Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amavubi y’abakinnyi 10 yatsinzwe na Mali i Kigali (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
12/11/2021
in SIPORO
0
Share on FacebookShare on Twitter

Mali yanyagiye u Rwanda 3-0 mu mukino w’umunsi wa 5 w’itsinda E mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022 kizabera muri Qatar, rukomeza kuba urwa nyuma mu itsinda.

Ni umukino wabereye kuri Stade Regional i Nyamirambo. Ni umukino utari ufite icyo uvuze uretse ishema ry’igihugu kuko itike yo bamaze kuyibura.

U Rwanda ntirworohewe n’uyu mukino kuko Mali yayirushije cyane.

Hakiri kare ku munota wa 9, Bizimana Djihad yaje guhabwa ikarita itukura ku ikosa yakoreye Adama Traore inyuma gato y’urubuga rw’amahina, ni nyuma yo kwisanga ari we wenyine basigaranye, batanze kufura itagize icyo itanga.

Ku munota wa 19, Mali yabonye igitego cya mbere gitsinzwe na Moussa Djenepo ku ishoti yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina.

Nyuma y’iminota 2 gusa, Ibrahima Kone yatsindiye Mali igitego cya kabiri ku makosa y’umunyezamu Emery Mvuyekure watanze umupira nabi akawumwihera.

Muri iki gice cya mbere Mali yarushije cyane u Rwanda rutabonye amahirwe menshi uretse ishoti rya Kevin n’umutwe wa Sugira byose umunyezamu yafashe. Igice cya mbere cyarangiye ari 2-0.

Kimwe n’igice cya mbere, mu gice cya kabiri Mali nabwo yarushije u Rwanda ndetse ibona amahirwe ariko ubwugarizi bubyitwaramo neza.

Ku munota wa 65, Mashami Vincent yakoze impinduka havamo Sugira, Rafael York na Savio hinjiramo Nshuti Innocent, Danny Usengimana na Nishimwe Blaise.

Ku munota wa 82, Rutanga yasimbuye Mangwende wagize ikibazo cy’imvune.

Ku munota wa 88, Kalifa Koulibaly yatsindiye Mali igitego cya 3 mu mupira yatereye inyuma cyane y’urubuga rw’amahina ariko Emery Mvuyekure ananirwa kuwukuramo.

Amavubi yakomeje gukina ariko nta mahirwe yabonye. Umukino warangiye ari 3-0.

Undi mukino wo muri iri tsinda, Uganda yanganyije na Kenya 1-1. Mali ifite 13 yanahise izamuka, Uganda ifite 9, Kenya 3 u Rwanda rufite 1.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Urwego rw’ubukerarugendo mu nzira zo gukemura ingaruka za COVID-19.

Next Post

MINEDUC ivuga iki ku gihano cyo kwirukana burundu umunyeshuri kubera imyitwarire idahwitse?

Related Posts

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

IZIHERUKA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi
MU RWANDA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MINEDUC ivuga iki ku gihano cyo kwirukana burundu umunyeshuri kubera imyitwarire idahwitse?

MINEDUC ivuga iki ku gihano cyo kwirukana burundu umunyeshuri kubera imyitwarire idahwitse?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.