Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amavubi y’abaterengeje imyaka 23 yasezerewe na Mali (Amafoto)

radiotv10by radiotv10
30/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Amavubi y’abaterengeje imyaka 23 yasezerewe na Mali  (Amafoto)
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’ u Rwanda mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 23 yasezerewe mu majonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Africa cya 2023, nyuma yo gutsindwa na Mali igitego 1-0.
Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu, i Bamako muri Mali wari uwo kwishyura hagati y’ikipe y’ u Rwanda n’iya Mali, aho bashakaga itike y’ijonjora rya nyuma mu gushaka itike y’igikombe cy’Africa cya 2023.

Umukino ubanza aya makipe yombi yari yanganyije na 1-1, mu mukino wabereye i Huye, mu gihe mu mukino wo kwishyura, ikipe ya Mali yatsinze Amavubi igitego kimwe ku busa (1-0), mu mukino waranzwe no kurinda amazamu cyane ku mpande zombi, byatumaga abasatirizi batoroherwa no kubona uburyo bwo gutera amashoti akomeye ku banyezamu.

Igitego rukumbi cyabonetse muri uyu mukino, cyinjijwe na Kalifa Traore ku munota wa 41, nyuma y’uburangare bw’abugarizi b’Amavubi batabashije kuzibira Nankoma Keita wabanyuzeho mu buryo bworoshye agatanga umupira wavuyemo igitego.
Umukino wasojwe abakinnyi b’ Amavubi batumva neza uko batsinzwe, aho bashinjaga abasifuzi kubogamira kuri Mali, byatumye bateza amahane nyuma y’ifirimbi isoza umukino, ariko abashinzwe umutekano bahita bahagoboka.

Amavubi yahise asezererwa anatakaza uburyo bwose bwo gukina imikino ya AFCON U23 izabera muri Marooc, mu gihe ikipe ya Mali yo yakomeje, igiye gutegereza iyo bazahura hagati ya Senegal na Burkina Faso bahanganye.

Abakinnyi 11 babanjemo ku mpande zombi:

Mali: Lassine Diarra (GK), Yoro Diaby, Aliou Doumbioa, Lassine Soumaoro, Fady Coulibary, Ousmane Coulibary, Kalifa Traore, Thiemoko Diarra, Mamadou Sangare, Nankoma Keita na Ahmed Diomande.

Rwanda: Hakizimana Adolphe, Samuel, Ishimwe Jean Rene, Nshimiyimana Younous, Niyigena Clement, Rutonesha Hesborn, Ishimwe Anicet, Hakim, Rudasingwa Prince, Desire na Nyarugabo Moise

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 5 =

Previous Post

RDF muri Centrafrique yakoze igikorwa nk’icyo isanzwe ikorera Abanyarwanda

Next Post

Hamenyekanye impamvu Congo yahaye amasaha 48 Ambasaderi w’u Rwanda ngo abe avuye ku butaka bwayo

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye impamvu Congo yahaye amasaha 48 Ambasaderi w’u Rwanda ngo abe avuye ku butaka bwayo

Hamenyekanye impamvu Congo yahaye amasaha 48 Ambasaderi w’u Rwanda ngo abe avuye ku butaka bwayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.