Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi mahirwe aturutse mu Bwongereza aje guha imbaraga urwego rutunze benshi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/01/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Andi mahirwe aturutse mu Bwongereza aje guha imbaraga urwego rutunze benshi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

U Bwongereza bwavuze ko bugiye gufasha urwego rw’ubuhinzi rutunze abanyarwanda barenga 70%, kugira ngo umusaruro w’uru rwego urusheho kwiyongera, ndetse n’uwo Abanyarwanda boherezaga muri iki Gihugu ukazamuka ku rugero rwo hejuru.

Byatangarijwe mu ihuriro ryiga ku mikoranire y’u Rwanda n’u Bwongereza mu bijyanye n’Ubucuruzi yiswe UK-Rwanda Forum yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mutarama 2024, yahurije hamwe abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi, abashoramari, impuguke mu by’ubukungu ndetse n’abayobozi mu nzego nkuru za Leta z’Ibihugu byombi.

Imibare igaragaza ko imikoranire y’ibi Bihugu byombi, irushaho kuzamuka mu myaka 10 ishize; by’umwuhariko mu bucuruzi, aho ubwo u Rwanda rwakoranye n’u Bwongereza bwikubye inshuro eshanu bugera kuri miliyoni 52 USD.

Muri iyo myaka kandi ishoramari ryanditse mu Rwanda rifitanye isano n’u Bwongereza naryo rifite agaciro ka miliyoni 600 USD.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana avuga ko u Rwanda rufite amahirwe yo kurushaho kongera ibyo rwohereza mu Bwongereza.

Ati “Ibicuruzwa biva mu Bwongereza biza mu Rwanda byiganjemo ibikoresho byo mu nganda n’ibyo mu buvuzi, ariko u Rwanda rwoherezayo ibyiganjemo icyayi n’ikawa, hari n’amahirwe menshi yo kubyongera.”

Uru rwego rw’Ubuhinzi rutanga umusaruro ujya mu Bwongereza; iki Gihugu cyemeje ko kigiye kurushaho kuruteza imbere kuko rutunze abasaga 70% by’Abanyarwanda.

Dolar Popat ni intumwa idasanzwe mu rwego rw’ubucuruzi ya Minisitiri w’intebe w’ubwongereza Rishi Sunak, yagize ati “Ejo nari kumwe na Perezida, namubwiye ko umuco w’Abanyarwanda ari ubuhinzi. 80% by’abanyarwanda bakora mu buhinzi, uru ni urwego dushaka guteza imbere. Nshimishijwe no kubabwira ko i Londres buri munsi twakira amatoni y’umusaruro w’ubuhinzi ava mu Rwanda. Turashaka tubyongera tukakira toni 100 buri munsi. Tugiye gukorana na Leta mu gushyiraho ibikorwa remezo bizafasha muri icyo gikorwa.”

Faustin Mpundu umwe mu bikorera avuga ko icyo cyemezo cy’u Bwongereza kizafasha ubuhinzi, kuko uru rwego rwari rurimo ibyuho byinshi.

Yagize ati “Dufite abahinzi benshi batagaragara, ndetse ntitunafite inzobere zihagije mu buhinzi, ibyo ni nako bimeze ku bantu bacunga umusaruro wavuye mu mirima. Turamutse tubonye inzobere ziva mu Bwongereza; zigasangira abahinzi bacu ubwo bumenyi bagasinyana amasezerano abasobanurira uko barushaho guteza imbere ubuhinzi bwabo, hari icyo byafasha. Ayo ni amahirwe agomba kubyazwa umusaruro kuko hari Ibihugu bya Afurika byabikoze bigakunda.”

Iyi mikoanire ngo itanga icyizere ko uruhare rw’ubuhinzi ku musaruro mbumbe w’Igihugu rushobora kurenga 20% ruriho uyu munsi.

Dr Uzziel Ndagijimana yavuze ko u Rwanda rwifuza kongera ingano y’ibyo rwohereza mu Bwongereza
Ni ihuriro ryitabiriwe n’abashoramari ku mpande z’Ibihugu byombi
Lord Dolar Popat yavuze ko u Bwongereza bugiye gufasha u Rwanda kuzamura urwego rw’Ubuhinzi

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 2 =

Previous Post

Impanuka nk’iherutse kuba mu Rwanda yanabaye muri DRCongo ihitana abantu 50

Next Post

Kayonza: Uwatwikiwe iduka yongeye gukubitwa agirwa intere bitera urujijo

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Uwatwikiwe iduka yongeye gukubitwa agirwa intere bitera urujijo

Kayonza: Uwatwikiwe iduka yongeye gukubitwa agirwa intere bitera urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.