Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya y’aho Rusesabagina ageze asubira mu muryango we muri USA

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
0
Amakuru mashya y’aho Rusesabagina ageze asubira mu muryango we muri USA
Share on FacebookShare on Twitter

Rusesabagina Paul uherutse guhabwa imbabazi na Perezida Paul Kagame, agahita arekurwa ndetse akanafata rutemikirere asubira muri Leta Zunze Ubumwe za America, uyu munsi ashobora kurara ari kumwe n’umuryango we i San Antonio muri Texas.

Paul Rusesabagina yarekuwe ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, tariki 24 Werurwe 2023 nyuma yo guhabwa imbabazi n’Umukuru w’u Rwanda, wamuhaye imbabazi hamwe n’abandi bantu 19 baregwaga hamwe, barimo Nsabimana Callixte Sankara.

Ifungurwa rya Rusesabagina ryabaye inkuru y’icyumweru gishize ndetse n’ubu ikaba ikomeje kugarukwaho yaba mu Rwanda ndetse no mu bitangazamakuru binyuranye ku Isi birimo ibyo muri Leta Zunze Ubumwe za America, ryakurikiwe n’ibigiye gukurikiraho.

Hirya y’ejo hashize, ku wa Mbere tariki 27 Werurwe 2023, nibwo Rusesabagina yavuye mu Rwanda, akurira rutemikirere akerecyeza i Doha muri Qatar nk’Igihugu cyanagize uruhare mu guhabwa imbabazi kwe, kiganiriye n’u Rwanda ndetse na Leta Zunze Ubumwe za America zabyifuzaga.

Amakuru agezweho ubu, yemeza ko Rusesabagina yamaze guhaguruka i Doha muri Qatar akerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America, mu Mujyi wa Houston muri Leta ya Texas aho asanze umuryango we.

Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters dukesha aya makuru, biravuga ko Rusesabagina yavuye i Doha kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Werurwe 2023 yerecyeza muri uriya mujyi wa Houston.

Aya makuru yanahamijwe n’umuryango wa Paul Rusesabagina, ko yahagurutse i Doha, ku buryo uyu munsi ashobora kurara iwe aho atuye i San Antonio muri Leta ya Texas muri Leta Zunze Ubumwe za America.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − two =

Previous Post

DRCongo: Byongeye kudogera M23 igarukana imbaraga zidasanzwe

Next Post

Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.