Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru yamenyekanye ku ntumwa za Congo zari guhurira mu biganiro na M23

radiotv10by radiotv10
18/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru yamenyekanye ku ntumwa za Congo zari guhurira mu biganiro na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ry’intumwa za Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zageze i Luanda muri Angola, aho zagombaga kuganirira n’umutwe wa M23 waje kwivana muri ibi biganiro mu buryo butunguranye.

Ibi biganiro by’imishyikirano byari guhuza ubuyobozi bwa AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Werurwe 2025.

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwari bwatumiwe muri ibi biganiro, bwari bwamaze no kugenda itsinda ry’intumwa z’abantu batanu bagombaga kubuhagararira.

Mu masaha y’ijoro ryacyeye, ubuyobozi bwa AFC/M23 bwashyize hanze itangazo, buvuga ko bwikuye muri ibi biganiro, kubera ibihano byari bimaze gufatirwa abarimo bamwe mu bayobozi bo muri iri huriro byatangajwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Mu ijoro ryacyeye kandi, ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Angola, byari byatangaje ko imyiteguro irimbanyije kugira ngo hatangizwe ibi biganiro bitaziguye bigamije gushaka amahoro mu burasirazuba bwa DRC.

Ubutumwa Perezidansi ya Angola yari yatangaje kuri Facebook, bwavugaga ko “Itsinda rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryitabiriye ibiganiro na M23, bariteguye bamaze kugera i Luanda.”

Muri ubu butumwa bwa Perezidansi ya Angola, yavugaga kandi ko itsinda ry’umutwe wa M23 na ryo ryari ritegerejwe ko rigera i Luanda muri Angola kuri uwo munsi wo ku wa Mbere.

Yari yagize iti “Ibisabwa byose byashyizwe ku murongo kugira ngo ejo [ubwo ni uyu munsi] hazatangire ibiganiro by’imishyikirano nk’uko biteganyijwe tariki 18 Werurwe.”

Ibi biganiro byari guhuza M23 n’ubutegetsi bwa Congo, byari bigiye kuba nyuma y’igihe kinini DRC ivuga ko idateze kuganira n’uyu mutwe, mu gihe iki Gihugu kitahwemye gusabwa kwemera kwicana ku meza y’ibiganiro n’uyu mutwe.

Ibi biganiro byari byafashwe nk’intambwe ikomeye mu gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, byakomwe mu nkokora n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, wafatiye ibihano, abarimo abayobozi bo muri M23, aho uyu Muryango wongeye kunengwa kwivanga mu bibazo by’Abanyafurika, nyamara uyu Mugabane ukomeje kugaragaza ubushake bwo kwikemurira ibibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + fifteen =

Previous Post

U Bubiligi bwari bukwiye kwitwara gute iyo buzirikana ibyo bwakoreye u Rwanda?

Next Post

Dj.Ira nyuma yo gusaba Perezida ubwenegihugu yavuze icyahise gikorwa cyongeye kumusenderezamo ibyishimo

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dj.Ira nyuma yo gusaba Perezida ubwenegihugu yavuze icyahise gikorwa cyongeye kumusenderezamo ibyishimo

Dj.Ira nyuma yo gusaba Perezida ubwenegihugu yavuze icyahise gikorwa cyongeye kumusenderezamo ibyishimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.