Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

radiotv10by radiotv10
16/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha
Share on FacebookShare on Twitter

Massad Boulos, Umujyanama Mukuru wa Perezida Trump ku bijyanye na Afurika, yatangaje ko yavuganye na Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi, kandi bombi bishimiye intambwe iri guterwa mu nzira ziganisha ku masezerano y’amahoro ateganyijwe gusinywa.

Yavuze kandi ko Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America itegereje kwakira ibitekerezo bya nyuma by’impande zombi bizavamo amasezerano y’amahoro yitezwe gusinywa hagati y’u Rwanda na DRC.

Massad Boulos yabitangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, mu kiganiro bagiranye i Washington kuri uyu wa kane tariki 15 Gicurasi 2025.

Yavuze ko hakiri ibigomba kunozwa ndetse n’ibigomba kongerwa mu mbanzirizamushinga z’aya masezerano, ariko ko yizeye ko bizaba byakozwe mu byumweru bicye biri imbere.

Boulos yavuze ko kuri uyu wa Kane yavuganye na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo bagire ibyo banoza, kandi ko bombi bishimiye intambwe iri guterwa.

Yagize ati “Ni ibintu byo kwishimira ku byatangajwe na bombi. Bombi barifuza gukorana natwe ndetse na Qatar ndetse na Afurika Yunze Ubumwe mu rwego rwo kugera ku muti uzazana amahoro arambye.”

Mu ntangiro z’uku kwezi, Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, zombi zatanze imbanzirizamushinga z’ibyo zifuza ko bigomba kuza mu masezerano y’amahoro ateganyijwe kuzashyirwaho umukono n’Abakuru b’Ibihugu byombi muri ubu buhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Massad Boulos yavuze ko kandi Ibihugu byombi byanakomeje gukora ku minshinga igomba kuzavamo aya masezerano. Ati “Dutegereje ibitekerezo bya nyuma by’impande zombi.”

Yakomeje agira ati “Igihe tuzaba turangije ibiganiro bya nyuma nk’uko byakozwe mbere, Umunyamabanga Rubio yiteguye kubakira bombi [Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na DRC]. Rero twizeye ko ibi bizarangira vuba mu byumweru bicye biri imbere.”

Boulos yavuze ko nta gihe runaka yavuga ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’Ibihugu byombi (u Rwanda na DRC) bazagira i Washington.

Mu ntangiro z’uku kwezi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC zatanze imbanzirizamushinga z’amasezerano agomba kuzashyirwaho umukono n’Abakuru b’Ibihugu byombi.

Yavuze kandi ko we na mugenzi we wa Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner; bazongera guhurira muri Leta Zunze Ubumwe za America mu cyumweru cya gatatu cy’uku kwezi kwa Gicurasi, kugira ngo banonosore iby’ariya masezerano, ubundi azashyirweho umukono na Perezida Kagame na Tshisekedi mu muhango biteganyijwe ko uzabera mu biro by’Umukuru w’Igihugu cya US-White House, uzayoborwa na Perezida Donald Trump.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 11 =

Previous Post

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Next Post

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.