Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi mahirwe aturutse mu Bwongereza aje guha imbaraga urwego rutunze benshi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/01/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Andi mahirwe aturutse mu Bwongereza aje guha imbaraga urwego rutunze benshi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

U Bwongereza bwavuze ko bugiye gufasha urwego rw’ubuhinzi rutunze abanyarwanda barenga 70%, kugira ngo umusaruro w’uru rwego urusheho kwiyongera, ndetse n’uwo Abanyarwanda boherezaga muri iki Gihugu ukazamuka ku rugero rwo hejuru.

Byatangarijwe mu ihuriro ryiga ku mikoranire y’u Rwanda n’u Bwongereza mu bijyanye n’Ubucuruzi yiswe UK-Rwanda Forum yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mutarama 2024, yahurije hamwe abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi, abashoramari, impuguke mu by’ubukungu ndetse n’abayobozi mu nzego nkuru za Leta z’Ibihugu byombi.

Imibare igaragaza ko imikoranire y’ibi Bihugu byombi, irushaho kuzamuka mu myaka 10 ishize; by’umwuhariko mu bucuruzi, aho ubwo u Rwanda rwakoranye n’u Bwongereza bwikubye inshuro eshanu bugera kuri miliyoni 52 USD.

Muri iyo myaka kandi ishoramari ryanditse mu Rwanda rifitanye isano n’u Bwongereza naryo rifite agaciro ka miliyoni 600 USD.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana avuga ko u Rwanda rufite amahirwe yo kurushaho kongera ibyo rwohereza mu Bwongereza.

Ati “Ibicuruzwa biva mu Bwongereza biza mu Rwanda byiganjemo ibikoresho byo mu nganda n’ibyo mu buvuzi, ariko u Rwanda rwoherezayo ibyiganjemo icyayi n’ikawa, hari n’amahirwe menshi yo kubyongera.”

Uru rwego rw’Ubuhinzi rutanga umusaruro ujya mu Bwongereza; iki Gihugu cyemeje ko kigiye kurushaho kuruteza imbere kuko rutunze abasaga 70% by’Abanyarwanda.

Dolar Popat ni intumwa idasanzwe mu rwego rw’ubucuruzi ya Minisitiri w’intebe w’ubwongereza Rishi Sunak, yagize ati “Ejo nari kumwe na Perezida, namubwiye ko umuco w’Abanyarwanda ari ubuhinzi. 80% by’abanyarwanda bakora mu buhinzi, uru ni urwego dushaka guteza imbere. Nshimishijwe no kubabwira ko i Londres buri munsi twakira amatoni y’umusaruro w’ubuhinzi ava mu Rwanda. Turashaka tubyongera tukakira toni 100 buri munsi. Tugiye gukorana na Leta mu gushyiraho ibikorwa remezo bizafasha muri icyo gikorwa.”

Faustin Mpundu umwe mu bikorera avuga ko icyo cyemezo cy’u Bwongereza kizafasha ubuhinzi, kuko uru rwego rwari rurimo ibyuho byinshi.

Yagize ati “Dufite abahinzi benshi batagaragara, ndetse ntitunafite inzobere zihagije mu buhinzi, ibyo ni nako bimeze ku bantu bacunga umusaruro wavuye mu mirima. Turamutse tubonye inzobere ziva mu Bwongereza; zigasangira abahinzi bacu ubwo bumenyi bagasinyana amasezerano abasobanurira uko barushaho guteza imbere ubuhinzi bwabo, hari icyo byafasha. Ayo ni amahirwe agomba kubyazwa umusaruro kuko hari Ibihugu bya Afurika byabikoze bigakunda.”

Iyi mikoanire ngo itanga icyizere ko uruhare rw’ubuhinzi ku musaruro mbumbe w’Igihugu rushobora kurenga 20% ruriho uyu munsi.

Dr Uzziel Ndagijimana yavuze ko u Rwanda rwifuza kongera ingano y’ibyo rwohereza mu Bwongereza
Ni ihuriro ryitabiriwe n’abashoramari ku mpande z’Ibihugu byombi
Lord Dolar Popat yavuze ko u Bwongereza bugiye gufasha u Rwanda kuzamura urwego rw’Ubuhinzi

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 4 =

Previous Post

Impanuka nk’iherutse kuba mu Rwanda yanabaye muri DRCongo ihitana abantu 50

Next Post

Kayonza: Uwatwikiwe iduka yongeye gukubitwa agirwa intere bitera urujijo

Related Posts

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana
IBYAMAMARE

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
23/01/2026
0

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Uwatwikiwe iduka yongeye gukubitwa agirwa intere bitera urujijo

Kayonza: Uwatwikiwe iduka yongeye gukubitwa agirwa intere bitera urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.