Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amashirakinyoma kuri Video yatumye umugabo ahabwa urw’amenyo kubera iby’imperuka n’ibyo benshi batamenye

radiotv10by radiotv10
28/09/2025
in MU RWANDA
0
Amashirakinyoma kuri Video yatumye umugabo ahabwa urw’amenyo kubera iby’imperuka n’ibyo benshi batamenye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo witwa Patrick Kamanzi yaburiye abantu ko hari igihuha cyakwirakwijwe ku isi cy’abayobya abantu ko Yesu agiye kugaruka bakanavuga itariki bizaberaho, ariko abantu bakatamo agace ka gato k’amashusho y’uwo muburo, kazenguruka henshi bituma bamwita umuyobe.

Amashusho yakwirakwiye, yumvikanamo uyu mugabo avuga ko isi izarangira tariki 23 Nzeri uyu mwaka, ariko ikitarabashije kumenyekana, ni itangiriro ry’aya mashusho.

Ni videwo yazengurutse ku mbugankoranyambaga, Tiktok, Instagram, X na facebook yavugishije benshi, abakuru n’abato bavuga ko uwabitangaje akwiye gusaba imbabazi.

Muri aka gace k’amashusho, uyu mugabo yumvikana agira ati “Ni uko amakuru aragiye mu buryo buteye ubwoba, iburengerazuba, iburasirazuba, ikusi n’ikasikazi mu mpande enye z’isi, byahereye South Afrika nkuko twabibabwiye tunabereka uwabitangiye Evangeliste Joshua dushyiraho nibyo yavuze ntabwo tubigarura birarenga, bijya no mubazungu bijya no mu bandi bose, bimaze kwamamara kandi siwe wenyine hari benshi bemeza neza ko kuva ku tariki 23 na 24 hazaba ikintu gikomeye ku isi, ubwo Yesu azaza gutwara itorero.”

Ako gace ka videwo bakase gakomeza avuga ko hari abo yakurikiye bemeje ko bagombaga kwinjira mu buzima bwo kwiyeza mbere y’iyo tariki guhera sasita z’ijoro za 23 Nzeri ngo bari bari mu masengesho yo kwiriza no gusenga biyeza basaba Imana batura ibyaha byabo.

Yanavuze ko hagombaga kuba harimo film ya Yesu kugera izamuka ry‘itorero ribaye ngo television bari kuyisiga irimo kwaka yonyine, akongerago ngo “Ni uko babyizera…”

Abantu bahise bakeka ko ari we wazanye icyo gihuha ariko bashutswe n’agace k’amashusho bakase muri byinshi yavuze.

 

Byaturutse he?

Ubundi uyu mugabo yitwa Patrick Kamanzi ukorera kuri murandasi ku rubuga rwa Youtube ku izina rya 12 Ouvriers yacishijeho ikiganiro gifite umutwe ugira uti “Ni iki kizaba koko ku itariki ya 23/09/2025 ku isi yose MWITONDE MUTAGWA MU MOSHYA.”

Ni igihuha yari yabonye kibeshya abantu itariki Yesu ngo yari kugarukaho cyari cyakwiriye isi yose cyaturutse mu babwirizabutumwa bo muri Afrika y’Epfo barimo uwitwa Evangeliste Joshua.

Muri iyi nkuru yakoze, yavugaga ko hari igihuha kiri kubeshya abantu ko Yesu agiye kuza gutwara abe ati “Benedata igihuha kiranyaruka igisigaye ni uko wabivuga mu bitangazamakuru bikomeye naho ubundi isi yose iri mu gihuha gikomeye ku itariki 23 kivuga ngo Yesu nibwo azaza.”

Akomeza yibaza ibibazo anabivugaho byinshi ati “Ese azaza gutwara itorero, ese azaza aje kwima ingoma ye? bo baravuga ko azaza gutwara itorero, ngo abantu amamiliyoni bazamuke basanganire Yesu mu kirere.”

Uyu mugabo yemeza ko isaha iyo ari yo yose Yesu yaza gutwara itorero rye ariko kandi akanavugako atari muri ba bandi bavuze igihe n’amatariki.

Ati “Ni abapasitoro bakomeye narababeretse mu biganiro byabanje, bagiye bavuga ko Yesu azagaruka mu kwezi kwa cyenda uyu mwaka cyangwa utaha, ariko ibyo simbyemera na bibiliya ubwayo ntabwo ibyemera.”

Yakomeje ararikira abantu kuva ku bihuha. Ati “Bavandimwe nshuti za Yesu va ku bihuha, va mu byo urimo kumva, tesha agaciro ibyo bintu, ha agaciro ijambo ry’ukuri ari yo bibiliya Kristo yadusigiye.”

Amashusho yakwirakwiye igaca ibintu ku mbuga nkoranyambaga, ni agace gato bakasemo kagaragaza asa nk’aho yemeza igihuha kandi we yaraburiraga abantu kuko yakomeje asobanura aho byavuye anavuga ko ikizakurikiraho nibitaba ari ishyano kuko umugambi ngo wa satani ari ukugusha abakristo baba bizeye icyo gihuha.

Avuga ko abo batanze ariya matangazo yo kubeshya abantu ko Yesu agiye kuza, ari umugambi bafite uwo kuyobya abantu.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + thirteen =

Previous Post

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

Next Post

Amateka yiyandikiye i Rwanda: Mu maso y’Isi yose rurangiranwa Pogačar yegukanye Shampiyona y’Amagare yakurikiwe bidasanzwe

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amateka yiyandikiye i Rwanda: Mu maso y’Isi yose rurangiranwa Pogačar yegukanye Shampiyona y’Amagare yakurikiwe bidasanzwe

Amateka yiyandikiye i Rwanda: Mu maso y’Isi yose rurangiranwa Pogačar yegukanye Shampiyona y’Amagare yakurikiwe bidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.