Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amakuru mashya ku bakobwa bakatiwe imyaka 15 kubera kwangiza imyanya ndangagitsina ya mugenzi wabo

radiotv10by radiotv10
14/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
6
Amakuru mashya ku bakobwa bakatiwe imyaka 15 kubera kwangiza imyanya ndangagitsina ya mugenzi wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakobwa batandatu n’umuhungu umwe bari barakatiwe igifungo cy’imyaka 15 bahamijwe ibyaha bishingiye ku gikorwa cyo kwangiza imyanya ndangagitsina ya mugenzi wabo, bari mu bafunguwe by’agateganyo nyuma yuko Guverinoma y’u Rwanda yemeje ifungurwa ry’abantu 802.

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki 11 Ugushyingo 2022, yemeje ifungurwa ry’agateganyo ku bantu 802 bari barakatiwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha bitandukanye.

Amakuru yamenyekanye, ni uko muri aba nantu 802 bafunguwe, harimo abakobwa batandatu n’umuhungu umwe bari barakatiwe gufungwa imyaka 15 ndetse n’ihazabu ya Miliyoni 3 Frw.

Nkamiro Zaina, Umulisa Gisèle, Umuhoza Konny, Umuhoza Rosine, Umutoni Hadidja, Uwimana Zainabu, ndetse na Kamanzi Cyiza Cardinal, bafunguwe kuri iki Cyumweru tariki 13 Ugushyingo 2022, ubwo hafungurwaga abantu 802 bateganywa muri ririya teka rya Minisitiri ryemeza ifungurwa ry’agateganyo.

Aba bakobwa batandatu n’umuhungu umwe kandi, bafunguwe nyuma yuko bari barandikiye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, basaba imbabazi.

Muri Werurwe 2020, aba bakobwa babanje kuburanishwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwari rwakatiye aba bakobwa n’umuhungu, gufungwa imyaka 25 n’ihazabu ya miliyoni 4 Frw.

Bajuririye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ruza kubahamya ibyaha, rubakatira gufungwa imyaka 15 no gutanga 4 470 425 Frw.

Mu iburana ryabo, aba bakobwa bemeraga icyaha cyo gukubita no gukomeretsa mugenzi wabo ariko ko batari bagambiriye kumwica, bagasaba imbabazi ibyaha bibiri bemeraga.

Ubushinjacyaha bwo bwavugaga ko bakubise umukobwa mugenzi wabo bagambiriye kumwica bityo ko bari bakwiye guhamwa n’icyaha cy’umugambi wo kwica.

Aba bakobwa batandatu n’umuhungu umwe, batawe muri yombi muri Werurwe 2020 nyuma yuko bakubise mugenzi wabo witwa Uwimana Sandrine bakamwangiza imyanya ndangagitsina cye, bamuziza kuba yari yaratwaye umukunzi w’umwe muri aba bakobwa.

RADIOTV10

Comments 6

  1. lg says:
    3 years ago

    icyaha cyo kwangiza imyanya yibanga nikimwe muntwaro abakoze génocide bitwaje abantu bagera aho hantu hibanga bahangiza babigambiriye ninterahamwe muzindi zidakwiye imbabazi uwangijwe ntandishyi ahawe kandi abo bazajya bamucyurira ko ntacyo byabatwaye baravuga ko uko bamugize nuko ateye kuburyo azaphana ipfunwe nimyanyaye yangijwe haraho abantu ubundi batagombye kurenga baharenga bakabyire.gera

    Reply
  2. Xxxxxx says:
    3 years ago

    Ubwose murumva uwo means w,umukobwa hari ubutabera abonye koko? Umuco WO kudahana ko ucuye?

    Reply
  3. Nsabimana Tertullien says:
    3 years ago

    Ariko dushimira Ubuyobozi bwacu n ‘ Umubyeyi w’ Abanyarwanda bose .

    Iteka Umubyeyi arangwa n’ impuhwe.
    Ni ba bamaze iminsi batakambira Nyakubahwa President wa Republic y ‘ Urwanda akaba yabagiriye impuhwe, ntibikwiriye kutubabaza birashimishije , aba bana bigiye byinshi muri Gereza nibaze bafatanye n’ abandi ba nyarwanda kubaka igihugu mu bimwe n’ u bwumvikane

    Reply
  4. Muvunyi silver says:
    3 years ago

    abobakobwa baribakwwiye guhanwa byintanga rugero ahubwo baribakwwiye gufungwa burundu.nonese ubwo uwomukobwa azabyara?haricyo azimarira?cg se ubwo Hari umugabo uzaamushaka kdi aziko afite ikibazo?nono ntibyumvikana nagato bakwiye gusubizwa mambuso kdi uwomukobwa agahabwa impozamarira.bitaribyo abafuguye abobokobwa niyobwa yumusore bashatseko uwobagije yanakwiyahura kuberako ntarwengo rwashoboye kumureganura

    Reply
  5. Solange Uwimana says:
    3 years ago

    Muraho neza! Nejejwe niyi nkuru rwose gufungura bagenzi bacu ntibyakabaye bitubabaza kuko Icyambere nuko President wacu ari umubyeyi mwiza kdi udukunda. Kuba ababariye abavandimwe Imana imwongerere umugisha no kuramba. Naho uwahohotewe nawe nizera neza ko yakize kdi ko akwiye kongera kubana neza nabagenzi be! Nta nzika, kdi nabahawe imbabazi nabo bakwiye kugaragaza ko uwabagiriye impuhwe yakoze ibyo umubyeyi asabwa batewe ishema nabyo mbese bakitwara neza barangwa nikinyabupfura nindangagaciro za kinyarwanda. Dukomeze gukunda no gukorera igihugu cyacu cyatubyaye. Murakoze!!!

    Reply
  6. Hxx says:
    3 years ago

    Muge mureka kwigira abacamanza baganjwe n’amarangamutima , ko abacucuye abantu bakabagira incike n’impfubyi za burundu, bahawe imbabazi bagafungurwa bakagaruka muri Society, ntitubanye neza, arko mwavuzeeeeee Nyakubahwa arakarama. Welcome back Home ahubwo. Barahanwe ntibazongera

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Umudepite yeguye nyuma yuko Perezida Kagame avuze ko hari umaze igihe afatwa yasinze

Next Post

Kicukiro: Ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yavuze icyabimuteye

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Kicukiro: Ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yavuze icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.