Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru yamenyekanye y’ibivugwa muri Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’

radiotv10by radiotv10
11/06/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga ukurikiranyweho ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina akekwaho gukorera umugore we Annette Murava, hamenyakanye amakuru y’ibikubiye muri dosiye ye, nko kuba yarigeze gutaha akamukubita ivi mu nda akanamuniga kugeza aho ataye ubwenge.

Bishop Gafaranga wafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata, aregwa ihohotera rishingiye ku gitsina akekwaho gukorera umugore we Annette Murava usanzwe ari umuririmbyi w’indirimbo zihimbaza Imana, ari na we watanze ikirego.

Gusa mu kiganiro aherutse gukora, uyu Annette Murava yatunguye benshi, aho yavuze ko ntakibazo na gito afitanye n’umugabo we, ndetse ko igihe kizagera bakavuga ukuri kose bicaranye.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Ukwelitimes, agaragaza ibikubiye muri dosiye y’ikirego kiregwamo Bishop Gafaranga, ndetse n’ibikorwa bigize ibyaha ashinjwa gukorera umugore we Annette Murava.

Iyo dosiye hari aho igaragaza ko mu ijoro ryo ku ya 29 Mata 2025, Gafaranga yari ageze mu rugo, akadukira umugore we akamukubita ivi mu nda, akanamuniga kugeza ubwo yataga ubwenge.

Muri iryo joro, aho Murava yagaruriye ubwenge, yiyambaje abanyerondo, bamugira inama yo kujya kwa muganga no gutanga ikirego mu nzego z’ubugenzacyaha.

Muri iryo joro saa yine na mirongo ine n’itanu (22:45’) Annette Murava yerecyeje ku Bitaro bya Nyamata aganira na muganga w’indwara zo mu mutwe, amutekerereza ibye byose by’ihohoterwa yari amaze igihe akorerwa kuva yashakana na Bishop Gafaranga.

Nyuma y’ikiganiro muganga yagiranye na Annette Murava, iyi nzobere yagaragaje ko “Annette Murava ni umugore w’imyaka 30 ufite mu maso hagaragara agahinda!….agaragaza ubwoba bwinshi bwo kugumana n’umugabo we kuko atinya ko azamwica.

Murava avuga ko kuva abanye n’umugabo we nta mahoro yigeze agira kuko buri gihe ahohoterwa n’umugabo akamukubita hafi kumwica, akora imibonano mpuzabitsina amaze gukubitwa, iyo ari kukubwira ibimubaho aganzwa n’agahinda akarira ukabona agiye kure mu ntekerezo.”

 

Ibimenyetso by’Ubushinjacyaha n’imyiregurire ya Gafaranga

Mu rubanza ku ifungwa ry’agateganyo, Ubushinjacyaha bwagejeje imbere y’Urukiko Gafaranga bumusabira gufungwa by’agateganyo, bwasobanuye byinshi ku kirego cyabwo cyatanzwe n’umugore we Annette Murava.

Ubushinjacyaha bwavuze ko Murava yagaragaje ko umugabo we amuhohotera bikomeye, kuko amukorera ibikorwa bimubuza umudendezo mu rugo rwabo birimo kumukubita no kumukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato.

Nanone kandi Murava yavuze ko umugabo we amuhoza ku bitutsi aho amwita amazina amutesha agaciro, nk’indaya n’ikigoryi ndetse akamubwira amagambo amusesereza, nko kumubwira ko ntacyo amaze, ndetse ko yaje iwe ntacyo akuye iwabo.

Mu rubanza, Bishop Gafaranga waburanye yunganiwe mu mategeko na Me. Nyirabanguka Marceline, yahakanaye ibyaha ashinjwa, icyakora yemera ko batumvikanye ku bibazo by’amadeni afite ndetse no kugurisha inzu.

Gafaranga yavuze ko yashatse kugurisha inzu yabo, ariko umugore we Annette Murava akabitera utwatsi, bigatuma hari ibyo batumva kimwe.

Bishop Gafaranga uregwa ibyaha bibiri, icyo guhoza ku nkeke uwo bashyingiranywe n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa, yamaze gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, hakaba hategerejwe ko yazaburana mu mizi mu gihe Ubushinjacyaha bwaba bwararegeye cyangwa buzaregera dosiye ye Urukiko rufibitiye ububasha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 7 =

Previous Post

MTN Rwanda Powers the Nation’s Digital Future with the Launch of New 5G Sites, Paving the Way for a Smarter, More Connected Rwanda

Next Post

Ari gushakishwa nyuma yo kuruma umugore we akananwa akagaca akoresheje ibitamenyerewe ku bagabo

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ari gushakishwa nyuma yo kuruma umugore we akananwa akagaca akoresheje ibitamenyerewe ku bagabo

Ari gushakishwa nyuma yo kuruma umugore we akananwa akagaca akoresheje ibitamenyerewe ku bagabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.