Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Andi makuru ku gitero cya bombe zaturikiye ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage

radiotv10by radiotv10
28/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Andi makuru ku gitero cya bombe zaturikiye ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa AFC/M23 buravuga ko nyuma yuko hari abatawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu gitero cy’ibisasu byaturikiye ahaberaga inama yari yabuhuje n’abaturage b’i Bukavu, hari amakuru avuga ko ubutegetsi bwa DRC bwashakaga guturitsa ibisasu kuri sitasiyo ebyiri z’ibikomoka kuri Peteroli kugira ngo bwivugane benshi.

Ni igitero cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, ubwo ubuyobozi bwa AFC/M23 bwariho bukorana inama n’abaturage bo mu mujyi wa Bukavu uherutse kubohozwa n’umutwe wa M23 uri mu bagize iri huriro.

Ubwo hari hashize iminota micye iyi nama itangiye ndetse yari yitabiriwe n’abaturage benshi, habaye iturika ry’ibisasu, byatumye abantu bakwira imishwaro, ndetse bamwe bahasiga ubuzima, abandi barakomereka.

Mu butumwa bwatangajwe na Perezida wa M23, Betrand Bisimwa mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, yavuze ko amakuru aturuka mu Bitaro, yemeza ko “abantu bamaze kwitaba Imana bazize iki gitero cy’iterabwoba cyateguwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi” wiyongereye ukagera kuri 13, abandi 72 barakomereka barimo abagore n’abana.

Bertrand Bisimwa yakomeje agira ati “Ubuhamya bwa mbere bw’abakekwa batawe muri yombi n’ubutasi bwacu, buvuga ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwari bwateguye gutera ibibombe kuri sitasiyo ebyiri z’ibikomoka kuri Peteroli z’amarembo yinjira ahaberaga inama, baza guhindura umugambi nyuma yuko abasirikare bacu boherejwe ari benshi aho hantu hombi.”

Yakomeje agira ati “Muri ubwo buhamya, bavugamo ko ubutegetsi bwari bwateguye umugambi wo gutuma abantu benshi bahasiga ubuzima barimo abaturage b’abasivile nk’igikorwa cyo guhana abaturage b’Umujyi wa Bukavu kuko bakiranye urugwiro abasirikare ba Armée Révolutionnaire Congolaise (ARC cyangwa M23).”

Mu itangazo ryari ryashyizwe hanze n’Ihuriro AFC/M23 nyuma y’iki gitero, ubuyobozi bwaryo bwari bwavuze ko iki gikorwa cy’ubugome bw’indengakamere, kidashobora kurangirira aho hatabayeho ingaruka ku butegetsi bwa Congo bwagiteguye.

Inama yari yitabiriwe ku bwinshi yarogowe n’ibi bisasu byaturitse

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 13 =

Previous Post

Mbere n’ubu: Nyuma yo kunenga no kugaragaza ipfunwe ubu ibintu byahindutse

Next Post

U Rwanda rwagaragarije u Burayi ibyifuzo byarwo runasubiza abagereranya ibyo muri Congo n’ibya Ukraine

Related Posts

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

IZIHERUKA

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira
MU RWANDA

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagaragarije u Burayi ibyifuzo byarwo runasubiza abagereranya ibyo muri Congo n’ibya Ukraine

U Rwanda rwagaragarije u Burayi ibyifuzo byarwo runasubiza abagereranya ibyo muri Congo n’ibya Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.