Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi makuru arambuye ku mbabazi zahawe Rusesabagina na Sankara

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Andi makuru arambuye ku mbabazi zahawe Rusesabagina na Sankara
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hatangajwe ko Rusesabagina Paul na Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara barekurwa ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, hamenyekanye andi makuru arambuye kuri izi mbabazi zatanzwe n’Umukuru w’u Rwanda.

Irekurwa rya Paul Rusesabagina na Nsabimana Callixte wiyise Sankara, ryamenyekanye kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, ko bafungurwa none, ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Amakuru arambuye ku bw’izi mbabazi yamenyekanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, aho aba bombi bahawe imbabazi hamwe n’abandi bantu 18 baregwaga hamwe mu itsinda ry’urubanza rwari rwarahawe izina rya MRCD-FLN.

Bikubiye mu itangazo rya Minisiteri y’Ubutabera, ryasohotse kuri uyu wa Gatanu, rigaragaza iby’izi mbabazi zahawe Rusesabagina Paul ndetse na Nsabimana Callixte, rigaragaza ko n’abandi bantu 18 bari abanyamuryango ba MRCD-FLN bahawe izi mbabazi.

Iri tangazo rya Minisiteri y’Ubutabera kandi ririmo n’amabaruwa asaba imbabazi arimo iyanditswe na Nsabimana Callixte yandikishije intoki asaba imbabazi Perezida Paul Kagame.

Naho Paul Rusesabagina we yasabye imbabazi bisabwe n’Abanyamategeko bamwunganiraga ari bo Me Gatera Gashabana na Me Jean Felix Rudakemwa, banditse mu izina ry’umukiliya wabo.

Iri tangazo rinavuga kandi ko hari abandi bagororwa 358 bari barahamijwe ibyaha bitandukanye, na bo bahawe imbabazi, bagomba gufungurwa.

 

Muri MRCD-FLN ko bari 21 kuki harekurwa 20?

Uru rubanza rwaregwamo abantu 21 baregwaga ibyaha bifitanye isano n’ibikorwa by’umutwe wa MRCD-FLN by’ibitero byahitanye ubuzima bwa bamwe mu Banyarwanda.

Muri aba bantu bari barimo kandi Angeline Mukandutiye wari wabanje gukatirwa gufungwa imyaka itanu mu rubanza rwaciwe n’Urugereko Rwihariye ruburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, ariko mu bujurire akaza gukatirwa gufungwa imyaka 20 n’Urukiko rw’Ubujurire nyuma yuko rusanze uyu mugore umwe waregwaga muri uru rubanza yari yarahamijwe n’ibyaha bya Jenoside.

Urukiko rw’Ubujurire rwagendeye ku gihano cyo gufungwa burundu cyari cyahawe uyu Angelina cyari cyafashwe n’Inkiko Gacaca muri 2008, rwavuze ko uyu mugore yorohereje ubutabera kuko yari yaburanye yemera ibyaha ndetse akanisabira imbabazi.

Mu bahawe izi mbabazi za Perezida Paul Kagame, birashoboka ko uyu mugore atarimo kuko yari afite umwihariko wo kuba yari yarahamijwe ibyaha yihariyeho bya Jenoside yakoze mu 1994.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − eight =

Previous Post

Perezida Kagame ayoboye Inama y’Abaminisitiri (AMAFOTO)

Next Post

Habaye impinduka mu buyobozi bukuru zasize Minisitiri w’Urubyiruko asimbujwe

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye impinduka mu buyobozi bukuru zasize Minisitiri w’Urubyiruko asimbujwe

Habaye impinduka mu buyobozi bukuru zasize Minisitiri w’Urubyiruko asimbujwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.