Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi makuru ku by’imbangukiragutabara itwara abarwayi yagaragaye ipakirwamo sima

radiotv10by radiotv10
26/11/2024
in MU RWANDA
0
Andi makuru ku by’imbangukiragutabara itwara abarwayi yagaragaye ipakirwamo sima
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka itwara indembe yagaragaye mu mashusho ku mbuga nkoranyambaga ipakirwamo sima bigatangaza benshi, byamenyekanye ko ari iy’Ibitaro byo mu Karere ka Gisagara, aho iyi sima yapakirwagamo yari iyo gusana kimwe mu bikorwa by’Ikigo Nderabuzima gicungwa n’ibi Bitaro.

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga kuva mu ijoro ryacyeye, agaragaza iyi modoka isanzwe izwiho gutwara indembe izivana ku ivuriro rimwe izigeza ku rindi mu rwego rwo gutanga serivisi, iri gupakirwamo imifuka ya Sima.

Ni amashusho yazamuye impaka ndende, ndetse Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana wagize icyo ayavugaho ubwo yasubizaga Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu wa RADIOTV10, yavuze ko abagize uruhare muri iki gikorwa, babihaniwe.

Dr. Sabin Nsanzimana yagize ati “Kirazira gukoresha ingobyi y’abarwayi ibyo itagenewe. Turashimira abaturage babonye ikibi gikorwa bagatanga amakuru, undi wese wabona ambulance ikoreshwa nabi yahamagara 912.”

Byaje kumenyekana ko iyi mbangukiragutabara ari iy’Ibitaro bya Gakoma mu Karere ka Gisagara, aho yifashishwaga n’Ikigo Nderabuzima cya Save mu kugeza abarwayi muri ibi Bitaro.

Dr. Uwamahoro Evelyne uyobora Ibitaro bya Gakoma, yatangaje ko nubwo Sima yapakirwaga muri iyi mbangukiragutabara yari iyo gusana ikigega cyo muri iki Kigo Nderabuzima cya Save, ariko ko ubuyobozi bw’ibi Bitaro budashyigikiye ibyakozwe n’ubuyobozi bwa kiriya Kigo Nderabuzima.

Yavuze ko hari ikigega cyo muri kiriya Kigo Nderabuzima cyangiritse, ku buryo hariho impungenge ko cyashoboraga gusenya ibindi bikorwa remezo byacyo, ari na yo mpamvu hari hashatswe iriya sima yo kugisana.

Yagize ati “Yari iyo ngo gukoresha icyo kigega, ariko uko byaba bimeze kose, icyo ari cyo cyose ntabwo cyemerewe kujya mu Mbangukiragutabara, cyeretse umurwayi.”

Uyu Muyobozi w’Ibitaro bya Gakoma, yavuze ko abagize uruhare muri iki gikorwa, barimo Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Save, umushoferi w’iriya modoka ndetse n’umuforomo umwe, bahagaritswe by’agateganyo, nk’uko biteganywa n’amategeko, kandi ko bashobora no guhagarikwa burundu.

Yagize ati “Kugeza uyu mwanya, ari umukozi, ari umushoferi, ari umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima; bose ntabwo bari mu kazi.”

Amakuru ahari, avuga ko Umubikira Nyiraminani Bellancilla, uyobora iki Kigo Nderabuzima yanatawe muri yombi, nk’uko tubikesha Umunyamakuru Joseph Kakuzwumuremyi wabitangaje abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − nine =

Previous Post

Uherutse kugirwa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yabanje kunyura imbere y’Abasenateri

Next Post

Nyuma y’ibyagaragaye bikorerwa imodoka itwara indembe Guverinoma y’u Rwanda yahise itanga amabwiriza

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri
AMAHANGA

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyakurikiye nyuma y’amashusho y’imodoka itwara indembe yagaragaye iri gupakirwamo sima

Nyuma y’ibyagaragaye bikorerwa imodoka itwara indembe Guverinoma y’u Rwanda yahise itanga amabwiriza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.