Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi makuru arambuye ku mbabazi zahawe Rusesabagina na Sankara

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Andi makuru arambuye ku mbabazi zahawe Rusesabagina na Sankara
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hatangajwe ko Rusesabagina Paul na Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara barekurwa ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, hamenyekanye andi makuru arambuye kuri izi mbabazi zatanzwe n’Umukuru w’u Rwanda.

Irekurwa rya Paul Rusesabagina na Nsabimana Callixte wiyise Sankara, ryamenyekanye kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, ko bafungurwa none, ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Amakuru arambuye ku bw’izi mbabazi yamenyekanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, aho aba bombi bahawe imbabazi hamwe n’abandi bantu 18 baregwaga hamwe mu itsinda ry’urubanza rwari rwarahawe izina rya MRCD-FLN.

Bikubiye mu itangazo rya Minisiteri y’Ubutabera, ryasohotse kuri uyu wa Gatanu, rigaragaza iby’izi mbabazi zahawe Rusesabagina Paul ndetse na Nsabimana Callixte, rigaragaza ko n’abandi bantu 18 bari abanyamuryango ba MRCD-FLN bahawe izi mbabazi.

Iri tangazo rya Minisiteri y’Ubutabera kandi ririmo n’amabaruwa asaba imbabazi arimo iyanditswe na Nsabimana Callixte yandikishije intoki asaba imbabazi Perezida Paul Kagame.

Naho Paul Rusesabagina we yasabye imbabazi bisabwe n’Abanyamategeko bamwunganiraga ari bo Me Gatera Gashabana na Me Jean Felix Rudakemwa, banditse mu izina ry’umukiliya wabo.

Iri tangazo rinavuga kandi ko hari abandi bagororwa 358 bari barahamijwe ibyaha bitandukanye, na bo bahawe imbabazi, bagomba gufungurwa.

 

Muri MRCD-FLN ko bari 21 kuki harekurwa 20?

Uru rubanza rwaregwamo abantu 21 baregwaga ibyaha bifitanye isano n’ibikorwa by’umutwe wa MRCD-FLN by’ibitero byahitanye ubuzima bwa bamwe mu Banyarwanda.

Muri aba bantu bari barimo kandi Angeline Mukandutiye wari wabanje gukatirwa gufungwa imyaka itanu mu rubanza rwaciwe n’Urugereko Rwihariye ruburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, ariko mu bujurire akaza gukatirwa gufungwa imyaka 20 n’Urukiko rw’Ubujurire nyuma yuko rusanze uyu mugore umwe waregwaga muri uru rubanza yari yarahamijwe n’ibyaha bya Jenoside.

Urukiko rw’Ubujurire rwagendeye ku gihano cyo gufungwa burundu cyari cyahawe uyu Angelina cyari cyafashwe n’Inkiko Gacaca muri 2008, rwavuze ko uyu mugore yorohereje ubutabera kuko yari yaburanye yemera ibyaha ndetse akanisabira imbabazi.

Mu bahawe izi mbabazi za Perezida Paul Kagame, birashoboka ko uyu mugore atarimo kuko yari afite umwihariko wo kuba yari yarahamijwe ibyaha yihariyeho bya Jenoside yakoze mu 1994.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 14 =

Previous Post

Perezida Kagame ayoboye Inama y’Abaminisitiri (AMAFOTO)

Next Post

Habaye impinduka mu buyobozi bukuru zasize Minisitiri w’Urubyiruko asimbujwe

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye impinduka mu buyobozi bukuru zasize Minisitiri w’Urubyiruko asimbujwe

Habaye impinduka mu buyobozi bukuru zasize Minisitiri w’Urubyiruko asimbujwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.