Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Amavubi na n’ubu atarumva ibyabaye yerekeje muri Nigeria afite icyo asezeranya Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
15/11/2024
in Uncategorized
0
Amavubi na n’ubu atarumva ibyabaye yerekeje muri Nigeria afite icyo asezeranya Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, nyuma y’amasaha macye itsindiwe na Libya i Kigali muri Sitade Amahoro yari yuzuye abari baje kuyishyigikira, yerekeje muri Nigeria, igenda yizeza Abanyarwanda kwikubita agashyi.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kane tariki 14 Ugushyingo 2024, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda itsinzwe igitego 1-0 kuri Sitade Amahoro mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.

Ikipe y’u Rwanda iri mu itsinda D, isigaje umukino umwe uzayihuza na Nigeria uzabera hanze ku wa Mbere tariki 18 Ugushyingo 2024.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Ugushyingo 2024, ikipe y’u Rwanda yabyutse yerekeza muri Nigeria kwitegura uyu mukino uzasiga bimenyekanye niba u Rwanda rushoboye kwerecyeza mu gikombe cya Afurika cyangwa n’ubundi bikomeje kwanga.

Mu butumwa buherekeje amafoto agaragaza abakinnyi n’abayobozi b’iyi kipe bajya gufata rutemikirere, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) ryagize riti “Urugendo rurakomeje. Reka twikosore muri Nigeria.”

Nyuma yuko u Rwanda rutsinzwe uyu mukino wa Libya, amahirwe yo kuzerekeza muri iki Gikombe yahise ayoyoka, ku buryo asigaye abarirwa ku ntoki.

U Rwanda ubu ruri ku mwanya wa gatatu n’amanota atanu (5) muri iri tsinda riyobowe na Nigeria ifite amanota 11 yo yamaze kubona itike, igakurikirwa na Benin ifite amanota arindwi (7) nyuma yo kunganya na Nigeria mu mukino na wo wabaye kuri uyu wa Kane, aho Libya yaraye itsinze u Rwanda yo iri ku mwanya wa kane n’amanota ane (4).

Kugira ngo amahirwe y’u Rwanda agaruke, birasaba gutsinda Nigeria, ndetse bigaterwa n’uko umukino uzahuza Libya na Benin uzarangira, mu gihe Libya yatsinda Benin.

Myugariro Mutsinzi Ange yagiye yumva ababaye
Muhire Kevin
Samuel Guillette na we yagiye ababaye
Na Rubanguka Steve
Abatoza na bo bagiye bafite akangononwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + thirteen =

Previous Post

RDF yagize icyo yizeza imiryango y’abishwe n’umusirikare abarasiye mu kabari

Next Post

Abasabira ubutabera Umunyarwanda wishwe na Polisi ya Canada bakomeje kwiyongera

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasabira ubutabera Umunyarwanda wishwe na Polisi ya Canada bakomeje kwiyongera

Abasabira ubutabera Umunyarwanda wishwe na Polisi ya Canada bakomeje kwiyongera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.