Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amakuru mashya ku muhanda wari wafunzwe by’agateganyo

radiotv10by radiotv10
30/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amakuru mashya ku muhanda wari wafunzwe by’agateganyo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanda Gakenke- Musanze wari wabaye ufunzwe by’agateganyo kubera inkangu yatewe n’imvura nyinshi yaguye, wongeye kuba nyabagendwa nyuma y’uko hakozwe ibikorwa byo kuwutunganya.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Mutarama 2024, Polisi y’u Rwanda yari yatangaje ko uyu muhanda wabaye ufunzwe.

Ubutumwa bwa Polisi y’u Rwanda bwavugaga ko “kubera imvura nyinshi yateye inkangu mu Murenge wa Nemba, ahazwi nka Buranga, ubu umuhanda Gakenke- Musanze wabaye ufunze by’agateganyo.”

Uru rwego rwari rwizeje abantu bakoresha uyu muhanda ko “imirimo yo gutunganya uyu muhanda irimo gukorwa.” Kandi ko iza kubamenyesha mu gihe uza kuba wongeye kuba nyabagendwa.

Nyuma y’amasaha macye, Polisi y’u Rwanda yatangaje ko uyu muhanda Gakenke-Musanze wari wabaye ufunzwe, wongeye kuba nyabagendwa nyuma yo kuwutunganya.

Imvura imaze iminsi igwa, yagiye itera inkangu mu bice binyuranye zafunze imihanda inyuranye mu Gihugu yiganjemo iyo mu Burengerazuba bw’u Rwanda.

Nk’umuhanda wa Karongi-Nyamasheke, muri uku kwezi na wo wafunzwe inshuro ebyiri zikurikiranya mu gihe cy’amasaha atandukanye, aho ku nshuro ya mbere wari wafunzwe kubera inkangu yari yabereye mu Murenge wa Gishyita, ndetse no ku nshuro ya kbiri ugafungwa kubera inkangu yari yabereye muri uyu Murenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − twelve =

Previous Post

Hamenyekanye amatariki yo kuzaherekezaho Pasiteri Mpyisi n’indi mihango yo kumusezeraho

Next Post

M23 yatangaje amakuru mashya y’urugamba inahishura ukuri ku kuba SADC yararwinjiyemo

Related Posts

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

by radiotv10
31/07/2025
0

As the world enters deeper into the digital era and economic uncertainty continues to loom in many parts of the...

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

IZIHERUKA

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda
IBYAMAMARE

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

30/07/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yatangaje amakuru mashya y’urugamba inahishura ukuri ku kuba SADC yararwinjiyemo

M23 yatangaje amakuru mashya y'urugamba inahishura ukuri ku kuba SADC yararwinjiyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.