Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya ku byategetswe M23 byo guhagarika imirwano no gusubira inyuma

radiotv10by radiotv10
03/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Igisubizo gitunguranye cya M23 ku kuba ingabo za EAC zishobora kubarasaho

Bamwe mu barwanyi ba M23

Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) waganiriye ku buryo bwo gushyirwa mu bikorwa ibyemezo byafatiwe umutwe wa M23 biwusaba guhagarika imirwano no kuva mu bice byose wafashe.

Ni ibiganiro byabereye i Burundi, biyoborwa na Perezida w’iki Gihugu, Evariste Ndayishimiye uyoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, avuga ko Perezida Ndayishimiye yayoboye iyi nama kuri uyu wa Kane tariki 02 Werurwe 2023.

Ubutumwa bwanyujijwe kuri Twitter ya Perezidansi y’u Burundi, bugira buti “Nyakubahwa Evariste Ndayishimiye kuri uyu wa Kane mu biro bye bya Ntare Rushatsi, yayoboye inama yo guhuza ibikorwa mu bikorwa bihuriweho byo gushyira mu bikorwa imyanzuro yafatiwe M23 yo guhagarika imirwano no gusubira inyuma mu Burasirazuba bwa DRC.”

Iyi nama yabereye i Burundi, ije ikurikira imaze ukwezi kumwe ibereye n’ubundi muri iki Gihugu yahuje Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba na yo yayobowe na Perezida Ndayishimiye yize ku bibazo by’umutekano mucye bimaze iminsi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nanone kandi tariki 09 Gashyantare 2023 Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu bigize EAC bahuriye mu nama yafatiwemo imyanzuro irimo usaba umutwe wa M23 ko utagomba kurenza tariki 30 z’uku kwezi kwa Werurwe utarava mu bice wafashe.

Nyamara kuva mu byumweru bibiri bishize ndetse no muri iki, imirwano hagati ya FARDC na M23 yarakomeje ndetse uyu mutwe usabwa kurekura ibice wafashe, ukaba warafashe ibindi bice.

Perezida Ndayishimiye yayoboye iyi nama yabaye kuri uyu wa Kane

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − one =

Previous Post

Ni ba ‘Ntamunoza’: Abanyekongo noneho baramagana Macron bavuga impamvu isekeje

Next Post

Urwatumye umwe yambikwa ipingu rwabahurije ku ibendera ubu ni umugore n’umugabo

Related Posts

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

by radiotv10
07/11/2025
0

Eleven soldiers ranked as Officers and Sous-officiers within the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC), including three...

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rigikomeje guhagarara ku ntego yo gucungura Abanyekongo bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, nyuma yuko yerekanye amashusho...

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

by radiotv10
07/11/2025
0

Abasirikare 11 bo ku rwego rw’Abofisiye n’aba Sous-officiers mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo batatu bafite...

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

IZIHERUKA

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda
SIPORO

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

by radiotv10
07/11/2025
0

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwatumye umwe yambikwa ipingu rwabahurije ku ibendera ubu ni umugore n’umugabo

Urwatumye umwe yambikwa ipingu rwabahurije ku ibendera ubu ni umugore n’umugabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.