Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru yamenyekanye ku ntumwa za Congo zari guhurira mu biganiro na M23

radiotv10by radiotv10
18/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru yamenyekanye ku ntumwa za Congo zari guhurira mu biganiro na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ry’intumwa za Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zageze i Luanda muri Angola, aho zagombaga kuganirira n’umutwe wa M23 waje kwivana muri ibi biganiro mu buryo butunguranye.

Ibi biganiro by’imishyikirano byari guhuza ubuyobozi bwa AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Werurwe 2025.

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwari bwatumiwe muri ibi biganiro, bwari bwamaze no kugenda itsinda ry’intumwa z’abantu batanu bagombaga kubuhagararira.

Mu masaha y’ijoro ryacyeye, ubuyobozi bwa AFC/M23 bwashyize hanze itangazo, buvuga ko bwikuye muri ibi biganiro, kubera ibihano byari bimaze gufatirwa abarimo bamwe mu bayobozi bo muri iri huriro byatangajwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Mu ijoro ryacyeye kandi, ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Angola, byari byatangaje ko imyiteguro irimbanyije kugira ngo hatangizwe ibi biganiro bitaziguye bigamije gushaka amahoro mu burasirazuba bwa DRC.

Ubutumwa Perezidansi ya Angola yari yatangaje kuri Facebook, bwavugaga ko “Itsinda rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryitabiriye ibiganiro na M23, bariteguye bamaze kugera i Luanda.”

Muri ubu butumwa bwa Perezidansi ya Angola, yavugaga kandi ko itsinda ry’umutwe wa M23 na ryo ryari ritegerejwe ko rigera i Luanda muri Angola kuri uwo munsi wo ku wa Mbere.

Yari yagize iti “Ibisabwa byose byashyizwe ku murongo kugira ngo ejo [ubwo ni uyu munsi] hazatangire ibiganiro by’imishyikirano nk’uko biteganyijwe tariki 18 Werurwe.”

Ibi biganiro byari guhuza M23 n’ubutegetsi bwa Congo, byari bigiye kuba nyuma y’igihe kinini DRC ivuga ko idateze kuganira n’uyu mutwe, mu gihe iki Gihugu kitahwemye gusabwa kwemera kwicana ku meza y’ibiganiro n’uyu mutwe.

Ibi biganiro byari byafashwe nk’intambwe ikomeye mu gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, byakomwe mu nkokora n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, wafatiye ibihano, abarimo abayobozi bo muri M23, aho uyu Muryango wongeye kunengwa kwivanga mu bibazo by’Abanyafurika, nyamara uyu Mugabane ukomeje kugaragaza ubushake bwo kwikemurira ibibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 16 =

Previous Post

U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute iyo buzirikana ibyo bwakoreye u Rwanda?

Next Post

Dj.Ira nyuma yo gusaba Perezida ubwenegihugu yavuze icyahise gikorwa cyongeye kumusenderezamo ibyishimo

Related Posts

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dj.Ira nyuma yo gusaba Perezida ubwenegihugu yavuze icyahise gikorwa cyongeye kumusenderezamo ibyishimo

Dj.Ira nyuma yo gusaba Perezida ubwenegihugu yavuze icyahise gikorwa cyongeye kumusenderezamo ibyishimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.