaka

radiotv10by radiotv10
01/06/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Couple iririmba Gospel yageneye ubutumwa buremereye abarimba indirimbo z’Isi baza kubatobera
Share on FacebookShare on Twitter

Igitaramo cy’abaririmbyi, James n’umugore we Daniella baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, cyagombaga kuba kuri uyu wa Gatanu, biravugwa ko cyasubitswe mu buryo bw’igitaraganya kikimurirwa ku wundi munsi.

Mu minsi ishize, James uririmbana n’umugore we Danilla, aherutse kuvuga ko atewe impungenge n’abahanzi baririmba indirimbo z’Isi, biharaje no kunyuzamo bakaririmba n’iz’Imana.

Ni igitekerezo cyateje impaka muri rubanda, bavugaga ko nta muntu ukomwe ku kuririmba indirimbo zihimbaza Imana, kandi ko nta n’uwo byandikiwe ko ari we wenyine uzifiteho ububasha bwo kuziririmba.

Uyu muhanzi yatangaje ibi ubwo bamurikiraga itangazamakuru imyiteguro y’igitaramo cyabo cyiswe ‘Gathering of 1000’, cyari giteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Kamena 2023.

Gusa amakuru ahari ubu, avuga ko iki gitaramo gishobora kuba cyasubitswe, kikimurirwa ku Cyumweru tariki 04 Kamena 2023.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wavuganye na bamwe mu bari gutegura iki gitaramo, bamubwiye ko nta makuru menshi arajya hanze kuri izi mpinduka, ariko ko mu gihe kitarambiranye, haza gusohoka itangazo rizivugaho.

Uwitwa Mandela uri mu bikorwa byo gutegura iki gitaramo, yagize ati “Ni impinduka ariko abantu ntibabifate mu buryo bubi kuko ku Cyumweru twabyimuriye ni heza kuruta ku wa Gatanu. Urebye ku wa Gatanu abantu baba bavuye mu kazi bakaba batinda kuhagera kandi imihanda izafungwa kubera igikorwa cya Siporo gihari. Rero ku Cyumweru bizorohera abantu kuza dore ko gahunda nyinshi zo ku nsengero zikorwa mu masaha ya mu gitondo.”

Kwimura itariki y’iki gitaramo byatewe n’igikorwa cya Siporo rusange iba nijoro izwi nka ‘Kigali Night Run’ kizaba ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu kandi kikazabera mu bice byerecyeza kuri Kigali Convention Center, aho imihanda izaba ifunze mu masaha y’umugoroba, ku buryo byari kuzagora abari kuzitabira iki gitaramo.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 13 =

Previous Post

Habayeho impinduka ku byemezo byari byarafatiwe M23 ku ngingo yari yateje impaka

Next Post

Nigeria: Abagore batwite bari bashimutiwe impamvu idasanzwe babasanze ku muntu utakekwaga

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

by radiotv10
03/06/2025
0

Nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye mu nzu ifasha abahanzi ya 1: 55 AM, biravugwa ko yaba agiye kwerecyeza muri...

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

by radiotv10
03/06/2025
0

Umuhanzi Kenny Sol yamaze gutandukana n’inzu ifasha abahanzi ya 1:55 AM, nyuma yo kubicaho amarenga ko ashobora kuba agiye kuyivamo....

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

by radiotv10
31/05/2025
0

Ibitaramo bizenguruka Igihugu mu iserukiramuco rizwi nka ‘MTN-Iwacu Muzika Festival’ bigiye kongera kuba nk’uko byatangajwe n’abasanzwe babitegura. Sosiyete ya EAP...

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

by radiotv10
30/05/2025
0

Annet Murava, umugore wa Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsina, yongeye kumugenera ubutumwa, amusezeranya...

Ubutumwa bw’urujijo bw’umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho kumuhohotera

Ubutumwa bw’urujijo bw’umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho kumuhohotera

by radiotv10
28/05/2025
0

Annet Murava, umugore wa Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsinda bivugwa ko ari we...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Abagore batwite bari bashimutiwe impamvu idasanzwe babasanze ku muntu utakekwaga

Nigeria: Abagore batwite bari bashimutiwe impamvu idasanzwe babasanze ku muntu utakekwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.