Nyuma y’iminsi ibiri inyeshyamba z’umutwe wa Wazalendo urwana ku ruhande rwa Leta ya DRC zigenzura ibice bine byo muri Teritwari ya Walikare, zabivuyemo ku mpamvu itaramenyekana.
Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, avuga ko inyeshyamba za Wazalendo zarekuye ibi bice byo muri Kibati muri Gurupoma ya Luberike muri Teritwari ya Walikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, bari baherutse gufata.
Ifatwa ry’ibi bice ryari ryabaye tariki 11 Ukwakira 2025, ryari ryakurikiye imirwano ikarishye yari yabaye mu cyumweru gishize, yanatumye abaturage benshi bo muri ibi bice bakwira imishwaro bakava mu byabo.
Amakuru atangwa n’abatuye muri ibi bice ndetse n’abo mu nzego z’umutekano, avuga ko abarwanyi ba Wazalendo “basubiye inyuma ku mpamvu itaramenyekana” nk’uko bitangazwa n’iki kinyamakuru.
Aba barwanyi ba Wazalendo, bavuye muri ibi bice, bakerekeza mu gace ka Miba, kari hafi gato mu burengerazuba bw’aka ka Kibati bavuyemo.
Nyuma yuko inyeshyamba z’uyu mutwe urwanirira ubutegetsi bwa Kinshasa barekuye biriya birindiro byabo, abarwanyi ba AFC/M23 bahise bisubiza ibirindiro byose bari baherutse kwamburwa muri Kibaki, agace gashya gaherutse gufatwa n’iri Huriro rihanganye n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa.
RADIOTV10