Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Amakuru mashya atunguranye ku gitaramo cy’abaririmba Gospel baherutse gutangaza ibyateje impaka

radiotv10by radiotv10
01/06/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Couple iririmba Gospel yageneye ubutumwa buremereye abarimba indirimbo z’Isi baza kubatobera
Share on FacebookShare on Twitter

Igitaramo cy’abaririmbyi, James n’umugore we Daniella baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, cyagombaga kuba kuri uyu wa Gatanu, biravugwa ko cyasubitswe mu buryo bw’igitaraganya kikimurirwa ku wundi munsi.

Mu minsi ishize, James uririmbana n’umugore we Danilla, aherutse kuvuga ko atewe impungenge n’abahanzi baririmba indirimbo z’Isi, biharaje no kunyuzamo bakaririmba n’iz’Imana.

Ni igitekerezo cyateje impaka muri rubanda, bavugaga ko nta muntu ukomwe ku kuririmba indirimbo zihimbaza Imana, kandi ko nta n’uwo byandikiwe ko ari we wenyine uzifiteho ububasha bwo kuziririmba.

Uyu muhanzi yatangaje ibi ubwo bamurikiraga itangazamakuru imyiteguro y’igitaramo cyabo cyiswe ‘Gathering of 1000’, cyari giteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Kamena 2023.

Gusa amakuru ahari ubu, avuga ko iki gitaramo gishobora kuba cyasubitswe, kikimurirwa ku Cyumweru tariki 04 Kamena 2023.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wavuganye na bamwe mu bari gutegura iki gitaramo, bamubwiye ko nta makuru menshi arajya hanze kuri izi mpinduka, ariko ko mu gihe kitarambiranye, haza gusohoka itangazo rizivugaho.

Uwitwa Mandela uri mu bikorwa byo gutegura iki gitaramo, yagize ati “Ni impinduka ariko abantu ntibabifate mu buryo bubi kuko ku Cyumweru twabyimuriye ni heza kuruta ku wa Gatanu. Urebye ku wa Gatanu abantu baba bavuye mu kazi bakaba batinda kuhagera kandi imihanda izafungwa kubera igikorwa cya Siporo gihari. Rero ku Cyumweru bizorohera abantu kuza dore ko gahunda nyinshi zo ku nsengero zikorwa mu masaha ya mu gitondo.”

Kwimura itariki y’iki gitaramo byatewe n’igikorwa cya Siporo rusange iba nijoro izwi nka ‘Kigali Night Run’ kizaba ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu kandi kikazabera mu bice byerecyeza kuri Kigali Convention Center, aho imihanda izaba ifunze mu masaha y’umugoroba, ku buryo byari kuzagora abari kuzitabira iki gitaramo.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − five =

Previous Post

Habayeho impinduka ku byemezo byari byarafatiwe M23 ku ngingo yari yateje impaka

Next Post

Nigeria: Abagore batwite bari bashimutiwe impamvu idasanzwe babasanze ku muntu utakekwaga

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Abagore batwite bari bashimutiwe impamvu idasanzwe babasanze ku muntu utakekwaga

Nigeria: Abagore batwite bari bashimutiwe impamvu idasanzwe babasanze ku muntu utakekwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.