Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amakuru mashya ku mugore wari wafungiwe impamvu itaravugwagaho rumwe agasiga abana bato bonyine

radiotv10by radiotv10
11/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amakuru mashya ku mugore wari wafungiwe impamvu itaravugwagaho rumwe agasiga abana bato bonyine
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bitangajwe ko ababyeyi babiri bo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, batawe muri yombi barimo uwo byavugwaga yafungiwe kubera kubura 1 000 Frw y’umutekano, yamaze gufungurwa, ubu ari kumwe n’abana bato bari basigaye bonyine.

Ni inkuru yakozwe na RADIOTV10 muri Mutarama 2023, aho umunyamakuru yari yasuye aba bana babiri bibanaga icyo gihe nyuma yuko ababyeyi babo bombi batawe muri yombi.

Abaturanyi b’uyu muryango utuye mu Mudugudu wa Kawuhunde mu Kagari ka Kagugu, bavugaga ko nyina w’aba bana yafunzwe azira kubura umusanzu w’umutekano w’amafaranga 1 000 Frw, mu gihe ubuyobozi bwo bwavugaga ko yafungiwe gukubita no gukomeretsa, ubundi bukavuga ko yari afungiye gucuruza ibiyobyabwenge.

Umunyamakuru yasubiyeyo asanga uyu mubyeyi yarafunguwe ariko yanga kugira icyo amutangariza cyatambutswa mu bitangazamakuru.

Yarafunguwe ariko ngo ntashaka kuvugisha itangazamakuru

Umwana umwe w’uyu mubyeyi ari na we mukuru w’imyaka 12 wari wasigaranye n’umuvandimwe we, yavuze ko umubyeyi wabo yafunguwe nyuma y’inkuru yatambukijwe na RADIOTV10.

Ati “Abayobozi baraje bahita batujyana Kacyiru, nko mu ma saa saba tubona mama araje, tuba tugiye mu rugo turi kumwe na Mama.”

Uyu mwana uvuga ko umubyeyi wabo yababwiye ko bari baramufunze, yakomeje agira ati “Twabyakiriye neza kuko mama yaje. Turashimira abayobozi kubera ko bamufunguye.”

Uyu mubyeyi na we wishimira ko yafunguwe, ariko akaba atifuje ko hari ikiganiro cye kigaragara mu itangazamakuru, yabwiye Umunyamakuru ko atishimiye bimwe mu byatangajwe n’ubuyobozi ko yari afungiye gucuruza ibiyobyabwenge kandi atazi n’uko bisa.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + three =

Previous Post

Hatangajwe izamuka ry’ibiciro ritigeze ribaho mu bihe byatambutse mu Rwanda

Next Post

Umaze umwaka asambanyije urwaye mu mutwe agatoroka wagarutse azi ko byibagiranye ibyamubayeho ntiyabikekaga

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umaze umwaka asambanyije urwaye mu mutwe agatoroka wagarutse azi ko byibagiranye ibyamubayeho ntiyabikekaga

Umaze umwaka asambanyije urwaye mu mutwe agatoroka wagarutse azi ko byibagiranye ibyamubayeho ntiyabikekaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.