Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Andi makuru ku kimoteri cyo muri Uganda cyaridutse kigahitana benshi

radiotv10by radiotv10
12/08/2024
in AMAHANGA
0
Andi makuru ku kimoteri cyo muri Uganda cyaridutse kigahitana benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’abahitanywe n’ikimoteri kinini giherereye i Kampala muri Uganda, wageze kuri 21 kandi ushobora kwiyongera. Hatangajwe ko hari hamaze igihe hatangwa umuburo ku baturiye iki kimoteri ko ubuzima bwabo buri mu kaga, ndetse ko cyari cyaruzuye mu myaka irenga 10 ishize ariko kigakomeza gukoreshwa.

Iki kimoteri cyaridutse ku wa Gatanu w’icyumweru gishize bitewe n’imvura nyinshi yaguye, ni cyo cyashyirwagamo imyanda yose ikusanywa mu murwa mukuru wa Uganda, i Kampala.

Umuvugizi wa Polisi ya Kampala, Patrick Onyango, yavuze ko abantu 21 ari bo bamaze kubarurwa ko bahitanywe n’iki kimoteri cyaridutse, icyakora ngo imibare ishobora kwiyongera, ndetse hakaba hashyizweho itsinda ry’ubutabazi ngo rikomeze gushakisha abandi cyagwiriye.

Yagize ati “Abandi baturage bari batuye hafi y’iki kimoteri twabasabye kwimuka bakaba bagiye mu bindi bice by’umujyi, ahari amacumbi bateguriwe na Leta bagiye kuba babayemo by’igihe gito.”

Ibinyamakuru bitandukanye birimo Daily Monitor, byatangaje ko hari hashize imyaka abayobozi b’umujyi wa Kampala bagerageza gushaka ahandi hantu ho kujugunya imyanda, kuko iki kimoteri cya Kiteezi cyari cyaramaze kuzura.

Ibi binyamakuru biravuga ko muri 2008, iki kimoteri ari bwo cyarangije ubushobozi bwo kumenwamo imyanda, ariko ko hakomeje ibikorwa byo kuyihamena.

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yategetse ko hakorwa iperereza rizagaragaza impamvu abantu bari basanzwe baremerewe gutura hafi y’iki kimoteri kandi gishobora kubateza ibyago, ategeka ko abatuye mu manegeka mu Gihugu cyose batangira kuhimurwa bagatuzwa abatashyira ubuzima bwabo mu kaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 8 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye Abaperezida barimo umuhuza mu bya Congo (AMAFOTO)

Next Post

BREAKING: Kiliziya Gatulika mu Rwanda n’Abakristu bayo bakiriye inkuru iturutse i Roma kwa Papa

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Kiliziya Gatulika mu Rwanda n’Abakristu bayo bakiriye inkuru iturutse i Roma kwa Papa

BREAKING: Kiliziya Gatulika mu Rwanda n'Abakristu bayo bakiriye inkuru iturutse i Roma kwa Papa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.