• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyadushya DavisD. akomeje urugendo rwo gutaramira EAC yose yigarurire abakunzi mu karere

radiotv10by radiotv10
27/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umunyadushya DavisD. akomeje urugendo rwo gutaramira EAC yose yigarurire abakunzi mu karere
Share on FacebookShare on Twitter

Davis D. uri gukorana ingufu nyinshi, akomeje ibikorwa byo kwagura abakunzi be mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, aho ubu agiye gutaramira mu bindi Bihugu bibiri byo muri aka karere.

Davis D uri mu bahanzi nyarwanda bagezweho muri iyi minsi, aherutse gutaramira Abarundi, bamugaragarije urukundo rudasanzwe dore ko ubwo yaririmbaga yagararijwe ubwuzu ndetse Abarundi bafatanyaga kuririmba indirimbo ze.

Nyuma yo gutaramira Abarundi mu gitaramo cyabaye ku Bunani, Davis D. yabwiye RADIOTV10 ko ubu akomeje ibikorwa byo gutaramira abatuye muri Afurika y’Iburasirazuba.

Uretse gutaramira mu Burundi, Davis D yanakoreye igitaramo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse no muri Uganda, ubu akaba asigaye Ibihugu bicye muri Afurika y’Iburasirazuba.

Yavuze ko agiye gukurikizaho gukora ibitaramo muri Tanzania ndetse no muri Kenya, hose agamije gukomeza kwagura izina rye no kwigarurira igikundiro mu batuye aka karere.

Yagize ati “Ngomba gutaramira abo muri EAC (Afurika y’Iburasirazuba) yose, Kenya na Tanzania ni bo batahiwe ariko ku ikubitiro ndabanza muri Kenya.”

Iki gitaramo azakorera muri Kenya, kizaba muri Gicurasi uyu mwaka.

Davis D usanzwe azwiho udushya mu buhanzi bwe, agiye gutaramira muri Kenya nyuma y’igihe gito ashyize hanze indirimbo yise Bad Boy, iri no mu ndirimbo zigezweho muri iyi minsi mu Rwanda.

Kate Gustave NKURUNZIZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Antonio Conte wagaragaje umujinya w’umuranzuzi nyuma yo gutsindwa aravugwaho amakuru atunguranye

Next Post

Abandi 19 bafunguwe hamwe na Rusesabagina hamenyekanye aho bahise bajya

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa

Abandi 19 bafunguwe hamwe na Rusesabagina hamenyekanye aho bahise bajya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.