Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mpamo kuri ‘Coup d’Etat’ yavugwaga muri Congo

radiotv10by radiotv10
18/09/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru mpamo kuri ‘Coup d’Etat’ yavugwaga muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru yacicikanaga avuga ko Perezida Denis Sassou-N’Guesso wa Repubulika ya Congo (Congo-Brazzaville), yahiritswe ku butegetsi n’Igisirikare, yamaganiwe kure na Guverinoma y’iki Gihugu, ivuga ko ari ibinyoma.

Ni amakuru yatangiye gukwirakwira kuri mu masaha y’igicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 17 Nzeri 2023, aho byavugwaga ko Denis Sassou-N’Guesso yahiritswe adahari, kuko ari muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Byavugwaga ko igisirikare cyahiritse ubu butegetsi, ari cyo kiyoboye Igihugu muri ayo masaha, ndetse ko mu Gihugu hari ituze.

Minisitiri w’Itumanaho muri Congo Brazzaville, Thierry Moungalla; mu butumwa yanyujije kuri X, yanyomoje aya makuru, avuga ko ari ibihuha.

Mu butumwa yavuze ko bwihutirwa, Thierry Moungalla yagize ati “Amakuru y’impamo y’ibidasanzwe bivugwa ko biri kuva muri Brazzaville, Guverinoma iramagana aya makuru y’ibinyoma. “

Yakomeje agira ati “Turizeza ko hari umutuzo, kandi duhamagarira abaturage gushyira umutima hamwe ahubwo bagakomeza ibikorwa byabo batikandagira.”

Denis Sassou-N’Guesso w’imyaka 78 y’amavuko, amaze imyaka 38 ku butegetsi, aho yabanje kuyobora kuva mu 1979 kugeza mu 1992, akongera kuva mu 1997 nyuma y’intambara, kugeza ubu akaba akiyobora iki Gihugu.

Amakuru y’iri hirikwa ry’ubutegetsi muri Congo Brazzaville, yavuzwe nyuma y’amasaha macye, havuzwe andi nkayo mu Burundi, ariko Guverinoma y’iki Gihugu na yo ikaba yaramaganye ayo makuru.

Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru mu Burundi, inyomoza iby’aya makuru, yavuze ko ari ibihuha byuririye ku mutekano byavuzwe ko wakajijwe ku kigo cy’Itangazamakuru cy’Igihugu cya RTNC.

Itangazo ry’iyi Minisiteri ryagiye hanze ku wa Gatandatu ryagiraga riti “Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru iramenyesha abaturage ko nta kidasanzwe cyabaye. Umutekano wa RTNB usanzwe uri mu nshingano z’igisirikare cy’u Burundi.”

Amakuru y’ihirikwa ry’ubutegetsi kandi akomeje kunugwanugwa mu gihe hamaze iminsi hari Abaperezida bo mu Bihugu bimwe bya Afurika bakurwaho n’ibisirikare, aho uheruka ari Ali Bongo wayoboraga Gabon, uherutse guhirikwa n’Igisirikare cyamurindaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 17 =

Previous Post

“U Burundi ni ikipe ikomeye” – Nyinawumuntu Grace nyuma yo kuganya nayo

Next Post

Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho n’impuguke zimugira inama zirimo D.Kaberuka n’inzobere mpuzamahanga

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho n’impuguke zimugira inama zirimo D.Kaberuka n’inzobere mpuzamahanga

Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho n’impuguke zimugira inama zirimo D.Kaberuka n’inzobere mpuzamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.