Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amapoto yaje bizeye ko akurikirwa n’amashanyarazi none birirwa bayabona yaratangiye gusazira hasi aho arambaraye

radiotv10by radiotv10
22/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amapoto yaje bizeye ko akurikirwa n’amashanyarazi none birirwa bayabona yaratangiye gusazira hasi aho arambaraye
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Murenge wa Mata mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko bamaze igihe basabwa guhabwa umuriro w’amashanyarazi, ndetse amapoto akaba yari yazanywe bizeye ko bagiye kugezwaho iki gikorwa remezo, none imyaka ibiri irihiritse aryamye hasi.

Uretse ayo mapoto kandi, ngo n’imyobo yagombaga gushingwamo yari yaracacukuwe, ariko bategereza ko ashingwa amaso ahera mu kirere.

Niyoyite Gilbert ati “Bari bamaze iminsi batwemerera umuriro baraza bacukura imyobo yo gushyiramo amapoto na yo barayazana bagenda bayashira hirya no hino ku mihanda ndetse no mu mirima aho bateganyaga kunyuza umuriro w’amashanyarazi ariko kuri ubu imyaka igiye kuba ibiri  imyobo yarasibamye ndetse n’amapoto yatangiye gusaza.”

Uwimana Cansilida na we ati “Amapoto anyanyagiye hirya no hino ku misozi, ahubwo dufite impungenge ko bazanayiba bakayatubaza kuko ahamaze imyaka ibiri, n’umuriro ntitwawubonye, nubundi turacyari mu kizima kandi duturiye uruganda rw’icyayi rwo rufite umuriro.”

Aba baturage bavuga ko bakora urugendo runini bajya gushaka umuriro mu matelefone yabo ndetse no mu gihe bakeneye gukora ibikenera umuriro w’amashanyarazi.

Kayiranga Vedaste ati “Ubu kugira ngo tubone umuriro bidusaba kujya i Kibeho gushaka umuriro wa telefone cyangwa kwiyogoshesha. Turacyacana udutadowa kugira ngo tubone urumuri kandi amapoto aryamye hasi yakabaye ashingwa tukabona umuriro.”

Gasigwa Landfried, Umuyobozi wa Sosiyete y’Igihugu y’Ingufu REG ishami rya Nyaruguru avuga ko iby’abaturage bavuga ko amapoto amaze imyaka ibiri atari byo, uyu mwaka uzarangira bafite umuriro.

Ati “Iby’amapoto amaze imyaka ibiri si byo kuko amapoto yahashyizwe  muri uyu mwaka turimo kandi agiye gukoreshwa mu gutanga umuriro mu Kagari ka Gorwe, kuberako mu Karere ka Nyaruguru hari project ihari yo gukwirakwiza amashanyarazi aho atageze hose, aha ngaha na ho hazubakwa umuyoboro y’amashanyarazi ndetse bahabwe na cash powers. Byose biteganyijwe muri uyu mwaka nta gihindutse.”

Amapoto amaze igihe arambaye hasi

Bavuga ko birirwa bayabona nk’umutako

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Ibitazibagirana ku munsi wa mbere wa Shampiyona y’Isi y’Amagare i Kigali bwa mbere muri Afurika

Next Post

Ngororero: Bavuze impamvu y’ibikorwa bibabangamira bigaragara ahantu hatinywa na benshi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Bavuze impamvu y’ibikorwa bibabangamira bigaragara ahantu hatinywa na benshi

Ngororero: Bavuze impamvu y’ibikorwa bibabangamira bigaragara ahantu hatinywa na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.