Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Antonio Conte wagaragaje umujinya w’umuranzuzi nyuma yo gutsindwa aravugwaho amakuru atunguranye

radiotv10by radiotv10
27/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Antonio Conte wagaragaje umujinya w’umuranzuzi nyuma yo gutsindwa aravugwaho amakuru atunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza w’Umutaliyani Antonio Conte uherutse kugaragaza umujinya udasanzwe nyuma yuko ikipe yatozaga ya Tottenham Hotspur itsinzwe mu buryo butunguranye, yamaze gutandukana n’iyi kipe mu bwumvikane bw’impande zombi.

Antonio Conte yavuye muri Tottenham nyuma yo kunenga abakinnyi be yivuye inyuma ubwo bari bamaze kunganya na Southampton ibitego 3-3.

Muri uwo mukino tariki 18 Werurwe 2023, Tottenham yari yatsinze Southampton ya nyuma ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, ibitego 3-1, habura iminota 13 gusa ngo umukino urangire, iza kuyishyura nyuma yo kwinjizwa ibitego 2, harimo icyabonetse kuri penalty mu minota y’inyongera.

Byatumye Tottenham itakaza amanota 2 ndetse bituma ikomeza kugorwa cyane no kuba yazasoreza mu mwanya mwiza watuma ikina imikino ya UEFA Champions League y’umwaka utaha.

Umutoza Conte, nyuma y’uwo mukino, yagaragaje uburakari budasanzwe, aza no kubyerekana mu kiganiro n’itangazamakuru. Ibi byatumye abenshi babona ko akazi ke ko gutoza ikipe ya Tottenham kari mu marembera.

Antonio Conte yatangiye gutoza Tottenham mu kwezi k’Usushyingo 2021 nyuma yo kutitwara neza mu ntangiriro za Shampiyona kwa Nuno Espirito Santo yaje asimbura.

Conte we akaba yari amaze amezi 16 muri iyi kipe ya Tottenham aho yayitoje imikino 76, atsindamo 41, anganya 12, atsindwa 23.

Mauricio Pochettino, Steve Cooper, Roberto De Zerbi, Olivier Glasner na Luis Enrique ni bamwe mu batoza bashobora kuvamo uwamusimbura, gusa Julian Nagelsmann, uherutse kwirukanwa muri Bayern Munich, ni we uri guhabwa amahirwe kurusha abandi.

Umutaliyani Conte, wagiranye ibiganiro n’ubuyobozi bwa Tottenham muri iki Cyumweru gishize, yari asigaranye amezi 3 ku masezerano ye, aho yahembwaga akayabo ka miliyoni 15 z’ama Pounds ku mwaka, bivuze ko Conte azahabwa imperekeza y’amafaranga asaga miliyoni 4 z’ama Pounds, hatabariwemo ay’abo bakoranaga muri Staff ye.

Christian Stellini ni we uzatoza ikipe ya Tottenham kugeza uyu mwaka w’imikino wa 2022-2023 urangiye, akazaba yungirijwe na Ryan Mason.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Muhoozi yateguje abantu igitaramo cy’imbaturamugabo kireba Abanyarwanda n’Abanya-Uganda

Next Post

Umunyadushya DavisD. akomeje urugendo rwo gutaramira EAC yose yigarurire abakunzi mu karere

Related Posts

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyadushya DavisD. akomeje urugendo rwo gutaramira EAC yose yigarurire abakunzi mu karere

Umunyadushya DavisD. akomeje urugendo rwo gutaramira EAC yose yigarurire abakunzi mu karere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.