Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya y’aho Rusesabagina ageze asubira mu muryango we muri USA

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
0
Amakuru mashya y’aho Rusesabagina ageze asubira mu muryango we muri USA
Share on FacebookShare on Twitter

Rusesabagina Paul uherutse guhabwa imbabazi na Perezida Paul Kagame, agahita arekurwa ndetse akanafata rutemikirere asubira muri Leta Zunze Ubumwe za America, uyu munsi ashobora kurara ari kumwe n’umuryango we i San Antonio muri Texas.

Paul Rusesabagina yarekuwe ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, tariki 24 Werurwe 2023 nyuma yo guhabwa imbabazi n’Umukuru w’u Rwanda, wamuhaye imbabazi hamwe n’abandi bantu 19 baregwaga hamwe, barimo Nsabimana Callixte Sankara.

Ifungurwa rya Rusesabagina ryabaye inkuru y’icyumweru gishize ndetse n’ubu ikaba ikomeje kugarukwaho yaba mu Rwanda ndetse no mu bitangazamakuru binyuranye ku Isi birimo ibyo muri Leta Zunze Ubumwe za America, ryakurikiwe n’ibigiye gukurikiraho.

Hirya y’ejo hashize, ku wa Mbere tariki 27 Werurwe 2023, nibwo Rusesabagina yavuye mu Rwanda, akurira rutemikirere akerecyeza i Doha muri Qatar nk’Igihugu cyanagize uruhare mu guhabwa imbabazi kwe, kiganiriye n’u Rwanda ndetse na Leta Zunze Ubumwe za America zabyifuzaga.

Amakuru agezweho ubu, yemeza ko Rusesabagina yamaze guhaguruka i Doha muri Qatar akerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America, mu Mujyi wa Houston muri Leta ya Texas aho asanze umuryango we.

Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters dukesha aya makuru, biravuga ko Rusesabagina yavuye i Doha kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Werurwe 2023 yerecyeza muri uriya mujyi wa Houston.

Aya makuru yanahamijwe n’umuryango wa Paul Rusesabagina, ko yahagurutse i Doha, ku buryo uyu munsi ashobora kurara iwe aho atuye i San Antonio muri Leta ya Texas muri Leta Zunze Ubumwe za America.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 17 =

Previous Post

DRCongo: Byongeye kudogera M23 igarukana imbaraga zidasanzwe

Next Post

Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.