Wednesday, August 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

radiotv10by radiotv10
14/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko hari ibihano biteganyijwe mu gihe amasezerano y’amahoro yasinywe hagati y’u Rwanda na DRC atakubahirizwa.

Ambasaderi Lucy Tamlyn yabitangarije Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa RIF kuri uyu wa Mbere, nyuma y’ibyumweru bibiri Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC zishyize umukono ku masezerano y’amahoro i Washington DC, zibifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe za America.

Uyu mudipolomate wa Leta Zunze Ubumwe za America, avuga ko mu gihe impande zitashyira mu bikorwa ibyo zemeye muri ariya masezerano, hateganyijwe “ingamba z’ibihano.”

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakunze kurenga ku byo yabaga yemeye mu masezerano yagiye asinywa n’ubundi hagati yayo n’iy’u Rwanda.

Ambasaderi Lucy Tamlyn yatangaje ko Igihugu cye cya USA cyifuza ko amakimbirane amaze imyaka 30 mu burasirazuba bwa DRC arangira burundu, kandi ko cyiteguye gukora ibishoboka byose

Ati “Ni yo mpamvu Leta Zunze Ubumwe za America ishimangira ko aya masezerano y’amahoro ashyirirwaho ingengabihe ndetse akanashyirirwaho gahunda y’uburyo azashyirwa mu bikorwa. Gahunda yo kuyashyira mu bikorwa irateguye kandi yaratangiye, harimo gushyiraho urwego rwa gisirikare ruhuriweho, ruri guhuza ibikorwa byo kurandura FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Ikindi kandi ndifuza kubabwira ko aya masezerano asobanutse. Twaranabivuze ku mugaragaro ko hazabaho ingaruka mu gihe hatabayeho kuyubahiriza: hari ingamba z’ibihano, urugero nk’ibihano mu bukungu bizafatwa ndetse n’ibyo mu rwego rwa dipolomasi.”

Amb. Lucy Tamlyn yagarutse kuri kimwe mu bikorwa biri mu rwego rw’ubukungu, aho yavuze ko hari umushinga wa Miliyoni 760 USD w’urugomero rw’amashanyarazi ruzatanga amashanyarazi mu Bihugu bitatu: DRC, u Rwanda n’u Burundi, aho yavuze ko “Hakenewe amahoro kugira ngo rukore.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire wanahagarariye u Rwanda ubwo hasinywaga aya masezerano, aherutse gutangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere, ariko hari n’impungenge kubera uburyo DRC yakunze kwitwara mu gushyira mu bikorwa amasezerano Ibihugu byombi byagiye bisinyana.

Yagarutse ku bimenyetso biri kugaragara ubu, birimo kuba Congo ikomeje kuzana abandi bacancuro ndetse inatumiza intwaro hanze zirimo izikomeye zifashishwa mu ntambara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − one =

Previous Post

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Next Post

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

Related Posts

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

by radiotv10
05/08/2025
0

The United Nations High Commissioner for Refugees (UNHCR) has announced that before the end of this year, Uganda could host...

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

by radiotv10
05/08/2025
0

Guverineri Wungirije w’Intara ya Kivu ya Ruguru washyizweho na AFC/M23, yashimye Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba M23, Maj Gen Sultani Makenga...

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

by radiotv10
05/08/2025
0

Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Mpunzi, riratangaza ko mbere yuko uyu mwaka urangira, Igihugu cya Uganda gishobora kuzaba cyarakiriye impunzi...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Ibikubiye mu ijambo rya Gen.Makenga imbere y’abayobozi bashyizweho na AFC/M23

by radiotv10
05/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yasabye abayobozi mu nzego zinyuranye mu bice bigenzurwa n’iri Huriro mu...

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

by radiotv10
05/08/2025
0

Umwe mu miryango iharanira uburenganzira bwa muntu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, urasaba Minisitiri w’Umutekano kwegura kuko adashoboye inshingano...

IZIHERUKA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe
MU RWANDA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

05/08/2025
Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

05/08/2025
Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

05/08/2025
Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

05/08/2025
Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.