Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mpamo ku ifoto ya Perezida Kagame yagaragaye i Burundi

radiotv10by radiotv10
29/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amakuru mpamo ku ifoto ya Perezida Kagame yagaragaye i Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto y’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame yagaragaye imanitse mu Mujyi wa Bujumbura mu Gihugu cy’u Burundi, yatanzweho ibitekerezo na benshi ku mbuga nkoranyambaga. Amakuru mpamo kuri iyi foto, ni uko ifitanye isano n’inama itegerejwe muri iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, kuva kuri uyu wa Mbere bakomeje kuvuga kuri iyi foto ya Perezida Paul Kagame imanitse i Bujumbura, ndetse bamwe bakanagaragaza ko bishimiye uruzinduko agiye kugirira muri iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda ariko kimaze iminsi kirubaniye nabi.

Imipaka ihuza ibi Bihugu byombi, yongeye gufungwa n’u Burundi kuva mu ntangiro z’uyu mwaka, ndetse biherekezwa n’amagambo atari meza Perezia Evariste Ndayishimiye yagiye avuga ku Rwanda.

Ubwo hagaragaraga iyi foto y’Umukuru w’u Rwanda mu mujyi wa Bujumbura, bamwe batangiye kuyibazaho, ndetse bamwe mu Barundi baha ikaze Perezida Paul Kagame basanzwe banafatiraho icyitegererezo kubera imiyoborere ye ireba kure.

Hari n’abibajije ko Umukuru w’u Rwanda yaba agiye mu biganiro na mugenzi we w’u Burundi bigamije kuzahura umubano w’Ibihugu byombi umaze iminsi urimo igitotsi.

Ukoresha urubuga nkoranyambaga rwa X [Twitter] ufite Konti yitwa Dr Dash 250 yagize ati “Amakuru maze kubona, ni uko umubano w’u Rwanda n’u Burundi ushobora kuzanzamuka mu minsi iri imbere. Umwe mu ba diplomate b’Abarundi ni we umpaye ayo makuru n’iyi foto ati ‘amafoto ya Perezida Kagame yatangiye kumanikwa muri Bujumbura’.”

Gusa kuri iyi foto, handitseho amagambo aha ikaze Perezida Paul Kagame mu Gihugu cy’u Burundi, aho hanaditseho kandi ko yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, bihuriye mu Muryango w’Isoko Rusange ry’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo (COMESA) izaba kuva tariki 29 kugeza ku ya 31 Ukwakira 2024.

Iyi nama nyirizina y’Abakuru b’Ibihugu ya 23 izaba tariki 31 Ukwakira, yabimburiwe n’ibikorwa byo guha ikaze Abanyacyubahiro batumiwemo ndetse n’ab’Ibihugu bigize uyu Muryango.

Ni inama yateguwe n’Ubuyobozo bwa COMESA, ari na bwo bukora ibi bikorwa byo kumanika ibyapa biha ikaze Abakuru b’Ibihugu bigize uyu Muryango, kandi bikaba bisanzwe bikorwa n’uyu muryango, ariko bitavuze ko Umukuru w’Igihugu wese wahawe ikaze, yitabira iyi Nama.

U Rwanda kandi rwohereje uruhagararira muri iyi nama ya COMESA, akaba ari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Sebahizi Prudence.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Undi muhanzi Nyarwanda agiye kwerecyeza muri Canada

Next Post

Ubuhamya bw’umaze imyaka 20 yikinisha bukwiye gutuma n’uwabitekerezaga asubiza amerwe mu isaho

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubuhamya bw’umaze imyaka 20 yikinisha bukwiye gutuma n’uwabitekerezaga asubiza amerwe mu isaho

Ubuhamya bw’umaze imyaka 20 yikinisha bukwiye gutuma n’uwabitekerezaga asubiza amerwe mu isaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.