Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi makuru ku by’imbangukiragutabara itwara abarwayi yagaragaye ipakirwamo sima

radiotv10by radiotv10
26/11/2024
in MU RWANDA
0
Andi makuru ku by’imbangukiragutabara itwara abarwayi yagaragaye ipakirwamo sima
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka itwara indembe yagaragaye mu mashusho ku mbuga nkoranyambaga ipakirwamo sima bigatangaza benshi, byamenyekanye ko ari iy’Ibitaro byo mu Karere ka Gisagara, aho iyi sima yapakirwagamo yari iyo gusana kimwe mu bikorwa by’Ikigo Nderabuzima gicungwa n’ibi Bitaro.

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga kuva mu ijoro ryacyeye, agaragaza iyi modoka isanzwe izwiho gutwara indembe izivana ku ivuriro rimwe izigeza ku rindi mu rwego rwo gutanga serivisi, iri gupakirwamo imifuka ya Sima.

Ni amashusho yazamuye impaka ndende, ndetse Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana wagize icyo ayavugaho ubwo yasubizaga Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu wa RADIOTV10, yavuze ko abagize uruhare muri iki gikorwa, babihaniwe.

Dr. Sabin Nsanzimana yagize ati “Kirazira gukoresha ingobyi y’abarwayi ibyo itagenewe. Turashimira abaturage babonye ikibi gikorwa bagatanga amakuru, undi wese wabona ambulance ikoreshwa nabi yahamagara 912.”

Byaje kumenyekana ko iyi mbangukiragutabara ari iy’Ibitaro bya Gakoma mu Karere ka Gisagara, aho yifashishwaga n’Ikigo Nderabuzima cya Save mu kugeza abarwayi muri ibi Bitaro.

Dr. Uwamahoro Evelyne uyobora Ibitaro bya Gakoma, yatangaje ko nubwo Sima yapakirwaga muri iyi mbangukiragutabara yari iyo gusana ikigega cyo muri iki Kigo Nderabuzima cya Save, ariko ko ubuyobozi bw’ibi Bitaro budashyigikiye ibyakozwe n’ubuyobozi bwa kiriya Kigo Nderabuzima.

Yavuze ko hari ikigega cyo muri kiriya Kigo Nderabuzima cyangiritse, ku buryo hariho impungenge ko cyashoboraga gusenya ibindi bikorwa remezo byacyo, ari na yo mpamvu hari hashatswe iriya sima yo kugisana.

Yagize ati “Yari iyo ngo gukoresha icyo kigega, ariko uko byaba bimeze kose, icyo ari cyo cyose ntabwo cyemerewe kujya mu Mbangukiragutabara, cyeretse umurwayi.”

Uyu Muyobozi w’Ibitaro bya Gakoma, yavuze ko abagize uruhare muri iki gikorwa, barimo Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Save, umushoferi w’iriya modoka ndetse n’umuforomo umwe, bahagaritswe by’agateganyo, nk’uko biteganywa n’amategeko, kandi ko bashobora no guhagarikwa burundu.

Yagize ati “Kugeza uyu mwanya, ari umukozi, ari umushoferi, ari umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima; bose ntabwo bari mu kazi.”

Amakuru ahari, avuga ko Umubikira Nyiraminani Bellancilla, uyobora iki Kigo Nderabuzima yanatawe muri yombi, nk’uko tubikesha Umunyamakuru Joseph Kakuzwumuremyi wabitangaje abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 1 =

Previous Post

Uherutse kugirwa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yabanje kunyura imbere y’Abasenateri

Next Post

Nyuma y’ibyagaragaye bikorerwa imodoka itwara indembe Guverinoma y’u Rwanda yahise itanga amabwiriza

Related Posts

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyakurikiye nyuma y’amashusho y’imodoka itwara indembe yagaragaye iri gupakirwamo sima

Nyuma y’ibyagaragaye bikorerwa imodoka itwara indembe Guverinoma y’u Rwanda yahise itanga amabwiriza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.