Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Amakuru mashya atunguranye ku gitaramo cy’abaririmba Gospel baherutse gutangaza ibyateje impaka

radiotv10by radiotv10
01/06/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Couple iririmba Gospel yageneye ubutumwa buremereye abarimba indirimbo z’Isi baza kubatobera
Share on FacebookShare on Twitter

Igitaramo cy’abaririmbyi, James n’umugore we Daniella baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, cyagombaga kuba kuri uyu wa Gatanu, biravugwa ko cyasubitswe mu buryo bw’igitaraganya kikimurirwa ku wundi munsi.

Mu minsi ishize, James uririmbana n’umugore we Danilla, aherutse kuvuga ko atewe impungenge n’abahanzi baririmba indirimbo z’Isi, biharaje no kunyuzamo bakaririmba n’iz’Imana.

Ni igitekerezo cyateje impaka muri rubanda, bavugaga ko nta muntu ukomwe ku kuririmba indirimbo zihimbaza Imana, kandi ko nta n’uwo byandikiwe ko ari we wenyine uzifiteho ububasha bwo kuziririmba.

Uyu muhanzi yatangaje ibi ubwo bamurikiraga itangazamakuru imyiteguro y’igitaramo cyabo cyiswe ‘Gathering of 1000’, cyari giteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Kamena 2023.

Gusa amakuru ahari ubu, avuga ko iki gitaramo gishobora kuba cyasubitswe, kikimurirwa ku Cyumweru tariki 04 Kamena 2023.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wavuganye na bamwe mu bari gutegura iki gitaramo, bamubwiye ko nta makuru menshi arajya hanze kuri izi mpinduka, ariko ko mu gihe kitarambiranye, haza gusohoka itangazo rizivugaho.

Uwitwa Mandela uri mu bikorwa byo gutegura iki gitaramo, yagize ati “Ni impinduka ariko abantu ntibabifate mu buryo bubi kuko ku Cyumweru twabyimuriye ni heza kuruta ku wa Gatanu. Urebye ku wa Gatanu abantu baba bavuye mu kazi bakaba batinda kuhagera kandi imihanda izafungwa kubera igikorwa cya Siporo gihari. Rero ku Cyumweru bizorohera abantu kuza dore ko gahunda nyinshi zo ku nsengero zikorwa mu masaha ya mu gitondo.”

Kwimura itariki y’iki gitaramo byatewe n’igikorwa cya Siporo rusange iba nijoro izwi nka ‘Kigali Night Run’ kizaba ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu kandi kikazabera mu bice byerecyeza kuri Kigali Convention Center, aho imihanda izaba ifunze mu masaha y’umugoroba, ku buryo byari kuzagora abari kuzitabira iki gitaramo.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + eight =

Previous Post

Habayeho impinduka ku byemezo byari byarafatiwe M23 ku ngingo yari yateje impaka

Next Post

Nigeria: Abagore batwite bari bashimutiwe impamvu idasanzwe babasanze ku muntu utakekwaga

Related Posts

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

by radiotv10
06/05/2025
0

Umuhanzikazi w’ikirangirire, Robyn Rihanna Fenty wamamaye nka Rihanna, we n’umugabo we A$AP Rocky baritegura kwibaruka umwana wa gatatu, uje agwa...

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

by radiotv10
06/05/2025
0

Turahirwa Moses uzwi mu ruganda rwo guhanga imideri wanashinze inzu ya Moshions, akaba aherutse kongera gutabwa muri yombi ku nshuro...

Seven tips for a happy marriage

Seven tips for a happy marriage

by radiotv10
05/05/2025
0

There are so many ways one could sustain a relationship with their partner to build a happy marriage and a...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

by radiotv10
05/05/2025
0

Umuhanzikazi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine, yashyize hanze itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we w'Umunya-Burkina Faso Ouedraogo, yongera...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

by radiotv10
02/05/2025
0

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine uhuriye mu itsinda rimwe n’umuvandimwe Dorcas, yamaze kongera izina ry’umugabo we...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Abagore batwite bari bashimutiwe impamvu idasanzwe babasanze ku muntu utakekwaga

Nigeria: Abagore batwite bari bashimutiwe impamvu idasanzwe babasanze ku muntu utakekwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.