Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amavubi y’abaterengeje imyaka 23 yasezerewe na Mali (Amafoto)

radiotv10by radiotv10
30/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Amavubi y’abaterengeje imyaka 23 yasezerewe na Mali  (Amafoto)
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’ u Rwanda mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 23 yasezerewe mu majonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Africa cya 2023, nyuma yo gutsindwa na Mali igitego 1-0.
Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu, i Bamako muri Mali wari uwo kwishyura hagati y’ikipe y’ u Rwanda n’iya Mali, aho bashakaga itike y’ijonjora rya nyuma mu gushaka itike y’igikombe cy’Africa cya 2023.

Umukino ubanza aya makipe yombi yari yanganyije na 1-1, mu mukino wabereye i Huye, mu gihe mu mukino wo kwishyura, ikipe ya Mali yatsinze Amavubi igitego kimwe ku busa (1-0), mu mukino waranzwe no kurinda amazamu cyane ku mpande zombi, byatumaga abasatirizi batoroherwa no kubona uburyo bwo gutera amashoti akomeye ku banyezamu.

Igitego rukumbi cyabonetse muri uyu mukino, cyinjijwe na Kalifa Traore ku munota wa 41, nyuma y’uburangare bw’abugarizi b’Amavubi batabashije kuzibira Nankoma Keita wabanyuzeho mu buryo bworoshye agatanga umupira wavuyemo igitego.
Umukino wasojwe abakinnyi b’ Amavubi batumva neza uko batsinzwe, aho bashinjaga abasifuzi kubogamira kuri Mali, byatumye bateza amahane nyuma y’ifirimbi isoza umukino, ariko abashinzwe umutekano bahita bahagoboka.

Amavubi yahise asezererwa anatakaza uburyo bwose bwo gukina imikino ya AFCON U23 izabera muri Marooc, mu gihe ikipe ya Mali yo yakomeje, igiye gutegereza iyo bazahura hagati ya Senegal na Burkina Faso bahanganye.

Abakinnyi 11 babanjemo ku mpande zombi:

Mali: Lassine Diarra (GK), Yoro Diaby, Aliou Doumbioa, Lassine Soumaoro, Fady Coulibary, Ousmane Coulibary, Kalifa Traore, Thiemoko Diarra, Mamadou Sangare, Nankoma Keita na Ahmed Diomande.

Rwanda: Hakizimana Adolphe, Samuel, Ishimwe Jean Rene, Nshimiyimana Younous, Niyigena Clement, Rutonesha Hesborn, Ishimwe Anicet, Hakim, Rudasingwa Prince, Desire na Nyarugabo Moise

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 7 =

Previous Post

RDF muri Centrafrique yakoze igikorwa nk’icyo isanzwe ikorera Abanyarwanda

Next Post

Hamenyekanye impamvu Congo yahaye amasaha 48 Ambasaderi w’u Rwanda ngo abe avuye ku butaka bwayo

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

IZIHERUKA

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks
AMAHANGA

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

by radiotv10
29/12/2025
0

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

28/12/2025
Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye impamvu Congo yahaye amasaha 48 Ambasaderi w’u Rwanda ngo abe avuye ku butaka bwayo

Hamenyekanye impamvu Congo yahaye amasaha 48 Ambasaderi w’u Rwanda ngo abe avuye ku butaka bwayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.