Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya y’imirwano ya M23 na FARDC yongeye gufatirwamo imbunda zirimo igezweho

radiotv10by radiotv10
30/04/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru mashya y’imirwano ya M23 na FARDC yongeye gufatirwamo imbunda zirimo igezweho
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko uruhande bahanganye rugizwe na FARDC n’ingabo zirimo iza SADC n’iz’u Burundi, rwongeye kuwugabaho ibitero, ndetse unagaragaza zimwe mu ntwaro watesheje uru ruhande bahanganye.

Amakuru yatanzwe n’Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Mata 2024, avuga ko “Uruhande rw’ubufatanye bw’Ubutegetsi bwa Kinshasa rwagabye ibitero saa kumi n’ebyiri zo muri iki gitondo mu bice bituwemo n’abaturage benshi bya Karuba, Mushaki, Kagundu no mu nkengero zabyo.”

Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko ibi bitero byagabwe n’uruhande rwa FARDC n’abambari bayo, byagize ingaruka ku baturage b’abasivile barimo abo byahitanye, ndetse n’abavuye mu byabo.

Umuvugizi wa M23 yakomeje avuga ko uyu mutwe wakomeje ibikorwa byo kwirwanaho no kurwana ku baturage bari muri ibi bice byugarijwe n’imirwano.

Ati “Twabivuze kenshi kandi turabisubiramo “ntidushobora guterera agati mu ryinyo mu gihe hari umuntu uri mu kaga” muri aka kanya ARC ikomeje kwirwanaho no kurinda abaturage b’abasivile.”

Yaboneyeho kandi kuvuga ko uyu mutwe wa M23 ukomeje kwihagararaho ugasubiza inyuma uruhande bahanganye, ndetse anagaragaza zimwe mu ntwaro rwataye ubu zikaba ziri mu maboko y’uyu mutwe.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mata 2024, na bwo imirwano yahuje M23 n’uruhande bahanganye rugizwe na FARDC n’izindi ngabo ziyifasha, yari irimbanyije, ndetse uyu mutwe ukaba wagaragaje imbunda iri mu zigezweho wafashe uyambuye uru ruhande bahanganye.

Iyi mbunda yagaragajwe na M23 ko yayambuye uruhande bahanganye, ni imwe mu ziherutse kugaragazwa n’ingabo ziri mu butumwa bwa SADC, ziri kuyigishirizaho abasirikare ba FARDC.

Imbunda yafashwe kuri uyu wa Mbere
N’izafashwe kuri uyu wa Kabiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 20 =

Previous Post

Kenya: Perezida yatumije Inama y’Abaminisitiri idasanzwe kubera ibyago bisumbirije Igihugu

Next Post

Ibivugwa ku kibazo Hoteli ya mbere y’ubwato mu Rwanda yagiriye mu Kivu

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ku kibazo Hoteli ya mbere y’ubwato mu Rwanda yagiriye mu Kivu

Ibivugwa ku kibazo Hoteli ya mbere y’ubwato mu Rwanda yagiriye mu Kivu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.