Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mpamo ku ifoto ya Perezida Kagame yagaragaye i Burundi

radiotv10by radiotv10
29/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amakuru mpamo ku ifoto ya Perezida Kagame yagaragaye i Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto y’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame yagaragaye imanitse mu Mujyi wa Bujumbura mu Gihugu cy’u Burundi, yatanzweho ibitekerezo na benshi ku mbuga nkoranyambaga. Amakuru mpamo kuri iyi foto, ni uko ifitanye isano n’inama itegerejwe muri iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, kuva kuri uyu wa Mbere bakomeje kuvuga kuri iyi foto ya Perezida Paul Kagame imanitse i Bujumbura, ndetse bamwe bakanagaragaza ko bishimiye uruzinduko agiye kugirira muri iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda ariko kimaze iminsi kirubaniye nabi.

Imipaka ihuza ibi Bihugu byombi, yongeye gufungwa n’u Burundi kuva mu ntangiro z’uyu mwaka, ndetse biherekezwa n’amagambo atari meza Perezia Evariste Ndayishimiye yagiye avuga ku Rwanda.

Ubwo hagaragaraga iyi foto y’Umukuru w’u Rwanda mu mujyi wa Bujumbura, bamwe batangiye kuyibazaho, ndetse bamwe mu Barundi baha ikaze Perezida Paul Kagame basanzwe banafatiraho icyitegererezo kubera imiyoborere ye ireba kure.

Hari n’abibajije ko Umukuru w’u Rwanda yaba agiye mu biganiro na mugenzi we w’u Burundi bigamije kuzahura umubano w’Ibihugu byombi umaze iminsi urimo igitotsi.

Ukoresha urubuga nkoranyambaga rwa X [Twitter] ufite Konti yitwa Dr Dash 250 yagize ati “Amakuru maze kubona, ni uko umubano w’u Rwanda n’u Burundi ushobora kuzanzamuka mu minsi iri imbere. Umwe mu ba diplomate b’Abarundi ni we umpaye ayo makuru n’iyi foto ati ‘amafoto ya Perezida Kagame yatangiye kumanikwa muri Bujumbura’.”

Gusa kuri iyi foto, handitseho amagambo aha ikaze Perezida Paul Kagame mu Gihugu cy’u Burundi, aho hanaditseho kandi ko yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, bihuriye mu Muryango w’Isoko Rusange ry’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo (COMESA) izaba kuva tariki 29 kugeza ku ya 31 Ukwakira 2024.

Iyi nama nyirizina y’Abakuru b’Ibihugu ya 23 izaba tariki 31 Ukwakira, yabimburiwe n’ibikorwa byo guha ikaze Abanyacyubahiro batumiwemo ndetse n’ab’Ibihugu bigize uyu Muryango.

Ni inama yateguwe n’Ubuyobozo bwa COMESA, ari na bwo bukora ibi bikorwa byo kumanika ibyapa biha ikaze Abakuru b’Ibihugu bigize uyu Muryango, kandi bikaba bisanzwe bikorwa n’uyu muryango, ariko bitavuze ko Umukuru w’Igihugu wese wahawe ikaze, yitabira iyi Nama.

U Rwanda kandi rwohereje uruhagararira muri iyi nama ya COMESA, akaba ari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Sebahizi Prudence.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Undi muhanzi Nyarwanda agiye kwerecyeza muri Canada

Next Post

Ubuhamya bw’umaze imyaka 20 yikinisha bukwiye gutuma n’uwabitekerezaga asubiza amerwe mu isaho

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubuhamya bw’umaze imyaka 20 yikinisha bukwiye gutuma n’uwabitekerezaga asubiza amerwe mu isaho

Ubuhamya bw’umaze imyaka 20 yikinisha bukwiye gutuma n’uwabitekerezaga asubiza amerwe mu isaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.