Tuesday, October 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Andi makuru ku kimoteri cyo muri Uganda cyaridutse kigahitana benshi

radiotv10by radiotv10
12/08/2024
in AMAHANGA
0
Andi makuru ku kimoteri cyo muri Uganda cyaridutse kigahitana benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’abahitanywe n’ikimoteri kinini giherereye i Kampala muri Uganda, wageze kuri 21 kandi ushobora kwiyongera. Hatangajwe ko hari hamaze igihe hatangwa umuburo ku baturiye iki kimoteri ko ubuzima bwabo buri mu kaga, ndetse ko cyari cyaruzuye mu myaka irenga 10 ishize ariko kigakomeza gukoreshwa.

Iki kimoteri cyaridutse ku wa Gatanu w’icyumweru gishize bitewe n’imvura nyinshi yaguye, ni cyo cyashyirwagamo imyanda yose ikusanywa mu murwa mukuru wa Uganda, i Kampala.

Umuvugizi wa Polisi ya Kampala, Patrick Onyango, yavuze ko abantu 21 ari bo bamaze kubarurwa ko bahitanywe n’iki kimoteri cyaridutse, icyakora ngo imibare ishobora kwiyongera, ndetse hakaba hashyizweho itsinda ry’ubutabazi ngo rikomeze gushakisha abandi cyagwiriye.

Yagize ati “Abandi baturage bari batuye hafi y’iki kimoteri twabasabye kwimuka bakaba bagiye mu bindi bice by’umujyi, ahari amacumbi bateguriwe na Leta bagiye kuba babayemo by’igihe gito.”

Ibinyamakuru bitandukanye birimo Daily Monitor, byatangaje ko hari hashize imyaka abayobozi b’umujyi wa Kampala bagerageza gushaka ahandi hantu ho kujugunya imyanda, kuko iki kimoteri cya Kiteezi cyari cyaramaze kuzura.

Ibi binyamakuru biravuga ko muri 2008, iki kimoteri ari bwo cyarangije ubushobozi bwo kumenwamo imyanda, ariko ko hakomeje ibikorwa byo kuyihamena.

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yategetse ko hakorwa iperereza rizagaragaza impamvu abantu bari basanzwe baremerewe gutura hafi y’iki kimoteri kandi gishobora kubateza ibyago, ategeka ko abatuye mu manegeka mu Gihugu cyose batangira kuhimurwa bagatuzwa abatashyira ubuzima bwabo mu kaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye Abaperezida barimo umuhuza mu bya Congo (AMAFOTO)

Next Post

BREAKING: Kiliziya Gatulika mu Rwanda n’Abakristu bayo bakiriye inkuru iturutse i Roma kwa Papa

Related Posts

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

by radiotv10
13/10/2025
0

Nyuma y’iminsi ibiri inyeshyamba z’umutwe wa Wazalendo urwana ku ruhande rwa Leta ya DRC zigenzura ibice bine byo muri Teritwari...

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

by radiotv10
13/10/2025
0

Israel yashyikirijwe imfungwa 20 bari barafashwe bugwate n’umutwe wa Hamas mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amasezerano y’agahenge agamije kurangiza...

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

by radiotv10
13/10/2025
0

Guverinoma y’u Bubiligi n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zagaragaje ko zishimiye itangazo ry’igisirikare cya DRC (FARDC) rihamagarira abarwanyi b’umutwe...

Abadipolomate batatu bitabiriye ibiganiro byatanze umusaruro hagati ya Israel na Hamas bapfiriye mu Misiri

Abadipolomate batatu bitabiriye ibiganiro byatanze umusaruro hagati ya Israel na Hamas bapfiriye mu Misiri

by radiotv10
13/10/2025
0

Abakozi batatu b’Urwego rukuru rw’Ubuyobozi rwa Qatar, bari bitabiriye ibiganiro bihuza Israel na Hamas mu Misiri, bapfiriye mu mpanuka y’imodoka...

Intambara irarangiye- Trump yatangaje ku mugaragaro ibya Israel na Hamas

Intambara irarangiye- Trump yatangaje ku mugaragaro ibya Israel na Hamas

by radiotv10
13/10/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko intambara imaze imyaka ibiri ihanganishije Israel n’umutwe wa Hamas...

IZIHERUKA

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo
FOOTBALL

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

by radiotv10
13/10/2025
0

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

13/10/2025
AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

13/10/2025
Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

13/10/2025
Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

13/10/2025
Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

13/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Kiliziya Gatulika mu Rwanda n’Abakristu bayo bakiriye inkuru iturutse i Roma kwa Papa

BREAKING: Kiliziya Gatulika mu Rwanda n'Abakristu bayo bakiriye inkuru iturutse i Roma kwa Papa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.