Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Antonio Conte wagaragaje umujinya w’umuranzuzi nyuma yo gutsindwa aravugwaho amakuru atunguranye

radiotv10by radiotv10
27/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Antonio Conte wagaragaje umujinya w’umuranzuzi nyuma yo gutsindwa aravugwaho amakuru atunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza w’Umutaliyani Antonio Conte uherutse kugaragaza umujinya udasanzwe nyuma yuko ikipe yatozaga ya Tottenham Hotspur itsinzwe mu buryo butunguranye, yamaze gutandukana n’iyi kipe mu bwumvikane bw’impande zombi.

Antonio Conte yavuye muri Tottenham nyuma yo kunenga abakinnyi be yivuye inyuma ubwo bari bamaze kunganya na Southampton ibitego 3-3.

Muri uwo mukino tariki 18 Werurwe 2023, Tottenham yari yatsinze Southampton ya nyuma ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, ibitego 3-1, habura iminota 13 gusa ngo umukino urangire, iza kuyishyura nyuma yo kwinjizwa ibitego 2, harimo icyabonetse kuri penalty mu minota y’inyongera.

Byatumye Tottenham itakaza amanota 2 ndetse bituma ikomeza kugorwa cyane no kuba yazasoreza mu mwanya mwiza watuma ikina imikino ya UEFA Champions League y’umwaka utaha.

Umutoza Conte, nyuma y’uwo mukino, yagaragaje uburakari budasanzwe, aza no kubyerekana mu kiganiro n’itangazamakuru. Ibi byatumye abenshi babona ko akazi ke ko gutoza ikipe ya Tottenham kari mu marembera.

Antonio Conte yatangiye gutoza Tottenham mu kwezi k’Usushyingo 2021 nyuma yo kutitwara neza mu ntangiriro za Shampiyona kwa Nuno Espirito Santo yaje asimbura.

Conte we akaba yari amaze amezi 16 muri iyi kipe ya Tottenham aho yayitoje imikino 76, atsindamo 41, anganya 12, atsindwa 23.

Mauricio Pochettino, Steve Cooper, Roberto De Zerbi, Olivier Glasner na Luis Enrique ni bamwe mu batoza bashobora kuvamo uwamusimbura, gusa Julian Nagelsmann, uherutse kwirukanwa muri Bayern Munich, ni we uri guhabwa amahirwe kurusha abandi.

Umutaliyani Conte, wagiranye ibiganiro n’ubuyobozi bwa Tottenham muri iki Cyumweru gishize, yari asigaranye amezi 3 ku masezerano ye, aho yahembwaga akayabo ka miliyoni 15 z’ama Pounds ku mwaka, bivuze ko Conte azahabwa imperekeza y’amafaranga asaga miliyoni 4 z’ama Pounds, hatabariwemo ay’abo bakoranaga muri Staff ye.

Christian Stellini ni we uzatoza ikipe ya Tottenham kugeza uyu mwaka w’imikino wa 2022-2023 urangiye, akazaba yungirijwe na Ryan Mason.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 5 =

Previous Post

Muhoozi yateguje abantu igitaramo cy’imbaturamugabo kireba Abanyarwanda n’Abanya-Uganda

Next Post

Umunyadushya DavisD. akomeje urugendo rwo gutaramira EAC yose yigarurire abakunzi mu karere

Related Posts

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyadushya DavisD. akomeje urugendo rwo gutaramira EAC yose yigarurire abakunzi mu karere

Umunyadushya DavisD. akomeje urugendo rwo gutaramira EAC yose yigarurire abakunzi mu karere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.