Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mpamo kuri ‘Coup d’Etat’ yavugwaga muri Congo

radiotv10by radiotv10
18/09/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru mpamo kuri ‘Coup d’Etat’ yavugwaga muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru yacicikanaga avuga ko Perezida Denis Sassou-N’Guesso wa Repubulika ya Congo (Congo-Brazzaville), yahiritswe ku butegetsi n’Igisirikare, yamaganiwe kure na Guverinoma y’iki Gihugu, ivuga ko ari ibinyoma.

Ni amakuru yatangiye gukwirakwira kuri mu masaha y’igicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 17 Nzeri 2023, aho byavugwaga ko Denis Sassou-N’Guesso yahiritswe adahari, kuko ari muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Byavugwaga ko igisirikare cyahiritse ubu butegetsi, ari cyo kiyoboye Igihugu muri ayo masaha, ndetse ko mu Gihugu hari ituze.

Minisitiri w’Itumanaho muri Congo Brazzaville, Thierry Moungalla; mu butumwa yanyujije kuri X, yanyomoje aya makuru, avuga ko ari ibihuha.

Mu butumwa yavuze ko bwihutirwa, Thierry Moungalla yagize ati “Amakuru y’impamo y’ibidasanzwe bivugwa ko biri kuva muri Brazzaville, Guverinoma iramagana aya makuru y’ibinyoma. “

Yakomeje agira ati “Turizeza ko hari umutuzo, kandi duhamagarira abaturage gushyira umutima hamwe ahubwo bagakomeza ibikorwa byabo batikandagira.”

Denis Sassou-N’Guesso w’imyaka 78 y’amavuko, amaze imyaka 38 ku butegetsi, aho yabanje kuyobora kuva mu 1979 kugeza mu 1992, akongera kuva mu 1997 nyuma y’intambara, kugeza ubu akaba akiyobora iki Gihugu.

Amakuru y’iri hirikwa ry’ubutegetsi muri Congo Brazzaville, yavuzwe nyuma y’amasaha macye, havuzwe andi nkayo mu Burundi, ariko Guverinoma y’iki Gihugu na yo ikaba yaramaganye ayo makuru.

Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru mu Burundi, inyomoza iby’aya makuru, yavuze ko ari ibihuha byuririye ku mutekano byavuzwe ko wakajijwe ku kigo cy’Itangazamakuru cy’Igihugu cya RTNC.

Itangazo ry’iyi Minisiteri ryagiye hanze ku wa Gatandatu ryagiraga riti “Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru iramenyesha abaturage ko nta kidasanzwe cyabaye. Umutekano wa RTNB usanzwe uri mu nshingano z’igisirikare cy’u Burundi.”

Amakuru y’ihirikwa ry’ubutegetsi kandi akomeje kunugwanugwa mu gihe hamaze iminsi hari Abaperezida bo mu Bihugu bimwe bya Afurika bakurwaho n’ibisirikare, aho uheruka ari Ali Bongo wayoboraga Gabon, uherutse guhirikwa n’Igisirikare cyamurindaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + twenty =

Previous Post

“U Burundi ni ikipe ikomeye” – Nyinawumuntu Grace nyuma yo kuganya nayo

Next Post

Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho n’impuguke zimugira inama zirimo D.Kaberuka n’inzobere mpuzamahanga

Related Posts

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho n’impuguke zimugira inama zirimo D.Kaberuka n’inzobere mpuzamahanga

Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho n’impuguke zimugira inama zirimo D.Kaberuka n’inzobere mpuzamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.