Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mpamo kuri ‘Coup d’Etat’ yavugwaga muri Congo

radiotv10by radiotv10
18/09/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru mpamo kuri ‘Coup d’Etat’ yavugwaga muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru yacicikanaga avuga ko Perezida Denis Sassou-N’Guesso wa Repubulika ya Congo (Congo-Brazzaville), yahiritswe ku butegetsi n’Igisirikare, yamaganiwe kure na Guverinoma y’iki Gihugu, ivuga ko ari ibinyoma.

Ni amakuru yatangiye gukwirakwira kuri mu masaha y’igicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 17 Nzeri 2023, aho byavugwaga ko Denis Sassou-N’Guesso yahiritswe adahari, kuko ari muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Byavugwaga ko igisirikare cyahiritse ubu butegetsi, ari cyo kiyoboye Igihugu muri ayo masaha, ndetse ko mu Gihugu hari ituze.

Minisitiri w’Itumanaho muri Congo Brazzaville, Thierry Moungalla; mu butumwa yanyujije kuri X, yanyomoje aya makuru, avuga ko ari ibihuha.

Mu butumwa yavuze ko bwihutirwa, Thierry Moungalla yagize ati “Amakuru y’impamo y’ibidasanzwe bivugwa ko biri kuva muri Brazzaville, Guverinoma iramagana aya makuru y’ibinyoma. “

Yakomeje agira ati “Turizeza ko hari umutuzo, kandi duhamagarira abaturage gushyira umutima hamwe ahubwo bagakomeza ibikorwa byabo batikandagira.”

Denis Sassou-N’Guesso w’imyaka 78 y’amavuko, amaze imyaka 38 ku butegetsi, aho yabanje kuyobora kuva mu 1979 kugeza mu 1992, akongera kuva mu 1997 nyuma y’intambara, kugeza ubu akaba akiyobora iki Gihugu.

Amakuru y’iri hirikwa ry’ubutegetsi muri Congo Brazzaville, yavuzwe nyuma y’amasaha macye, havuzwe andi nkayo mu Burundi, ariko Guverinoma y’iki Gihugu na yo ikaba yaramaganye ayo makuru.

Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru mu Burundi, inyomoza iby’aya makuru, yavuze ko ari ibihuha byuririye ku mutekano byavuzwe ko wakajijwe ku kigo cy’Itangazamakuru cy’Igihugu cya RTNC.

Itangazo ry’iyi Minisiteri ryagiye hanze ku wa Gatandatu ryagiraga riti “Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru iramenyesha abaturage ko nta kidasanzwe cyabaye. Umutekano wa RTNB usanzwe uri mu nshingano z’igisirikare cy’u Burundi.”

Amakuru y’ihirikwa ry’ubutegetsi kandi akomeje kunugwanugwa mu gihe hamaze iminsi hari Abaperezida bo mu Bihugu bimwe bya Afurika bakurwaho n’ibisirikare, aho uheruka ari Ali Bongo wayoboraga Gabon, uherutse guhirikwa n’Igisirikare cyamurindaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 7 =

Previous Post

“U Burundi ni ikipe ikomeye” – Nyinawumuntu Grace nyuma yo kuganya nayo

Next Post

Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho n’impuguke zimugira inama zirimo D.Kaberuka n’inzobere mpuzamahanga

Related Posts

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

by radiotv10
13/11/2025
0

Ubwo urubyiruko rwinshi rwari ruteraniye kuri sitade El-Wak Sports Stadium i Accra  muri Ghana mu gikorwa cyo kureba abashaka kwinjira...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
13/11/2025
0

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa Ali Bongo Ondimba wahoze ari Perezida w'iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose
IMIBEREHO MYIZA

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene ufite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene ufite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

14/11/2025
Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

14/11/2025
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

14/11/2025
Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho n’impuguke zimugira inama zirimo D.Kaberuka n’inzobere mpuzamahanga

Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho n’impuguke zimugira inama zirimo D.Kaberuka n’inzobere mpuzamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

Umushoramari Eugene Nyagahene ufite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.