Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Andi makuru ku gitero cya bombe zaturikiye ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage

radiotv10by radiotv10
28/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Andi makuru ku gitero cya bombe zaturikiye ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa AFC/M23 buravuga ko nyuma yuko hari abatawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu gitero cy’ibisasu byaturikiye ahaberaga inama yari yabuhuje n’abaturage b’i Bukavu, hari amakuru avuga ko ubutegetsi bwa DRC bwashakaga guturitsa ibisasu kuri sitasiyo ebyiri z’ibikomoka kuri Peteroli kugira ngo bwivugane benshi.

Ni igitero cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, ubwo ubuyobozi bwa AFC/M23 bwariho bukorana inama n’abaturage bo mu mujyi wa Bukavu uherutse kubohozwa n’umutwe wa M23 uri mu bagize iri huriro.

Ubwo hari hashize iminota micye iyi nama itangiye ndetse yari yitabiriwe n’abaturage benshi, habaye iturika ry’ibisasu, byatumye abantu bakwira imishwaro, ndetse bamwe bahasiga ubuzima, abandi barakomereka.

Mu butumwa bwatangajwe na Perezida wa M23, Betrand Bisimwa mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, yavuze ko amakuru aturuka mu Bitaro, yemeza ko “abantu bamaze kwitaba Imana bazize iki gitero cy’iterabwoba cyateguwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi” wiyongereye ukagera kuri 13, abandi 72 barakomereka barimo abagore n’abana.

Bertrand Bisimwa yakomeje agira ati “Ubuhamya bwa mbere bw’abakekwa batawe muri yombi n’ubutasi bwacu, buvuga ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwari bwateguye gutera ibibombe kuri sitasiyo ebyiri z’ibikomoka kuri Peteroli z’amarembo yinjira ahaberaga inama, baza guhindura umugambi nyuma yuko abasirikare bacu boherejwe ari benshi aho hantu hombi.”

Yakomeje agira ati “Muri ubwo buhamya, bavugamo ko ubutegetsi bwari bwateguye umugambi wo gutuma abantu benshi bahasiga ubuzima barimo abaturage b’abasivile nk’igikorwa cyo guhana abaturage b’Umujyi wa Bukavu kuko bakiranye urugwiro abasirikare ba Armée Révolutionnaire Congolaise (ARC cyangwa M23).”

Mu itangazo ryari ryashyizwe hanze n’Ihuriro AFC/M23 nyuma y’iki gitero, ubuyobozi bwaryo bwari bwavuze ko iki gikorwa cy’ubugome bw’indengakamere, kidashobora kurangirira aho hatabayeho ingaruka ku butegetsi bwa Congo bwagiteguye.

Inama yari yitabiriwe ku bwinshi yarogowe n’ibi bisasu byaturitse

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Mbere n’ubu: Nyuma yo kunenga no kugaragaza ipfunwe ubu ibintu byahindutse

Next Post

U Rwanda rwagaragarije u Burayi ibyifuzo byarwo runasubiza abagereranya ibyo muri Congo n’ibya Ukraine

Related Posts

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagaragarije u Burayi ibyifuzo byarwo runasubiza abagereranya ibyo muri Congo n’ibya Ukraine

U Rwanda rwagaragarije u Burayi ibyifuzo byarwo runasubiza abagereranya ibyo muri Congo n’ibya Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.