Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amakuru mashya ku bakobwa bakatiwe imyaka 15 kubera kwangiza imyanya ndangagitsina ya mugenzi wabo

radiotv10by radiotv10
14/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
6
Amakuru mashya ku bakobwa bakatiwe imyaka 15 kubera kwangiza imyanya ndangagitsina ya mugenzi wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakobwa batandatu n’umuhungu umwe bari barakatiwe igifungo cy’imyaka 15 bahamijwe ibyaha bishingiye ku gikorwa cyo kwangiza imyanya ndangagitsina ya mugenzi wabo, bari mu bafunguwe by’agateganyo nyuma yuko Guverinoma y’u Rwanda yemeje ifungurwa ry’abantu 802.

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki 11 Ugushyingo 2022, yemeje ifungurwa ry’agateganyo ku bantu 802 bari barakatiwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha bitandukanye.

Amakuru yamenyekanye, ni uko muri aba nantu 802 bafunguwe, harimo abakobwa batandatu n’umuhungu umwe bari barakatiwe gufungwa imyaka 15 ndetse n’ihazabu ya Miliyoni 3 Frw.

Nkamiro Zaina, Umulisa Gisèle, Umuhoza Konny, Umuhoza Rosine, Umutoni Hadidja, Uwimana Zainabu, ndetse na Kamanzi Cyiza Cardinal, bafunguwe kuri iki Cyumweru tariki 13 Ugushyingo 2022, ubwo hafungurwaga abantu 802 bateganywa muri ririya teka rya Minisitiri ryemeza ifungurwa ry’agateganyo.

Aba bakobwa batandatu n’umuhungu umwe kandi, bafunguwe nyuma yuko bari barandikiye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, basaba imbabazi.

Muri Werurwe 2020, aba bakobwa babanje kuburanishwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwari rwakatiye aba bakobwa n’umuhungu, gufungwa imyaka 25 n’ihazabu ya miliyoni 4 Frw.

Bajuririye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ruza kubahamya ibyaha, rubakatira gufungwa imyaka 15 no gutanga 4 470 425 Frw.

Mu iburana ryabo, aba bakobwa bemeraga icyaha cyo gukubita no gukomeretsa mugenzi wabo ariko ko batari bagambiriye kumwica, bagasaba imbabazi ibyaha bibiri bemeraga.

Ubushinjacyaha bwo bwavugaga ko bakubise umukobwa mugenzi wabo bagambiriye kumwica bityo ko bari bakwiye guhamwa n’icyaha cy’umugambi wo kwica.

Aba bakobwa batandatu n’umuhungu umwe, batawe muri yombi muri Werurwe 2020 nyuma yuko bakubise mugenzi wabo witwa Uwimana Sandrine bakamwangiza imyanya ndangagitsina cye, bamuziza kuba yari yaratwaye umukunzi w’umwe muri aba bakobwa.

RADIOTV10

Comments 6

  1. lg says:
    3 years ago

    icyaha cyo kwangiza imyanya yibanga nikimwe muntwaro abakoze génocide bitwaje abantu bagera aho hantu hibanga bahangiza babigambiriye ninterahamwe muzindi zidakwiye imbabazi uwangijwe ntandishyi ahawe kandi abo bazajya bamucyurira ko ntacyo byabatwaye baravuga ko uko bamugize nuko ateye kuburyo azaphana ipfunwe nimyanyaye yangijwe haraho abantu ubundi batagombye kurenga baharenga bakabyire.gera

    Reply
  2. Xxxxxx says:
    3 years ago

    Ubwose murumva uwo means w,umukobwa hari ubutabera abonye koko? Umuco WO kudahana ko ucuye?

    Reply
  3. Nsabimana Tertullien says:
    3 years ago

    Ariko dushimira Ubuyobozi bwacu n ‘ Umubyeyi w’ Abanyarwanda bose .

    Iteka Umubyeyi arangwa n’ impuhwe.
    Ni ba bamaze iminsi batakambira Nyakubahwa President wa Republic y ‘ Urwanda akaba yabagiriye impuhwe, ntibikwiriye kutubabaza birashimishije , aba bana bigiye byinshi muri Gereza nibaze bafatanye n’ abandi ba nyarwanda kubaka igihugu mu bimwe n’ u bwumvikane

    Reply
  4. Muvunyi silver says:
    3 years ago

    abobakobwa baribakwwiye guhanwa byintanga rugero ahubwo baribakwwiye gufungwa burundu.nonese ubwo uwomukobwa azabyara?haricyo azimarira?cg se ubwo Hari umugabo uzaamushaka kdi aziko afite ikibazo?nono ntibyumvikana nagato bakwiye gusubizwa mambuso kdi uwomukobwa agahabwa impozamarira.bitaribyo abafuguye abobokobwa niyobwa yumusore bashatseko uwobagije yanakwiyahura kuberako ntarwengo rwashoboye kumureganura

    Reply
  5. Solange Uwimana says:
    3 years ago

    Muraho neza! Nejejwe niyi nkuru rwose gufungura bagenzi bacu ntibyakabaye bitubabaza kuko Icyambere nuko President wacu ari umubyeyi mwiza kdi udukunda. Kuba ababariye abavandimwe Imana imwongerere umugisha no kuramba. Naho uwahohotewe nawe nizera neza ko yakize kdi ko akwiye kongera kubana neza nabagenzi be! Nta nzika, kdi nabahawe imbabazi nabo bakwiye kugaragaza ko uwabagiriye impuhwe yakoze ibyo umubyeyi asabwa batewe ishema nabyo mbese bakitwara neza barangwa nikinyabupfura nindangagaciro za kinyarwanda. Dukomeze gukunda no gukorera igihugu cyacu cyatubyaye. Murakoze!!!

    Reply
  6. Hxx says:
    3 years ago

    Muge mureka kwigira abacamanza baganjwe n’amarangamutima , ko abacucuye abantu bakabagira incike n’impfubyi za burundu, bahawe imbabazi bagafungurwa bakagaruka muri Society, ntitubanye neza, arko mwavuzeeeeee Nyakubahwa arakarama. Welcome back Home ahubwo. Barahanwe ntibazongera

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − one =

Previous Post

Umudepite yeguye nyuma yuko Perezida Kagame avuze ko hari umaze igihe afatwa yasinze

Next Post

Kicukiro: Ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yavuze icyabimuteye

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?
IBYAMAMARE

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Kicukiro: Ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yavuze icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.