Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya ku bahitanywe n’akaga kabaye muri Nigeria ku bari bagiye gushakisha ubutunzi

radiotv10by radiotv10
21/01/2025
in AMAHANGA
0
Amakuru mashya ku bahitanywe n’akaga kabaye muri Nigeria ku bari bagiye gushakisha ubutunzi
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’abaguye mu mpanuka y’iturika ry’imodoka yari itwaye Lisansi mu gace ko mu majyaruguru ya Nigeria, wazamutse ugera ku bantu 98.

Amakuru y’izamuka ry’imibare y’abahitanywe n’iyi mpanuka yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, yatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubutabazi.

Iturika ry’iyi modoka, ryabaye ubwo abaturage bageragezaga kwimura Lisansi yari mu modoka yari yapfiriye mu muhanda, bayijyana mu yindi kamyo bakoresheje moteri.

Ibyo ni byo byabaye intandaro y’iryo iturika rikomeye, ryahitanye abari bari barimo kwimura Lisansi n’abandi bagerageza kuyiba ngo bayicuruze.

Uretse aba bantu 98 bahitanywe n’iyi mpanuka, hanakomeretse abandi bantu 69, mu gihe amaduka 20 yegereye ahabereye iyi mpanuka, yahiye agakongoka.

Inzego zishinzwe ubutabazi muri Nigeria, zatangaje ko umubare w’abapfuye bazize iyi mpanuka ushobora gukomeza kwiyongera.

Lisansi muri iki Gihugu cya Nigeria, ikomeje kuba idolari, kuko ibiciro byayo byatumbagiye nyuma yuko ubutegetsi bwa Perezida Bola Tinubu bukuyeho nkunganire kuri iki gicuruzwa mu rwego rwo gukoresha ayo mafaranga mu bikorwa bigamije iterambere.

Ni icyemezo cyazanye ingorane zikomeye ku baturage ba Nigeria, kuko byatumye kwiba lisansi mu modoka zitwara peteroli zapfiriye mu muhanda biba ibisanzwe muri Nigeria, kuko hari abantu babibona nk’amahirwe yo kubona Lisansi ku buntu bashobora gukoresha cyangwa kugurisha bagamije inyungu, gusa hakomeje kuba impanuka z’iturika ry’izi modoka zihitana benshi.

Mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2024, indi modoka yari itwaye ibikomoka kuri Peteroli, yaturikanye abantu bari bagiye kuvoma Lisansi yayo nyuma yuko yari yaguye, ihitana abarenga 150.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 11 =

Previous Post

Uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwapfushije umuntu warugizemo uruhare

Next Post

Agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC rukomeje guhindura isura

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC: Habaye gutungurana kwihuse kuri Masisi-Centre

Agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC rukomeje guhindura isura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.