Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Antonio Conte wagaragaje umujinya w’umuranzuzi nyuma yo gutsindwa aravugwaho amakuru atunguranye

radiotv10by radiotv10
27/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Antonio Conte wagaragaje umujinya w’umuranzuzi nyuma yo gutsindwa aravugwaho amakuru atunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza w’Umutaliyani Antonio Conte uherutse kugaragaza umujinya udasanzwe nyuma yuko ikipe yatozaga ya Tottenham Hotspur itsinzwe mu buryo butunguranye, yamaze gutandukana n’iyi kipe mu bwumvikane bw’impande zombi.

Antonio Conte yavuye muri Tottenham nyuma yo kunenga abakinnyi be yivuye inyuma ubwo bari bamaze kunganya na Southampton ibitego 3-3.

Muri uwo mukino tariki 18 Werurwe 2023, Tottenham yari yatsinze Southampton ya nyuma ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, ibitego 3-1, habura iminota 13 gusa ngo umukino urangire, iza kuyishyura nyuma yo kwinjizwa ibitego 2, harimo icyabonetse kuri penalty mu minota y’inyongera.

Byatumye Tottenham itakaza amanota 2 ndetse bituma ikomeza kugorwa cyane no kuba yazasoreza mu mwanya mwiza watuma ikina imikino ya UEFA Champions League y’umwaka utaha.

Umutoza Conte, nyuma y’uwo mukino, yagaragaje uburakari budasanzwe, aza no kubyerekana mu kiganiro n’itangazamakuru. Ibi byatumye abenshi babona ko akazi ke ko gutoza ikipe ya Tottenham kari mu marembera.

Antonio Conte yatangiye gutoza Tottenham mu kwezi k’Usushyingo 2021 nyuma yo kutitwara neza mu ntangiriro za Shampiyona kwa Nuno Espirito Santo yaje asimbura.

Conte we akaba yari amaze amezi 16 muri iyi kipe ya Tottenham aho yayitoje imikino 76, atsindamo 41, anganya 12, atsindwa 23.

Mauricio Pochettino, Steve Cooper, Roberto De Zerbi, Olivier Glasner na Luis Enrique ni bamwe mu batoza bashobora kuvamo uwamusimbura, gusa Julian Nagelsmann, uherutse kwirukanwa muri Bayern Munich, ni we uri guhabwa amahirwe kurusha abandi.

Umutaliyani Conte, wagiranye ibiganiro n’ubuyobozi bwa Tottenham muri iki Cyumweru gishize, yari asigaranye amezi 3 ku masezerano ye, aho yahembwaga akayabo ka miliyoni 15 z’ama Pounds ku mwaka, bivuze ko Conte azahabwa imperekeza y’amafaranga asaga miliyoni 4 z’ama Pounds, hatabariwemo ay’abo bakoranaga muri Staff ye.

Christian Stellini ni we uzatoza ikipe ya Tottenham kugeza uyu mwaka w’imikino wa 2022-2023 urangiye, akazaba yungirijwe na Ryan Mason.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 2 =

Previous Post

Muhoozi yateguje abantu igitaramo cy’imbaturamugabo kireba Abanyarwanda n’Abanya-Uganda

Next Post

Umunyadushya DavisD. akomeje urugendo rwo gutaramira EAC yose yigarurire abakunzi mu karere

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyadushya DavisD. akomeje urugendo rwo gutaramira EAC yose yigarurire abakunzi mu karere

Umunyadushya DavisD. akomeje urugendo rwo gutaramira EAC yose yigarurire abakunzi mu karere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.