Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi mahirwe aturutse mu Bwongereza aje guha imbaraga urwego rutunze benshi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/01/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Andi mahirwe aturutse mu Bwongereza aje guha imbaraga urwego rutunze benshi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

U Bwongereza bwavuze ko bugiye gufasha urwego rw’ubuhinzi rutunze abanyarwanda barenga 70%, kugira ngo umusaruro w’uru rwego urusheho kwiyongera, ndetse n’uwo Abanyarwanda boherezaga muri iki Gihugu ukazamuka ku rugero rwo hejuru.

Byatangarijwe mu ihuriro ryiga ku mikoranire y’u Rwanda n’u Bwongereza mu bijyanye n’Ubucuruzi yiswe UK-Rwanda Forum yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mutarama 2024, yahurije hamwe abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi, abashoramari, impuguke mu by’ubukungu ndetse n’abayobozi mu nzego nkuru za Leta z’Ibihugu byombi.

Imibare igaragaza ko imikoranire y’ibi Bihugu byombi, irushaho kuzamuka mu myaka 10 ishize; by’umwuhariko mu bucuruzi, aho ubwo u Rwanda rwakoranye n’u Bwongereza bwikubye inshuro eshanu bugera kuri miliyoni 52 USD.

Muri iyo myaka kandi ishoramari ryanditse mu Rwanda rifitanye isano n’u Bwongereza naryo rifite agaciro ka miliyoni 600 USD.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana avuga ko u Rwanda rufite amahirwe yo kurushaho kongera ibyo rwohereza mu Bwongereza.

Ati “Ibicuruzwa biva mu Bwongereza biza mu Rwanda byiganjemo ibikoresho byo mu nganda n’ibyo mu buvuzi, ariko u Rwanda rwoherezayo ibyiganjemo icyayi n’ikawa, hari n’amahirwe menshi yo kubyongera.”

Uru rwego rw’Ubuhinzi rutanga umusaruro ujya mu Bwongereza; iki Gihugu cyemeje ko kigiye kurushaho kuruteza imbere kuko rutunze abasaga 70% by’Abanyarwanda.

Dolar Popat ni intumwa idasanzwe mu rwego rw’ubucuruzi ya Minisitiri w’intebe w’ubwongereza Rishi Sunak, yagize ati “Ejo nari kumwe na Perezida, namubwiye ko umuco w’Abanyarwanda ari ubuhinzi. 80% by’abanyarwanda bakora mu buhinzi, uru ni urwego dushaka guteza imbere. Nshimishijwe no kubabwira ko i Londres buri munsi twakira amatoni y’umusaruro w’ubuhinzi ava mu Rwanda. Turashaka tubyongera tukakira toni 100 buri munsi. Tugiye gukorana na Leta mu gushyiraho ibikorwa remezo bizafasha muri icyo gikorwa.”

Faustin Mpundu umwe mu bikorera avuga ko icyo cyemezo cy’u Bwongereza kizafasha ubuhinzi, kuko uru rwego rwari rurimo ibyuho byinshi.

Yagize ati “Dufite abahinzi benshi batagaragara, ndetse ntitunafite inzobere zihagije mu buhinzi, ibyo ni nako bimeze ku bantu bacunga umusaruro wavuye mu mirima. Turamutse tubonye inzobere ziva mu Bwongereza; zigasangira abahinzi bacu ubwo bumenyi bagasinyana amasezerano abasobanurira uko barushaho guteza imbere ubuhinzi bwabo, hari icyo byafasha. Ayo ni amahirwe agomba kubyazwa umusaruro kuko hari Ibihugu bya Afurika byabikoze bigakunda.”

Iyi mikoanire ngo itanga icyizere ko uruhare rw’ubuhinzi ku musaruro mbumbe w’Igihugu rushobora kurenga 20% ruriho uyu munsi.

Dr Uzziel Ndagijimana yavuze ko u Rwanda rwifuza kongera ingano y’ibyo rwohereza mu Bwongereza
Ni ihuriro ryitabiriwe n’abashoramari ku mpande z’Ibihugu byombi
Lord Dolar Popat yavuze ko u Bwongereza bugiye gufasha u Rwanda kuzamura urwego rw’Ubuhinzi

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − seven =

Previous Post

Impanuka nk’iherutse kuba mu Rwanda yanabaye muri DRCongo ihitana abantu 50

Next Post

Kayonza: Uwatwikiwe iduka yongeye gukubitwa agirwa intere bitera urujijo

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Uwatwikiwe iduka yongeye gukubitwa agirwa intere bitera urujijo

Kayonza: Uwatwikiwe iduka yongeye gukubitwa agirwa intere bitera urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.