Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya y’imirwano ya M23 na FARDC yongeye gufatirwamo imbunda zirimo igezweho

radiotv10by radiotv10
30/04/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru mashya y’imirwano ya M23 na FARDC yongeye gufatirwamo imbunda zirimo igezweho
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko uruhande bahanganye rugizwe na FARDC n’ingabo zirimo iza SADC n’iz’u Burundi, rwongeye kuwugabaho ibitero, ndetse unagaragaza zimwe mu ntwaro watesheje uru ruhande bahanganye.

Amakuru yatanzwe n’Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Mata 2024, avuga ko “Uruhande rw’ubufatanye bw’Ubutegetsi bwa Kinshasa rwagabye ibitero saa kumi n’ebyiri zo muri iki gitondo mu bice bituwemo n’abaturage benshi bya Karuba, Mushaki, Kagundu no mu nkengero zabyo.”

Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko ibi bitero byagabwe n’uruhande rwa FARDC n’abambari bayo, byagize ingaruka ku baturage b’abasivile barimo abo byahitanye, ndetse n’abavuye mu byabo.

Umuvugizi wa M23 yakomeje avuga ko uyu mutwe wakomeje ibikorwa byo kwirwanaho no kurwana ku baturage bari muri ibi bice byugarijwe n’imirwano.

Ati “Twabivuze kenshi kandi turabisubiramo “ntidushobora guterera agati mu ryinyo mu gihe hari umuntu uri mu kaga” muri aka kanya ARC ikomeje kwirwanaho no kurinda abaturage b’abasivile.”

Yaboneyeho kandi kuvuga ko uyu mutwe wa M23 ukomeje kwihagararaho ugasubiza inyuma uruhande bahanganye, ndetse anagaragaza zimwe mu ntwaro rwataye ubu zikaba ziri mu maboko y’uyu mutwe.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mata 2024, na bwo imirwano yahuje M23 n’uruhande bahanganye rugizwe na FARDC n’izindi ngabo ziyifasha, yari irimbanyije, ndetse uyu mutwe ukaba wagaragaje imbunda iri mu zigezweho wafashe uyambuye uru ruhande bahanganye.

Iyi mbunda yagaragajwe na M23 ko yayambuye uruhande bahanganye, ni imwe mu ziherutse kugaragazwa n’ingabo ziri mu butumwa bwa SADC, ziri kuyigishirizaho abasirikare ba FARDC.

Imbunda yafashwe kuri uyu wa Mbere
N’izafashwe kuri uyu wa Kabiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 2 =

Previous Post

Kenya: Perezida yatumije Inama y’Abaminisitiri idasanzwe kubera ibyago bisumbirije Igihugu

Next Post

Ibivugwa ku kibazo Hoteli ya mbere y’ubwato mu Rwanda yagiriye mu Kivu

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ku kibazo Hoteli ya mbere y’ubwato mu Rwanda yagiriye mu Kivu

Ibivugwa ku kibazo Hoteli ya mbere y’ubwato mu Rwanda yagiriye mu Kivu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.