Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

radiotv10by radiotv10
16/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha
Share on FacebookShare on Twitter

Massad Boulos, Umujyanama Mukuru wa Perezida Trump ku bijyanye na Afurika, yatangaje ko yavuganye na Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi, kandi bombi bishimiye intambwe iri guterwa mu nzira ziganisha ku masezerano y’amahoro ateganyijwe gusinywa.

Yavuze kandi ko Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America itegereje kwakira ibitekerezo bya nyuma by’impande zombi bizavamo amasezerano y’amahoro yitezwe gusinywa hagati y’u Rwanda na DRC.

Massad Boulos yabitangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, mu kiganiro bagiranye i Washington kuri uyu wa kane tariki 15 Gicurasi 2025.

Yavuze ko hakiri ibigomba kunozwa ndetse n’ibigomba kongerwa mu mbanzirizamushinga z’aya masezerano, ariko ko yizeye ko bizaba byakozwe mu byumweru bicye biri imbere.

Boulos yavuze ko kuri uyu wa Kane yavuganye na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo bagire ibyo banoza, kandi ko bombi bishimiye intambwe iri guterwa.

Yagize ati “Ni ibintu byo kwishimira ku byatangajwe na bombi. Bombi barifuza gukorana natwe ndetse na Qatar ndetse na Afurika Yunze Ubumwe mu rwego rwo kugera ku muti uzazana amahoro arambye.”

Mu ntangiro z’uku kwezi, Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, zombi zatanze imbanzirizamushinga z’ibyo zifuza ko bigomba kuza mu masezerano y’amahoro ateganyijwe kuzashyirwaho umukono n’Abakuru b’Ibihugu byombi muri ubu buhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Massad Boulos yavuze ko kandi Ibihugu byombi byanakomeje gukora ku minshinga igomba kuzavamo aya masezerano. Ati “Dutegereje ibitekerezo bya nyuma by’impande zombi.”

Yakomeje agira ati “Igihe tuzaba turangije ibiganiro bya nyuma nk’uko byakozwe mbere, Umunyamabanga Rubio yiteguye kubakira bombi [Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na DRC]. Rero twizeye ko ibi bizarangira vuba mu byumweru bicye biri imbere.”

Boulos yavuze ko nta gihe runaka yavuga ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’Ibihugu byombi (u Rwanda na DRC) bazagira i Washington.

Mu ntangiro z’uku kwezi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC zatanze imbanzirizamushinga z’amasezerano agomba kuzashyirwaho umukono n’Abakuru b’Ibihugu byombi.

Yavuze kandi ko we na mugenzi we wa Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner; bazongera guhurira muri Leta Zunze Ubumwe za America mu cyumweru cya gatatu cy’uku kwezi kwa Gicurasi, kugira ngo banonosore iby’ariya masezerano, ubundi azashyirweho umukono na Perezida Kagame na Tshisekedi mu muhango biteganyijwe ko uzabera mu biro by’Umukuru w’Igihugu cya US-White House, uzayoborwa na Perezida Donald Trump.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Next Post

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
0

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Turere dutatu two mu Ntara y’Amajyepfo bahereweho mu gukosoza imyirondoro yabo kugira ngo bizabafashe kuzahabwa...

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

IZIHERUKA

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu
IBYAMAMARE

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

04/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

04/11/2025
Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.