Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya y’aho Rusesabagina ageze asubira mu muryango we muri USA

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
0
Amakuru mashya y’aho Rusesabagina ageze asubira mu muryango we muri USA
Share on FacebookShare on Twitter

Rusesabagina Paul uherutse guhabwa imbabazi na Perezida Paul Kagame, agahita arekurwa ndetse akanafata rutemikirere asubira muri Leta Zunze Ubumwe za America, uyu munsi ashobora kurara ari kumwe n’umuryango we i San Antonio muri Texas.

Paul Rusesabagina yarekuwe ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, tariki 24 Werurwe 2023 nyuma yo guhabwa imbabazi n’Umukuru w’u Rwanda, wamuhaye imbabazi hamwe n’abandi bantu 19 baregwaga hamwe, barimo Nsabimana Callixte Sankara.

Ifungurwa rya Rusesabagina ryabaye inkuru y’icyumweru gishize ndetse n’ubu ikaba ikomeje kugarukwaho yaba mu Rwanda ndetse no mu bitangazamakuru binyuranye ku Isi birimo ibyo muri Leta Zunze Ubumwe za America, ryakurikiwe n’ibigiye gukurikiraho.

Hirya y’ejo hashize, ku wa Mbere tariki 27 Werurwe 2023, nibwo Rusesabagina yavuye mu Rwanda, akurira rutemikirere akerecyeza i Doha muri Qatar nk’Igihugu cyanagize uruhare mu guhabwa imbabazi kwe, kiganiriye n’u Rwanda ndetse na Leta Zunze Ubumwe za America zabyifuzaga.

Amakuru agezweho ubu, yemeza ko Rusesabagina yamaze guhaguruka i Doha muri Qatar akerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America, mu Mujyi wa Houston muri Leta ya Texas aho asanze umuryango we.

Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters dukesha aya makuru, biravuga ko Rusesabagina yavuye i Doha kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Werurwe 2023 yerecyeza muri uriya mujyi wa Houston.

Aya makuru yanahamijwe n’umuryango wa Paul Rusesabagina, ko yahagurutse i Doha, ku buryo uyu munsi ashobora kurara iwe aho atuye i San Antonio muri Leta ya Texas muri Leta Zunze Ubumwe za America.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

DRCongo: Byongeye kudogera M23 igarukana imbaraga zidasanzwe

Next Post

Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Related Posts

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

by radiotv10
19/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Ngoma bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'inzu mberabyombi biyubakiye ku bufatanye n'Ubuyobozi...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora iki Gihugu, anamwifuriza we n’Abanya-Uganda ishya...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

IZIHERUKA

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza
MU RWANDA

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.