Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga ukurikiranyweho ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina akekwaho gukorera umugore we Annette Murava, hamenyakanye amakuru y’ibikubiye muri dosiye ye, nko kuba yarigeze gutaha akamukubita ivi mu nda akanamuniga kugeza aho ataye ubwenge.
Bishop Gafaranga wafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata, aregwa ihohotera rishingiye ku gitsina akekwaho gukorera umugore we Annette Murava usanzwe ari umuririmbyi w’indirimbo zihimbaza Imana, ari na we watanze ikirego.
Gusa mu kiganiro aherutse gukora, uyu Annette Murava yatunguye benshi, aho yavuze ko ntakibazo na gito afitanye n’umugabo we, ndetse ko igihe kizagera bakavuga ukuri kose bicaranye.
Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Ukwelitimes, agaragaza ibikubiye muri dosiye y’ikirego kiregwamo Bishop Gafaranga, ndetse n’ibikorwa bigize ibyaha ashinjwa gukorera umugore we Annette Murava.
Iyo dosiye hari aho igaragaza ko mu ijoro ryo ku ya 29 Mata 2025, Gafaranga yari ageze mu rugo, akadukira umugore we akamukubita ivi mu nda, akanamuniga kugeza ubwo yataga ubwenge.
Muri iryo joro, aho Murava yagaruriye ubwenge, yiyambaje abanyerondo, bamugira inama yo kujya kwa muganga no gutanga ikirego mu nzego z’ubugenzacyaha.
Muri iryo joro saa yine na mirongo ine n’itanu (22:45’) Annette Murava yerecyeje ku Bitaro bya Nyamata aganira na muganga w’indwara zo mu mutwe, amutekerereza ibye byose by’ihohoterwa yari amaze igihe akorerwa kuva yashakana na Bishop Gafaranga.
Nyuma y’ikiganiro muganga yagiranye na Annette Murava, iyi nzobere yagaragaje ko “Annette Murava ni umugore w’imyaka 30 ufite mu maso hagaragara agahinda!….agaragaza ubwoba bwinshi bwo kugumana n’umugabo we kuko atinya ko azamwica.
Murava avuga ko kuva abanye n’umugabo we nta mahoro yigeze agira kuko buri gihe ahohoterwa n’umugabo akamukubita hafi kumwica, akora imibonano mpuzabitsina amaze gukubitwa, iyo ari kukubwira ibimubaho aganzwa n’agahinda akarira ukabona agiye kure mu ntekerezo.”
Ibimenyetso by’Ubushinjacyaha n’imyiregurire ya Gafaranga
Mu rubanza ku ifungwa ry’agateganyo, Ubushinjacyaha bwagejeje imbere y’Urukiko Gafaranga bumusabira gufungwa by’agateganyo, bwasobanuye byinshi ku kirego cyabwo cyatanzwe n’umugore we Annette Murava.
Ubushinjacyaha bwavuze ko Murava yagaragaje ko umugabo we amuhohotera bikomeye, kuko amukorera ibikorwa bimubuza umudendezo mu rugo rwabo birimo kumukubita no kumukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato.
Nanone kandi Murava yavuze ko umugabo we amuhoza ku bitutsi aho amwita amazina amutesha agaciro, nk’indaya n’ikigoryi ndetse akamubwira amagambo amusesereza, nko kumubwira ko ntacyo amaze, ndetse ko yaje iwe ntacyo akuye iwabo.
Mu rubanza, Bishop Gafaranga waburanye yunganiwe mu mategeko na Me. Nyirabanguka Marceline, yahakanaye ibyaha ashinjwa, icyakora yemera ko batumvikanye ku bibazo by’amadeni afite ndetse no kugurisha inzu.
Gafaranga yavuze ko yashatse kugurisha inzu yabo, ariko umugore we Annette Murava akabitera utwatsi, bigatuma hari ibyo batumva kimwe.
Bishop Gafaranga uregwa ibyaha bibiri, icyo guhoza ku nkeke uwo bashyingiranywe n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa, yamaze gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, hakaba hategerejwe ko yazaburana mu mizi mu gihe Ubushinjacyaha bwaba bwararegeye cyangwa buzaregera dosiye ye Urukiko rufibitiye ububasha.
RADIOTV10