Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amayobera ku waburiwe irengero nyuma yo kwegekwa n’agahinda k’umukobwa we nawe wari wabuze

radiotv10by radiotv10
10/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amayobera ku waburiwe irengero nyuma yo kwegekwa n’agahinda k’umukobwa we nawe wari wabuze
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, uri mu gahinda n’urujijo nyuma yuko umubyeyi wabo (Se) aburiwe irengero icyumweru kikaba gishize, aho yari yabanje kugira agahinda k’umwe mu bana be na we wavuye mu rugo batazi aho agiye bakamara igihe baramubuze.

Uyu muryango wa utuye Gahungu Emmanuel utuye mu Kagari ka Pera mu Murenge wa Bugarama, aho uyu mugabo yabuze kuva tariki 01 Mutarama 2025.

Mbere yo kubura k’uyu musaza hari habanje kugenda umwana we w’umukobwa we na we wari wagiye aho batazi, bitera agahinda uyu musaza wibazaga aho azamushakira nk’uko bivugwa n’umwe mu bana bo muri uru rugo.

Ati “Mukuru wanjye twarabyutse turamubura. Papa akavuga ngo Mahoro aragiye na nyina yaransize, ati ‘uyu mukobwa nzajya kumushakira he koko?”

Bavuga ko baheruka guca iryera uyu mubyeyi wabo ku wa Gatatu w’icyumweru gishize ku mugoroba ubwo yari agiye gufata agacupa ariko bakamutegereza bakamubura.

Kubura kwe biri kugira ingaruka ku bana bagera kuri batandatu amaze imyaka 12 arera wenyine kuko umugore yabamutanye, aho abato biga mu mashuri abanza bivugwa ko bagera mu ishuri kwiga bikabananira ahubwo bakarira, mu gihe abakuru birirwa bamushakisha ahantu hose cyane cyane ahafungirwa abantu ngo barebe ko bamubona.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Umurenge wa Bugarama, Uwera Joselyne yabwiye RADIOTV10 ko amakuru bakuye mu Mudugudu avuga ko uyu musaza yaba yaragiye kubera ibibazo bituruka ku gutwara inda no kubura k’umukobwa we.

Agira ati “Icyo dukeka ko cyaba cyaramujyanye ni uko mu bana be harimo uw’umukobwa watewe inda bigatuma agirana amakimbirane na musaza we ariko umusaza kuko yakundaga umukobwa we akajya abihosha. Rero uwo mwana w’umukobwa yaje kugenda baramubura, nyuma rero n’umusaza aza kugenda ariko ubu turacyashakisha, ariko icyizere dufite ni uko wenda akiriho.”

Umwana we w’umukobwa wari wabuze bivugwa ko uyu musaza yagiye kubera we, yaje kuboneka avuga ko yari yagiye i Kamembe gusura inshuti ye.

Ibyangombwa bya Gahungu Emmanuel birimo irangamuntu n’impapuro z’inzira yambukiragaho ajya muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo (CEPGL) ntabyo yajyanye.

Gitifu w’Agateganyo avuga ko bakomeje gushakisha

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 13 =

Previous Post

Abishoye mu gushakira ubukire mu bikorwa binyuranyije n’amategeko bibukijwe ko bahagurukiwe

Next Post

Abahanzi b’ibirangirire ku Isi bagize icyo bavuga ku kirego cyo gusambanya umwana muto

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahanzi b’ibirangirire ku Isi bagize icyo bavuga ku kirego cyo gusambanya umwana muto

Abahanzi b’ibirangirire ku Isi bagize icyo bavuga ku kirego cyo gusambanya umwana muto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.