Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amayobera ku cyateye inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ikimoteri cy’i Huye ikamara umwanya munini

radiotv10by radiotv10
26/06/2025
in MU RWANDA
0
Amayobera ku cyateye inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ikimoteri cy’i Huye ikamara umwanya munini
Share on FacebookShare on Twitter

Ububiko bwa Kompanyi ikusanya ibishingwe bigarwamo ibindi bikoresho, buherereye mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, bwibasiwe n’inkongi y’umuriro yirije umunsi, ariko icyayiteye kiba urujijo kuko nta n’umuntu wahageze.

Iyi nkongi yadutse mu masaha y’amanywa kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Kamena igeza mu masaha y’ijoro, yibasiye ububiko bwarimo ibikoresho bya pulasitike n’indi myanda ibora byagiye bikusanywa na Kompanyi yitwa Green Care Rwanda Ltd.

Ubu bubiko kandi bwarimo ibikoresho byagiye bitungaywa, nk’ifumbire ndetse n’ibindi bikoresho bikoze muri pulasitike, kimwe n’imashini yifashishwa mu bikorwa byo kwegeranya ibishingwe, na yo yahiriyemo.

Annuarita Umuhoza uyobora ibikorwa by’i Kompanyi mu Kimoteri cya Huye, yatangaje ko iyi nkongi yaje mu masaha abakozi bari bagiye mu kiruhuko cya saa sita, ku buryo batazi intandaro yayo.

Yagize ati “Aho twari turi turimo turuhuka twagiye kubona tubona umwotsi, tugerageje kuzimya na kizimyamoto zisanzwe biranga kuko mu byari byamaze gufatwa harimo amashashi n’amapamba. Byaturushije imbaraga.”

Akomeza avuga kandi ko iki gice cyibasiwe n’inkongi kitari cyagezemo umuntu, ku buryo we hakekwa ko ari we waba nyirabayazana wayo.

Ati “Uyu munsi nta n’umuntu wahakoreye ngo tube twavuga ko inkongi yaturutse kuri umwe muri twebwe. Twarimo dukorera mu mahangari ya ruguru.”

Abakozi b’iyi kompanyi bagerageje kuzimya bakoresheje kizimyamoto zisanzwe, ariko kubera imbaraga iyi nkongi yari ifite, birananirana ari na bwo hiyambazwaga Polisi na yo yazanye kizimyamoto ebyiri.

Nubwo Polisi yakoreshaga imbaraga nyinshi ndetse na kizimyamoto zifite imbaraga, iyi nkongi yagoranye kuyizimya, kuko yirije umugoroba wose kuva ku manywa kugeza mu ijoro umuriro ucyaka.

Yari inkongi ifite imbaraga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 8 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye uwayoboye Banki Nyafurika itsura Amajyambere

Next Post

Umugabo wagiye kureba umugore we wari kumwe n’undi mu gicuku byarangiye ahasize ubuzima

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

IZIHERUKA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Umugabo wagiye kureba umugore we wari kumwe n’undi mu gicuku byarangiye ahasize ubuzima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.