Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amayobera ku waburiwe irengero nyuma yo kwegekwa n’agahinda k’umukobwa we nawe wari wabuze

radiotv10by radiotv10
10/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amayobera ku waburiwe irengero nyuma yo kwegekwa n’agahinda k’umukobwa we nawe wari wabuze
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, uri mu gahinda n’urujijo nyuma yuko umubyeyi wabo (Se) aburiwe irengero icyumweru kikaba gishize, aho yari yabanje kugira agahinda k’umwe mu bana be na we wavuye mu rugo batazi aho agiye bakamara igihe baramubuze.

Uyu muryango wa utuye Gahungu Emmanuel utuye mu Kagari ka Pera mu Murenge wa Bugarama, aho uyu mugabo yabuze kuva tariki 01 Mutarama 2025.

Mbere yo kubura k’uyu musaza hari habanje kugenda umwana we w’umukobwa we na we wari wagiye aho batazi, bitera agahinda uyu musaza wibazaga aho azamushakira nk’uko bivugwa n’umwe mu bana bo muri uru rugo.

Ati “Mukuru wanjye twarabyutse turamubura. Papa akavuga ngo Mahoro aragiye na nyina yaransize, ati ‘uyu mukobwa nzajya kumushakira he koko?”

Bavuga ko baheruka guca iryera uyu mubyeyi wabo ku wa Gatatu w’icyumweru gishize ku mugoroba ubwo yari agiye gufata agacupa ariko bakamutegereza bakamubura.

Kubura kwe biri kugira ingaruka ku bana bagera kuri batandatu amaze imyaka 12 arera wenyine kuko umugore yabamutanye, aho abato biga mu mashuri abanza bivugwa ko bagera mu ishuri kwiga bikabananira ahubwo bakarira, mu gihe abakuru birirwa bamushakisha ahantu hose cyane cyane ahafungirwa abantu ngo barebe ko bamubona.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Umurenge wa Bugarama, Uwera Joselyne yabwiye RADIOTV10 ko amakuru bakuye mu Mudugudu avuga ko uyu musaza yaba yaragiye kubera ibibazo bituruka ku gutwara inda no kubura k’umukobwa we.

Agira ati “Icyo dukeka ko cyaba cyaramujyanye ni uko mu bana be harimo uw’umukobwa watewe inda bigatuma agirana amakimbirane na musaza we ariko umusaza kuko yakundaga umukobwa we akajya abihosha. Rero uwo mwana w’umukobwa yaje kugenda baramubura, nyuma rero n’umusaza aza kugenda ariko ubu turacyashakisha, ariko icyizere dufite ni uko wenda akiriho.”

Umwana we w’umukobwa wari wabuze bivugwa ko uyu musaza yagiye kubera we, yaje kuboneka avuga ko yari yagiye i Kamembe gusura inshuti ye.

Ibyangombwa bya Gahungu Emmanuel birimo irangamuntu n’impapuro z’inzira yambukiragaho ajya muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo (CEPGL) ntabyo yajyanye.

Gitifu w’Agateganyo avuga ko bakomeje gushakisha

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − one =

Previous Post

Abishoye mu gushakira ubukire mu bikorwa binyuranyije n’amategeko bibukijwe ko bahagurukiwe

Next Post

Abahanzi b’ibirangirire ku Isi bagize icyo bavuga ku kirego cyo gusambanya umwana muto

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahanzi b’ibirangirire ku Isi bagize icyo bavuga ku kirego cyo gusambanya umwana muto

Abahanzi b’ibirangirire ku Isi bagize icyo bavuga ku kirego cyo gusambanya umwana muto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.