Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/01/2026
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko abashoferi b’imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy’ibyapa by’imodoka by’ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi, bigatuma bandikirwa na Polisi, hemejwe ko ubu hari gushakwa umuti urambye w’iki kibazo.

Umwaka ushize abashoferi b’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange babwiye RADIOTV10 ko batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya Ntunga byo guhagarara akanya gato imbere y’isoko, ahubwo bagategekwa kujya mu isoko ryaho, none bikaba byarazanye kubangamira abahacururiza.

Ni ibyapa bibiri biri kuri kaburimbo imbere y’Isoko rya Ntunga, kimwe kiri ibumoso bw’umuhanda, ikindi kikaba iburyo bwawo.

Uwitwa Nduwayo yagiraga ati “Urumva uraza ugakatira hano mu isoko ushobora no kugonga umunyesoko kandi hariya hari ibyapa. Baca ibihumbi mirongo itanu bayakuba kabiri kandi ari makumyabiri na bitanu.”

Abacururiza muri iri soko na bo binubira ko nyuma ya kiriya cyemezo, abashoferi baje kubatezaho akavuyo n’ivumbi riterwa n’ibi binyabiziga bazaniwe.

Masengesho Gilbert ati: “Iyo imodoka ije hano mu isoko igakata ni nk’aho akazi gahita gahagarara, kuko buri wese arwana no gukiza amaso ye kugira ngo ataza kujyamo ivumbi.”

Mu gisubizo cy’Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana harimo ko biriya byapa byakuweho kuko babonaga aho biri ari hato hashobora guteza ibibazo bitewe n’urujya n’uruza rw’abakoresha uyu muhanda.

Kuri ubu, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface, yasobanuye RADIOTV10 impamvu yatumye Akarere gakuraho ibyo byapa, ariko kandi ko hari gushakwa ubutaka buzashyirwamo gare nto izafasha abagenzi ndetse n’abashoferi muri aka gace.

Ati:“Kubera ubwinshi bw’abantu bahahurira n’ubugari bw’umuhanda n’ikorosi rihari, mu rwego rw’umutekano basabye ko bajya iruhande rw’ahari isoko, habe ari ho hantu bururukiriza abantu. Ibyo ku rwego rw’umutekano byari bikwiriye. Ni iby’agateganyo. Akarere kariho gashakisha ahantu hashakwa ubutaka hafi aho hakubakwa gare nziza imeze neza ituma abo mu isoko batagirana n’abari muri gare. Ubuyobozi bw’Akarere burabizi ko bibangamiye isoko, ariko n’abagenzi babangamiwe kuko hari umuntu udashaka kuba yakururukira mu isoko. Ntabwo bambwiye igihe igiye kuboneraho, ariko igisubizo kirambye bafite muri gahunda ni ukubaka gare.”

Abakoresha ibinyabiziga bitandukanye basaba inzego bireba gukemura iki kibazo mu buryo burambye, kugira ngo bareke kubangamirana ku mpande zombi, yaba abakoresha Isoko rya Ntunga n’abagenzi.

Hari gushakwa umuti urambye

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 16 =

Previous Post

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Next Post

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n'impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.