Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya ku bahitanywe n’akaga kabaye muri Nigeria ku bari bagiye gushakisha ubutunzi

radiotv10by radiotv10
21/01/2025
in AMAHANGA
0
Amakuru mashya ku bahitanywe n’akaga kabaye muri Nigeria ku bari bagiye gushakisha ubutunzi
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’abaguye mu mpanuka y’iturika ry’imodoka yari itwaye Lisansi mu gace ko mu majyaruguru ya Nigeria, wazamutse ugera ku bantu 98.

Amakuru y’izamuka ry’imibare y’abahitanywe n’iyi mpanuka yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, yatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubutabazi.

Iturika ry’iyi modoka, ryabaye ubwo abaturage bageragezaga kwimura Lisansi yari mu modoka yari yapfiriye mu muhanda, bayijyana mu yindi kamyo bakoresheje moteri.

Ibyo ni byo byabaye intandaro y’iryo iturika rikomeye, ryahitanye abari bari barimo kwimura Lisansi n’abandi bagerageza kuyiba ngo bayicuruze.

Uretse aba bantu 98 bahitanywe n’iyi mpanuka, hanakomeretse abandi bantu 69, mu gihe amaduka 20 yegereye ahabereye iyi mpanuka, yahiye agakongoka.

Inzego zishinzwe ubutabazi muri Nigeria, zatangaje ko umubare w’abapfuye bazize iyi mpanuka ushobora gukomeza kwiyongera.

Lisansi muri iki Gihugu cya Nigeria, ikomeje kuba idolari, kuko ibiciro byayo byatumbagiye nyuma yuko ubutegetsi bwa Perezida Bola Tinubu bukuyeho nkunganire kuri iki gicuruzwa mu rwego rwo gukoresha ayo mafaranga mu bikorwa bigamije iterambere.

Ni icyemezo cyazanye ingorane zikomeye ku baturage ba Nigeria, kuko byatumye kwiba lisansi mu modoka zitwara peteroli zapfiriye mu muhanda biba ibisanzwe muri Nigeria, kuko hari abantu babibona nk’amahirwe yo kubona Lisansi ku buntu bashobora gukoresha cyangwa kugurisha bagamije inyungu, gusa hakomeje kuba impanuka z’iturika ry’izi modoka zihitana benshi.

Mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2024, indi modoka yari itwaye ibikomoka kuri Peteroli, yaturikanye abantu bari bagiye kuvoma Lisansi yayo nyuma yuko yari yaguye, ihitana abarenga 150.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − two =

Previous Post

Uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwapfushije umuntu warugizemo uruhare

Next Post

Agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC rukomeje guhindura isura

Related Posts

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodriguez yatangaje ko yiteguye gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerikca ku ngingo z’ingenzi zishingiye...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

After the Burundian Minister of Foreign Affairs posted a statement criticizing the Government of Qatar, claiming it used its power...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC: Habaye gutungurana kwihuse kuri Masisi-Centre

Agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC rukomeje guhindura isura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.