Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mpamo ku ifoto ya Perezida Kagame yagaragaye i Burundi

radiotv10by radiotv10
29/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amakuru mpamo ku ifoto ya Perezida Kagame yagaragaye i Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto y’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame yagaragaye imanitse mu Mujyi wa Bujumbura mu Gihugu cy’u Burundi, yatanzweho ibitekerezo na benshi ku mbuga nkoranyambaga. Amakuru mpamo kuri iyi foto, ni uko ifitanye isano n’inama itegerejwe muri iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, kuva kuri uyu wa Mbere bakomeje kuvuga kuri iyi foto ya Perezida Paul Kagame imanitse i Bujumbura, ndetse bamwe bakanagaragaza ko bishimiye uruzinduko agiye kugirira muri iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda ariko kimaze iminsi kirubaniye nabi.

Imipaka ihuza ibi Bihugu byombi, yongeye gufungwa n’u Burundi kuva mu ntangiro z’uyu mwaka, ndetse biherekezwa n’amagambo atari meza Perezia Evariste Ndayishimiye yagiye avuga ku Rwanda.

Ubwo hagaragaraga iyi foto y’Umukuru w’u Rwanda mu mujyi wa Bujumbura, bamwe batangiye kuyibazaho, ndetse bamwe mu Barundi baha ikaze Perezida Paul Kagame basanzwe banafatiraho icyitegererezo kubera imiyoborere ye ireba kure.

Hari n’abibajije ko Umukuru w’u Rwanda yaba agiye mu biganiro na mugenzi we w’u Burundi bigamije kuzahura umubano w’Ibihugu byombi umaze iminsi urimo igitotsi.

Ukoresha urubuga nkoranyambaga rwa X [Twitter] ufite Konti yitwa Dr Dash 250 yagize ati “Amakuru maze kubona, ni uko umubano w’u Rwanda n’u Burundi ushobora kuzanzamuka mu minsi iri imbere. Umwe mu ba diplomate b’Abarundi ni we umpaye ayo makuru n’iyi foto ati ‘amafoto ya Perezida Kagame yatangiye kumanikwa muri Bujumbura’.”

Gusa kuri iyi foto, handitseho amagambo aha ikaze Perezida Paul Kagame mu Gihugu cy’u Burundi, aho hanaditseho kandi ko yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, bihuriye mu Muryango w’Isoko Rusange ry’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo (COMESA) izaba kuva tariki 29 kugeza ku ya 31 Ukwakira 2024.

Iyi nama nyirizina y’Abakuru b’Ibihugu ya 23 izaba tariki 31 Ukwakira, yabimburiwe n’ibikorwa byo guha ikaze Abanyacyubahiro batumiwemo ndetse n’ab’Ibihugu bigize uyu Muryango.

Ni inama yateguwe n’Ubuyobozo bwa COMESA, ari na bwo bukora ibi bikorwa byo kumanika ibyapa biha ikaze Abakuru b’Ibihugu bigize uyu Muryango, kandi bikaba bisanzwe bikorwa n’uyu muryango, ariko bitavuze ko Umukuru w’Igihugu wese wahawe ikaze, yitabira iyi Nama.

U Rwanda kandi rwohereje uruhagararira muri iyi nama ya COMESA, akaba ari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Sebahizi Prudence.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 5 =

Previous Post

Undi muhanzi Nyarwanda agiye kwerecyeza muri Canada

Next Post

Ubuhamya bw’umaze imyaka 20 yikinisha bukwiye gutuma n’uwabitekerezaga asubiza amerwe mu isaho

Related Posts

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

Ikigo gisuzuma ubuziranenge bw'Ibinyabiziga by’umwihariko ibirimo moto zidakoresha amashanyarazi zizajya zipimwa imyuka zisohora, kigiye gutangira gukora, kikaba giherereye mu Murenge...

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

In today’s fast-changing world, having a degree alone isn’t enough. Many opportunities require practical skills that schools don’t always teach....

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

IZIHERUKA

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?
SIPORO

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubuhamya bw’umaze imyaka 20 yikinisha bukwiye gutuma n’uwabitekerezaga asubiza amerwe mu isaho

Ubuhamya bw’umaze imyaka 20 yikinisha bukwiye gutuma n’uwabitekerezaga asubiza amerwe mu isaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.