Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

“U Burundi ni ikipe ikomeye” – Nyinawumuntu Grace nyuma yo kuganya nayo

radiotv10by radiotv10
17/09/2023
in FOOTBALL, IBYAMAMARE, SIPORO
0
“U Burundi ni ikipe ikomeye” – Nyinawumuntu Grace nyuma yo kuganya nayo

Nyinawumuntu Grace agaruka ku buryo umukino wagenze

Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatandatu, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore yanganyije n’iy’u Burundi igitego 1-1, mu mukino wa kabiri wa gicuti, wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.

Uyu mukino wa kabiri wabaye nyuma y’umunsi umwe u Burundi butsinze u Rwanda igitego 1-0, mu mukino wa mbere wa gicuti.

Bitandukanye n’umukino wa mbere, Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yari yashyizemo ikipe ye ya mbere.

U Rwanda rwatangiye neza cyane umukino ari nako rusatira ariko imipira kugera mu izamu bikaba ikibazo.

Ku munota wa munani, iyi kipe yongeye kuzamuka neza ariko Manizabayo Florence umupira awuteye umunyezamu w’u Burundi Nzeyimana Adidja awukuramo.

Iyi kipe yakomeje gukina neza mu minota 15 ya mbere ariko imipira yateraga imbere bashaka ba rutahizamu ikaba miremire ntibayishyikire.

Mu minota 20, u Burundi bwatangiye kwinjira mu mukino Bizimana Rukiya na Niyonkuru Sandrine batangira kwigaragaza.

Mu gihe iyi kipe yari yaryohewe no gusatira, u Rwanda rwazamukanye umupira neza baca mu rihumye abakinnyi b’inyuma Uwase Androscène atsinda igitego cya mbere ku munota wa 21.

U Burundi bwongeye gusatira bikomeye bushaka uko bwakwishyura igitego ariko imipira myinshi bateraga, umunyezamu Ndakimana Angeline akayikuramo.

Igice cya Mbere cyarangiye u Rwanda rwatsinze u Burundi igitego 1-0.

Ikipe y’Igihugu y’u Burundi yagarukanye imbaraga nyinshi mu gice cya kabiri ari nako ikora impinduka nyinshi ishaka igitego ariko biranga.

Ku munota wa 60, u Burundi bwahushije uburyo bw’igitego bukomeye, ku mupira kapiteni Asha Djafari yazamukanye neza agerageje gutera mu izamu, umunyezamu Ndakimana asohoka neza awukuramo.

Iyi kipe yakomeje kwiharira umupira ari nako yarushaga u Rwanda mu buryo bugaragara.

Ku munota wa 81 iyi kipe yongeye kuzamukana umupira neza cyane Suzane Zilfa yishyura igitego.

Mu minota ya nyuma y’umukino, u Rwanda rwongeye kujya hejuru mu mukino ariko kugera imbere y’izamu bikagorana byagaragaraga ko abakinnyi bari bananiwe.

Umukino warangiye amakipe yombi anganya 1-1. Muri rusange iyi mikino yari iyi kwitegura iyo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.

Nyuma y’umukino, Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore, Nyinawumuntu Grace yavuze ko u Burundi ari ikipe ikomeye bityo byari bigoye kuyitsinda.

Ati ” u Burundi ni ikipe nziza ikomeye yakinnye Igikombe cya Afurika umwaka umwaka ushize bitweretse ko natwe duteguye ikipe neza natwe twazajya mu Gikombe cya Afurika.”

Yakomeje avuga impamvu yakoze impinduka imwe, ibintu bitamenyerewe mu mukino wa gicuti.

Ati “Yego nakoze impinduka imwe kuko umukino wa mbere benshi muri aba nta wakinnye iminota 45. Rero muri uyu nifuzaga ko bamarana igihe bakamenyerana.”

Mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, u Rwanda ruzakina na Ghana mu mukino uteganyijwe tariki 20 Nzeri 2023 saa Cyenda kuri Kigali Pelé Stadium.

Radiotv10Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Leta y’u Burundi yanyomoje amakuru ya Coup d’état yavuzwe

Next Post

Amakuru mpamo kuri ‘Coup d’Etat’ yavugwaga muri Congo

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mpamo kuri ‘Coup d’Etat’ yavugwaga muri Congo

Amakuru mpamo kuri 'Coup d’Etat' yavugwaga muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.