Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amakuru mashya ku mugore wari wafungiwe impamvu itaravugwagaho rumwe agasiga abana bato bonyine

radiotv10by radiotv10
11/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amakuru mashya ku mugore wari wafungiwe impamvu itaravugwagaho rumwe agasiga abana bato bonyine
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bitangajwe ko ababyeyi babiri bo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, batawe muri yombi barimo uwo byavugwaga yafungiwe kubera kubura 1 000 Frw y’umutekano, yamaze gufungurwa, ubu ari kumwe n’abana bato bari basigaye bonyine.

Ni inkuru yakozwe na RADIOTV10 muri Mutarama 2023, aho umunyamakuru yari yasuye aba bana babiri bibanaga icyo gihe nyuma yuko ababyeyi babo bombi batawe muri yombi.

Abaturanyi b’uyu muryango utuye mu Mudugudu wa Kawuhunde mu Kagari ka Kagugu, bavugaga ko nyina w’aba bana yafunzwe azira kubura umusanzu w’umutekano w’amafaranga 1 000 Frw, mu gihe ubuyobozi bwo bwavugaga ko yafungiwe gukubita no gukomeretsa, ubundi bukavuga ko yari afungiye gucuruza ibiyobyabwenge.

Umunyamakuru yasubiyeyo asanga uyu mubyeyi yarafunguwe ariko yanga kugira icyo amutangariza cyatambutswa mu bitangazamakuru.

Yarafunguwe ariko ngo ntashaka kuvugisha itangazamakuru

Umwana umwe w’uyu mubyeyi ari na we mukuru w’imyaka 12 wari wasigaranye n’umuvandimwe we, yavuze ko umubyeyi wabo yafunguwe nyuma y’inkuru yatambukijwe na RADIOTV10.

Ati “Abayobozi baraje bahita batujyana Kacyiru, nko mu ma saa saba tubona mama araje, tuba tugiye mu rugo turi kumwe na Mama.”

Uyu mwana uvuga ko umubyeyi wabo yababwiye ko bari baramufunze, yakomeje agira ati “Twabyakiriye neza kuko mama yaje. Turashimira abayobozi kubera ko bamufunguye.”

Uyu mubyeyi na we wishimira ko yafunguwe, ariko akaba atifuje ko hari ikiganiro cye kigaragara mu itangazamakuru, yabwiye Umunyamakuru ko atishimiye bimwe mu byatangajwe n’ubuyobozi ko yari afungiye gucuruza ibiyobyabwenge kandi atazi n’uko bisa.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Hatangajwe izamuka ry’ibiciro ritigeze ribaho mu bihe byatambutse mu Rwanda

Next Post

Umaze umwaka asambanyije urwaye mu mutwe agatoroka wagarutse azi ko byibagiranye ibyamubayeho ntiyabikekaga

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umaze umwaka asambanyije urwaye mu mutwe agatoroka wagarutse azi ko byibagiranye ibyamubayeho ntiyabikekaga

Umaze umwaka asambanyije urwaye mu mutwe agatoroka wagarutse azi ko byibagiranye ibyamubayeho ntiyabikekaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.