Thursday, July 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
21/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Ushinzwe Afurika mu ishami ry’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko iki Gihugu cyifuza ko amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na DRCongo, agerwaho byihuse, kandi ko uko ibiganiro biri kugenda bitanga icyizere.

Troy Fitrell uyobora ishami rya Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya US, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na ACTUALITE.CD dukesha aya makuru, cyagarutse ku biganiro biri kuba hagati y’u Rwanda na DRCongo, bibifashijwemo na America ndetse n’indi Miryango mpuzamahanga nk’uwa Afurika Yunze Ubumwe-AU (African Union).

Yatangaje ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na DRC, biri kugenda neza, kandi ko hari ibiri kugenda bigerwaho mu ngamba zo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Navuga ko abantu baramutse bategereje ko hagerwa ku mahoro yuzuye, byasaba ko dutegereza imyaka 30. Imwe mu ntambwe ishimishije mu biganiro bya Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse no kuba impande zombi zaradusabye kubigiramo uruhare, ni uko dukomeje kubasaba ko byihuta. Ntabwo dutekereza ko byasaba amezi atandatu cyangwa umwaka kugira ngo bikorwe. Turifuza ko umusaruro ugerwaho byihuse. Kandi kugeza ubu, ibintu biri kugenda muri iyi nzira.”

Troy Fitrell yakomeje avuga ko ibiganiro biri kuyobora na America bishingira ku bindi byabaye mbere birimo ibya Nairobi n’iby’i Luanda ndetse n’ibya Qatar biriho bikorwa.

Ati “Akazi keza kari gukorwa kugira ngo ibintu byose bihuzwe. Nta makimbirane ari kuba hagati yabo. Hari ubushake buhuriweho bwo kugira ngo hagerwe ku ntego imwe.”

Yakomeje avuga ko kugera ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bizagirira inyungu impande zombi, ndetse na Leta Zunze Ubumwe za America.

Yasubizaga ku kuba hari habanje kubaho ubushake bw’Igihugu cya DRC cyifuzaga ko ibibazo bikemurwa binyuze mu nzira z’intambara, aho yavuze ko ubu buryo atari bwo bukwiye gushakwamo umuti.

Ati “Ubu icyatanga umusaruro mu gushaka amahoro mu burasirazuba bwa DRC, ni uko ubu ntakintu gihenze cyangwa kitatanga umusaruro nk’intambara. Guteza imbere ubukungu ni byo by’ingenzi ku mpande zombi kandi zikabyungukiramo zombi mu bijyanye n’ubukungu n’amahoro, kandi ni yo moteri ya byose.”

Yavuze ko kugira ngo ubukungu bw’ibi Bihugu burusheho kuzamuka ndetse n’imikoranire yabyo n’amahanga nka US, ari uko mu karere haba hari amahoro n’umutekano, bityo ko igihe amahoro azaba yabonetse, bizoroshya imikoranire mu bukungu hagati yabyo na Leta Zunze Ubumwe za America.

Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, ziherutse gutanga imishinga y’ibyo zifuza ko bigomba kujya mu masezerano y’amahoro ateganyijwe gushyirwaho umukono n’abakuru b’Ibihugu byombi, mu muhango biteganyijwe ko uzabera mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, muri White House.

Hategerejwe kandi ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na DRC, bongera guhurira muri America, kugira ngo banonosore umushinga w’amasezerano y’amahoro, mbere yuko Abakuru b’Ibihugu bawushyiraho umukono.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

Next Post

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyigikira iterambere ryarwo

Related Posts

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

by radiotv10
09/07/2025
0

HOME POINT, one of Rwanda’s most trusted electronics and home appliance retailers, has opened a new branch in Kicukiro, Kigali,...

Kigali: Abagabo batatu baguwe gitumo mu ijoro bari mu bikorwa bitemewe

Kigali: Abagabo batatu baguwe gitumo mu ijoro bari mu bikorwa bitemewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Abagabo batatu bafatiwe mu cyuho bari gutekera kanyanga mu rugo rw’umwe muri bo ruherereye mu Murenge wa Gikomero mu Karere...

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Kagari ka Mwezi mu Murenge wa Karengera, mu Karere ka Nyamasheke, bahangayikishijwe n’imibereho y’umugabo wirukanywe mu nzu...

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, baravuga ko bahawe ubutaka na Leta ngo bakoreremo ubucukuzi bw’Amabuye...

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

IZIHERUKA

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market
MU RWANDA

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

by radiotv10
09/07/2025
0

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

09/07/2025
Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

09/07/2025
Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

09/07/2025
Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

09/07/2025
Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

09/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyigikira iterambere ryarwo

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyigikira iterambere ryarwo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.