Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru yamenyekanye ku ntumwa za Congo zari guhurira mu biganiro na M23

radiotv10by radiotv10
18/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru yamenyekanye ku ntumwa za Congo zari guhurira mu biganiro na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ry’intumwa za Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zageze i Luanda muri Angola, aho zagombaga kuganirira n’umutwe wa M23 waje kwivana muri ibi biganiro mu buryo butunguranye.

Ibi biganiro by’imishyikirano byari guhuza ubuyobozi bwa AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Werurwe 2025.

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwari bwatumiwe muri ibi biganiro, bwari bwamaze no kugenda itsinda ry’intumwa z’abantu batanu bagombaga kubuhagararira.

Mu masaha y’ijoro ryacyeye, ubuyobozi bwa AFC/M23 bwashyize hanze itangazo, buvuga ko bwikuye muri ibi biganiro, kubera ibihano byari bimaze gufatirwa abarimo bamwe mu bayobozi bo muri iri huriro byatangajwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Mu ijoro ryacyeye kandi, ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Angola, byari byatangaje ko imyiteguro irimbanyije kugira ngo hatangizwe ibi biganiro bitaziguye bigamije gushaka amahoro mu burasirazuba bwa DRC.

Ubutumwa Perezidansi ya Angola yari yatangaje kuri Facebook, bwavugaga ko “Itsinda rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryitabiriye ibiganiro na M23, bariteguye bamaze kugera i Luanda.”

Muri ubu butumwa bwa Perezidansi ya Angola, yavugaga kandi ko itsinda ry’umutwe wa M23 na ryo ryari ritegerejwe ko rigera i Luanda muri Angola kuri uwo munsi wo ku wa Mbere.

Yari yagize iti “Ibisabwa byose byashyizwe ku murongo kugira ngo ejo [ubwo ni uyu munsi] hazatangire ibiganiro by’imishyikirano nk’uko biteganyijwe tariki 18 Werurwe.”

Ibi biganiro byari guhuza M23 n’ubutegetsi bwa Congo, byari bigiye kuba nyuma y’igihe kinini DRC ivuga ko idateze kuganira n’uyu mutwe, mu gihe iki Gihugu kitahwemye gusabwa kwemera kwicana ku meza y’ibiganiro n’uyu mutwe.

Ibi biganiro byari byafashwe nk’intambwe ikomeye mu gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, byakomwe mu nkokora n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, wafatiye ibihano, abarimo abayobozi bo muri M23, aho uyu Muryango wongeye kunengwa kwivanga mu bibazo by’Abanyafurika, nyamara uyu Mugabane ukomeje kugaragaza ubushake bwo kwikemurira ibibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute iyo buzirikana ibyo bwakoreye u Rwanda?

Next Post

Dj.Ira nyuma yo gusaba Perezida ubwenegihugu yavuze icyahise gikorwa cyongeye kumusenderezamo ibyishimo

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dj.Ira nyuma yo gusaba Perezida ubwenegihugu yavuze icyahise gikorwa cyongeye kumusenderezamo ibyishimo

Dj.Ira nyuma yo gusaba Perezida ubwenegihugu yavuze icyahise gikorwa cyongeye kumusenderezamo ibyishimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.