Sunday, July 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amashusho ateye agahinda y’umusirikare wa FARDC yafashwe mu mashati n’abaturage bamuziza ko ari Umututsi

radiotv10by radiotv10
21/12/2022
in AMAHANGA, UMUTEKANO
6
Amashusho ateye agahinda y’umusirikare wa FARDC yafashwe mu mashati n’abaturage bamuziza ko ari Umututsi
Share on FacebookShare on Twitter

Hagaragaye amashusho y’umusirikare wa FARDC ari gukorerwa ihohoterwa n’abaturage bafatanyije n’umusirikare mugenzi we, bamuziza ko ari uwo mu bwoko bw’Abatutsi, bamwita ngo ‘Umunyarwanda’.

Aya mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Ukuboza 2022, yatanzweho igitekerezo na Perezida w’Umutwe wa M23, Betrand Bisimwa.

Mu butumwa buherekeje aya mashusho, Bertrand Bisimwa yagize ati“Ibikorwa nk’ibi by’ihohotera, by’ urwango n’ivangura bigomba gushyirwaho akadomo.”

Uwitwa Adele Kibasumba na we wagize icyo avuga kuri aya mashusho, na we yamaganye ibikorwa nk’ibi bikorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Yavuze ko aya mashusho agaragaza ko Jenoside muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ikomeje gukorwa amahanga arebera.

Yagize ati “Abasirikare ba Congo bakomoka mu Batutsi na bo barageramiwe. Uyu musirikare ni Umunyamulenge w’i Minembwe, afite ishema ryo gukorera Igihugu cye ariko ari gukorerwa iyicarubozo kubera isura ye.”

Le génocide en cours contre les tutsis en RDC, les membres de l'armée congolaise d' origine tutsi ne sont pas épargnés. Cet officier est Munyamulenge de Minembwe, il sert fièrement son pays mais il peut facilement être repéré et lynché à cause de son faciès. Kaminzobe? pic.twitter.com/jrGxzzATLn

— Adele Kibasumba (@AKibasumba) December 21, 2022

Muri aya mashusho, humvikanamo abaturage baba bafashe mu mashati uyu musirikare, bamwita Umunyarwanda, bavuga ngo Abanyarwanda bagomba kubavira mu Gihugu.

Aba baturage ndetse n’undi musirikare wa FARDC baba bafashe uyu musirikare, bamukurubana nk’abatwara umujura ndetse banamwambura igikapu aba ahetse mu mugongo.

Umutwe wa M23 uherutse gutangaza ko witeguye guhagarika imirwano no kuva mu bice wafashe, wanatangaje ko utazarebera mu gihe hazakomeza ibikorwa nk’ibi byo guhohotera bamwe mu Banyekongo bazizwa uko baremwe.

RADIOTV10

Comments 6

  1. Higiro says:
    3 years ago

    N’iki kibabaza kubona inkende isimbuka igafata mu ijosi ! Napfa kigabo. Kuki atarasamo nka 20 agapfana nabo Koko ?

    Reply
  2. damour lion says:
    3 years ago

    ibi bintu ntababeshye bimaze kundambira ndetse bindya nahantu kandi umuntu agusuriye ntumwishyure akwita ikiburannyo ubundi congo ishaka iki tukibahe baduhe amahoro kandi burya nuwavuze ko ushaka amahoro ategura intambara yarebye kure nihitiraga

    Reply
  3. Joseph says:
    3 years ago

    Ibibibazo byakongo noguhohotera abavugururimi rw kinyarwanda amahanga arebera nkuko byabayeho kurireta yahabyarimana abatutsi bagatotezwa bakicwa barimugihugucyabo hakabura igihugu nakimwe gihagarika ubwobwicanyi ninako birikuba kandi ndababwizukuri nitudahaguruka ngo twamaganirekure ayamabi akorerwa inzirakarengane genocide irikubera congo amahangarebera umuryango wunzubumwe urebera ibi amahanga abifitemwinyungu kiseked wubwe nibafitumutima wabantu nahagarikayamahano wewenyine abazungubo ntakizabifuriza igihugucye niyemere inzira yamahoro yibiganiro

    Reply
  4. Fayol Byiringiro says:
    3 years ago

    Mujye mureka guhembera amacakubiri nitekenika umusikare umuturage yamufata mwijosi bihereyehe?byabereyehe?ahubwo muzatuma ubwoko bwose bunabikora,nkuko munabishaka.muricongo turatembera amanywa nijoro tuvuga ikinyarwanda hno igoma ntawaguciraho,.bertrat narwane iyamasasu iy’amagambo ayireke.

    Reply
    • HITAYEZU Anselme says:
      3 years ago

      Byiringiro iyo video ya Twitter yidusesengurire Wenda wasanga twibeshye. Ushobora kuba uri umugome wambaye umugoma Bari kwica umuntu nawe uti nibamwice si mwene wacu.

      Reply
  5. Mujyambere alain says:
    3 years ago

    Byiringiro uyobeweko interahamwe arimwe mufite ijyambo n’amahoro kuturusha twe banyagihugu babatutsi,uwo n’umuntu tuzi byamubayeho turana babaye!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + ten =

Previous Post

Uwitabiriye Miss Rwanda yahawe imodoka y’akataraboneka n’umusore wamwihebeye

Next Post

Ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we bari basangiye yavuze ikintu gitangaje cyabimuteye

Related Posts

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

by radiotv10
19/07/2025
0

I Doha muri Qatar ahakomeje kubera ibiganiro by’imishyikirano hagati y’Ihuriro AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hateganyijwe gutangazwa...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

by radiotv10
19/07/2025
0

As peace talks between the AFC/M23 coalition and the government of the Democratic Republic of Congo continue, an official announcement...

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

by radiotv10
18/07/2025
0

Ambasaderi wa Uganda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Alhajji Farid M. Kaliisa, yatumijweho na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo,...

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

by radiotv10
18/07/2025
0

The DRC Ministry of Foreign Affairs reaffirmed on Thursday that Minister Thérèse Kayikwamba Wagner had summoned the Ugandan Ambassador to...

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

by radiotv10
18/07/2025
0

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aratabariza impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi zimuriwe mu...

IZIHERUKA

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro
AMAHANGA

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

by radiotv10
19/07/2025
0

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

19/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

19/07/2025
The Myth of “Hard work pays”

The Myth of “Hard work pays”

19/07/2025
Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

18/07/2025
Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

18/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we bari basangiye yavuze ikintu gitangaje cyabimuteye

Ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we bari basangiye yavuze ikintu gitangaje cyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.